Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

radiotv10by radiotv10
27/10/2025
in MU RWANDA
0
Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yavuze ko ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Ubugenzacyaha RIB, bagiye gukurikirana ibyagaragajwe ko hari abacuruzi bashobora gufata utuvido turimo umutobe (Jus/Juice) wa Salama uherutse gucibwa ku isoko ry’u Rwanda, bagashyiraho ibirango by’izikorwa n’izindi nganda kugira ngo birinde guhomba izo baranguye.

Mu cyumweru gishize, tariki 20 Ukwakira 2025, inzego zirimo Polisi y’u Rwanda na RIB bagaragaje bimwe mu bicuruzwa byafatiwe mu gikorwa cyiswe Operation Usalama cyo gutahura ibitujuje ibiziranenge, ibitemewe n’ibyinjijwe mu Gihugu mu buryo bwa Magendu.

Muri ibi bicuruzwa, hagaragajwe umutobe wa Salama ukorwa n’uruganda Joyland Company LTD, utujuje ubuziranenge, aho abawucuruza bahise basabwa kuwumena ugakurwa ku isoko ryo mu Rwanda, ndetse abawunyoye, babishoboye bakaba bajya kwa muganga kwisuzumisha kugira ngo barebe ko nta ngaruka wabateye.

Nyuma yuko Polisi isabye abantu gukura ku isoko uyu mutobe, hazamutse impaka, ndetse bamwe bakavuga ko hari abatangiye gukora amanyanga kugira ngo uwo bafite mu maduka ugurwe dore ko wagurwaga cyane kubera igiciro cyawo kiri hasi.

Uwitwa Jachkson Dushimimana ku rubuga nkoranyambaga rwa X, mu butumwa yanyujijeho, yavuze ko hari abacuruzi bafite mu bubiko umutobe mwinshi wo muri ubu bwoko

Ati “Mu rwego rwo kwirinda ko bahomba, bamwe muri bo batangiye gukuraho ibirango bya SALAMA ku tuvido urimo, bagashyiraho iby’indi mitobe ikorerwa mu Bihugu by’ibituranyi (Kenya, Uganda, or Tanzania).”

Uyu yakomeje abaza polisi y’u Rwanda niba izakomeza ubugenzuzi kugira ngo aya manyanga adatuma uriya mutobe ukomeza kugurishwa, nyamara waraciwe.

Yaboneyeho gutanga igitekereza asaba izi nzego ko zasaba uruganda rukora uriya mutobe, kuba rwasubiza amafaranga abacuruzi bari bafite uyu mutobe, kugira ngo bawurusubize, bityo unabashe kuva ku isoko bityo hanirindwe n’ariya manyanga.

Mu kumusubiza, Polisi y’u Rwanda yavuze ko “Ibi binyuranyije n’amategeko kandi ntabwo byakwihanganirwa, Polisi y’u Rwanda ku bufaranye na Rwanda FDA [Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw’Imiti n’Ibiribwa], RIB ndetse n’izindi nzebo bireba, tuzakurikirana iki kibazo.”

Ubwo herekanwaga biriya bicuruzwa bitujuje ubuziranenge byafashwe, inzego zavuze ahakorerwa uriya mutobe, byagaragaye ko hari umwanda ukabije, ndetse n’uburyo ukorwamo bikaba bitujuje ibipimo by’ubuziranenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 7 =

Previous Post

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Next Post

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.