Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/11/2025
in MU RWANDA
0
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga mu Rwanda, rudakwiye kwitirirwa Abanya-Sudani bose, ahubwo ko ari imyitwarire idakwiye yabo ku giti cyabo, kandi ko hashyizwe hari ikiri gukorwa kugira ngo bihagararare.

Mu bihe bitandukanye hirya no hino mu Mujyi wa Kigali hagiye humvikana bamwe mu baturage bavuga ko babangamiwe n’urugomo bakorerwa na bamwe mu Banya-sudani baba mu Rwanda by’umwihariko abanyeshuri.

Ni ibikorwa Ambasaderi wa Sudani mu rwanda, Dafalla Musa yemeye ko byabayeho, gusa avuga ko abantu badakwiye kubyitirira Abanya-Sudani bose kuko ari ibikorwa byagaragaye mu banyeshuii bace gusa.

Yagize ati “Ibi ni ibibazo bitezwa n’abantu ku giti cyabo. Mu bantu 3 200, abantu 10 gusa ni bo bagaragaye muri ibyo bikorwa, nta kabuza, ni ikibazo kandi nta n’ubwo byemewe.

Akomeza agira ati “Icyo twakoze rero ni uko nasuye kaminuza zigera muri eshanu aba banyeshuri bigamo, mpura n’abayobozi bazo, ndetse yewe nanahuye n’aba, mpura n’abanyeshuri b’Abanya-Sudani, Naganiriye na bo mu buryo  kuri ibi bibazo, ndetse n’ejo hashize hano muri Ambasade, nagiranye inama nini n’Abanyasudani baba hano, Nanone naganiriye n’abanyeshuri b’Abanya-Sudani mbasaba kwitwara neza, kubaha amategeko y’Igihugu, kubaha umuco w’abaturage bo muri iki Gihugu, no kugira uruhare mu iterambere muri iyi miryango yabakiriye neza.”

Ambasaderi Dafalla Musa yavuze ko Igihugu cye gishima umubano gifitanye n’u Rwanda ndetse ko banashima ubufasha bari guhabwa n’u Rwanda mu bihe by’intambara Igihugu cye kiri gucamo.

Ati “Turishimira umubano ukomeye kandi ubyara inyungu uri hagati ya Sudani ndetse n’u Rwanda. Kandi twishimira cyane ubufasha mu bya politiki turimo kubona kuva hano mu Rwanda, kuko ntekereza ko inyungu duhuriyeho nk’u Rwanda na Sudani ni ukugira amahoro n’umutekano birambye muri Afurika y’Iburasirazuba muri rusange. Ni yo mpamvu twishimira kandi tugashaka ko ubu bufatanye bukomeza kuko ibi byatuma ubufatanye mu bijyanye n’ubukungu ndetse n’ubucuruzi byiyongera.”

Yakomeje avuga kandi ko Igihugu cye cyifuza gukomeza kurebera ku miyoborere y’u Rwanda, byumwihariko ku Mukuru w’iki Gihugu.

Ati “Kandi dukeneye ubushishozi ndetse n’imiyoborere ya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame kugira ngo we ubwe hamwe n’abandi bayobozi ba Afurika bakomeze gushyigikira Sudani kugera ku mahoro ndetse n’umutekano birambye.”

Umubano n’ubufatanye bwa Sudani n’u Rwanda byateye imbere ndetse ubucuruzi hagati y’Ibihugu byombi bumaze kugera ku gaciro karenga miliyoni 200$ ku mwaka. Ni ubucuruzi bushingiye ahanini ku birimo ikawa n’icyayi itumizwa na Sudani mu Rwanda. Ni mu gihe ishoramari ry’abaturage b’iki Gihugu baba mu Rwanda rimaze kwiyongera rikaba ryarenze miliyoni 10$.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 14 =

Previous Post

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

Next Post

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n'ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.