Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo u Bubiligi bwabwiye Congo ku muturage wabwo wakatiwe urwo gupfa mu bagerageje ‘Coup d’Etat’

radiotv10by radiotv10
17/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo u Bubiligi bwabwiye Congo ku muturage wabwo wakatiwe urwo gupfa mu bagerageje ‘Coup d’Etat’
Share on FacebookShare on Twitter

U Bubiligi buramagana igihano cy’urupfu Urukiko rwa Gisirikare rwa DRC rwakatiye Jean-Jacques Wondo ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu cy’i Burayi, akaba umwe mu bagerageje guhirika ubutegetsi bwa Congo-Kinshasa.

Ni nyuma yuko ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 13 Nzeri 2024, Urukiko rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rukatiye igihano cy’urupfu abagerageje guhirika ubutegetsi muri iki Gihugu.

Muri aba bagaragaye bigabiza Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bavuga ko bashaka guhirika ubutegetsi, barimo abanyamahanga, n’Abanyekongo barimo abafite ubwenegihugu bw’ibindi Bihugu by’i Burayi ndetse n’ubwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Barimo kandi Jean-Jacques Wondo ufite ubwenegihugu bw’u Bubiligi, akaba na we ari mu bakatiwe igihano cy’urupfu.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Hadja Lahbib yatangaje ko Igihugu cyabo gihangayikishijwe n’iki gihano cyahawe umuturage wabo.

Hadja Lahbib u kiganiro yagiranye na mugenzi we wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner, yamumenyesheje ko bamaganye bivuye inyuma iki gihano.

Nyuma y’iki kiganiro, Hadja Lahbib yatangaje ubutumwa agira ati “Natsindagiye ko nk’u Bubiligi twitandukanyije twivuye n’igihano cy’urupfu. Uburenganzira bw’uwakoze icyaha bugomba iteka kubahirizwa.”

Mu bantu 51 bashinjwaga muri uru rubanza rw’abagerageje guhirika ubutegetsi, 37 muri bo bahamijwe icyaha, mu gihe abandi 14 bagizwe abere.

Jean-Jacques Wondo usanzwe ari inzobere mu bya gisirikare, Urukiko rwa Gisirikare rwa Congo rumufata nk’umwe mu bacurabwenge b’iki gikorwa cyo guhirika ubutegetsi cyakozwe muri Gicurasi uyu mwaka.

Jean-Jacques Wondo usanzwe afite ubwenegihugu bw’u Bubiligi, ari mu bakatiwe urwo gufa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + one =

Previous Post

Umuraperi w’ikirangirire ku Isi yatawe muri yombi

Next Post

Uwatoje Amavubi wari umutoza w’ikindi Gihugu giherutse kunganya n’u Rwanda yirukanywe

Related Posts

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwamenyesheje abatuye Umujyi wa Goma ko bemerewe kwambuka umupaka munini uzwi...

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

The leadership of North Kivu Province that was appointed by AFC/M23 “informs all residents of the city of Goma that...

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

by radiotv10
17/09/2025
0

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, yemeje ko abayobozi ba Israel bakoze Jenoside ku Banya-Palestine bo mu Ntara ya Gaza. Raporo...

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubushinjacyaha buburana na Tyler Robinson ukekwaho kwica Umunyamerika Charlie Kirk, inshuti ikomeye ya Perezida Trump, bwagaragaje bumwe mu butumwa bwoherejwe...

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

by radiotv10
16/09/2025
0

Ifoto yafashwe mu 1863 yerekana umucakara yuzuye inkovu umugongo wose, igaragaza amateka y’ubucakara bwakorewe abirabura muri Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwatoje Amavubi wari umutoza w’ikindi Gihugu giherutse kunganya n’u Rwanda yirukanywe

Uwatoje Amavubi wari umutoza w’ikindi Gihugu giherutse kunganya n’u Rwanda yirukanywe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.