Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

radiotv10by radiotv10
19/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko kubisesa bishoboka, ariko ko hari igihe bishobora gufatwa nk’ikosa ryatuma abibazwa mu butabera.

Ni nyuma yuko hasakaye inkuru y’urubanza ruregwamo Dr Ernest Nsabimana wagize imyanya mu nzego Nkuru z’Igihugu zirimo kuba yarabaye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, aho hari umushinja kuba yaramsezeranyije ko bazarushingana, ariko akaza gushaka undi mugore.

Uwitwa Muganga Chantal urega Dr Ernest Nsabimana muri uru rubanza rwaburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ku wa 16 Nzeri 2025, avuga ko kuba uyu wabaye Minisitiri atarashyize mu bikorwa isezerano yari yaramwizeje, byaramugizeho ingaruka, ndetse ngo bikamutera uburwayi budakira, burimo n’ibibazo byo mutwe yatewe no gutenguhwa.

Nyuma yuko hasohotse inkuru y’uru rubanza, ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu bitangazamakuru bimwe na bimwe, iki kibazo cyabaye ingingo y’umunsi kuri uyu wa Kane tariki 18 Nzeri 2025, aho bamwe bavuga ko kiriya kirego kidafite ishingiro, mu gihe hari n’abagishyigikiye, bavuga ko wenda cyaca intege ingeso zadutse z’abantu babeshya abandi urukundo bakaza kubatera umugongo.

Me Ibambe Jean Paul

Umunyamategeko Me Ibambe Jean Paul, umwe mu bunganira abantu mu butabera, avuga ko hari abakomeje kumusaba kugira icyo avuga kuri iki kirego, niba cyaba gifite ishingiro cyangwa kitarifite.

Yagize ati “Isezerano ryo gushakana ntirishyiraho inshingano zo kurushinga, ariko kurisesa birashoboka, mu bihe bimwe na bimwe, gufatwa nk’ikosa rishobora gutuma umuntu abazwa inshingano mu butabera, nko gusubiza ibyangijwe, hashingiwe ku ihame rigira riti: ‘Tout fait quelconque de l’homme, qui cause à autrui un dommage, oblige celui par la faute duquel il est arrivé à le réparer’ bishaka kuvuga ngo “Ikintu cyose cyakozwe n’umuntu giteza undi igihombo, gituma uwagiteye asabwa kugisubiza cyangwa kukiryozwa.”

Mu nyandiko y’uyu munyamategeko, yakomeje agira ati “Gusa ntabwo ari ibintu biri automatic, bisaba ko urega agaragaza ko koko ibyamubayeho bikomoka ku kuba rya sezerano (promesse) ritarubahirijwe. Ikindi ni uko mu byemewe kuregerwa habamo n’igihombo washyira ku rwego rw’amarangamutima n’ihungabana ry’ubuzima bwo mu mutwe!”

Dr Ernest wanabaye Umuyobozi Mukuru w’Urwego Ngenzuramikorere RURA, uregrwa muri uru rubanza, ubwo rwaburanishwaga, ntiyagaragaye mu cyumba cy’iburanisha, gusa yari ahagarariwe n’Umunyamategeko we Me Iyamuremye Maurice, wasabye Urukiko gutesha agaciro iki kirego ngo kuko kidafite ishingiro, ahubwo ko kigamije guhindanya isura y’uyu wabaye mu nzego nkuru.

Dr Ernest Nsabimana uregwa na Chantal
Chantal avuga ko yatengushywe bikamugiraho ingaruka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Next Post

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.