Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

radiotv10by radiotv10
19/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko kubisesa bishoboka, ariko ko hari igihe bishobora gufatwa nk’ikosa ryatuma abibazwa mu butabera.

Ni nyuma yuko hasakaye inkuru y’urubanza ruregwamo Dr Ernest Nsabimana wagize imyanya mu nzego Nkuru z’Igihugu zirimo kuba yarabaye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, aho hari umushinja kuba yaramsezeranyije ko bazarushingana, ariko akaza gushaka undi mugore.

Uwitwa Muganga Chantal urega Dr Ernest Nsabimana muri uru rubanza rwaburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ku wa 16 Nzeri 2025, avuga ko kuba uyu wabaye Minisitiri atarashyize mu bikorwa isezerano yari yaramwizeje, byaramugizeho ingaruka, ndetse ngo bikamutera uburwayi budakira, burimo n’ibibazo byo mutwe yatewe no gutenguhwa.

Nyuma yuko hasohotse inkuru y’uru rubanza, ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu bitangazamakuru bimwe na bimwe, iki kibazo cyabaye ingingo y’umunsi kuri uyu wa Kane tariki 18 Nzeri 2025, aho bamwe bavuga ko kiriya kirego kidafite ishingiro, mu gihe hari n’abagishyigikiye, bavuga ko wenda cyaca intege ingeso zadutse z’abantu babeshya abandi urukundo bakaza kubatera umugongo.

Me Ibambe Jean Paul

Umunyamategeko Me Ibambe Jean Paul, umwe mu bunganira abantu mu butabera, avuga ko hari abakomeje kumusaba kugira icyo avuga kuri iki kirego, niba cyaba gifite ishingiro cyangwa kitarifite.

Yagize ati “Isezerano ryo gushakana ntirishyiraho inshingano zo kurushinga, ariko kurisesa birashoboka, mu bihe bimwe na bimwe, gufatwa nk’ikosa rishobora gutuma umuntu abazwa inshingano mu butabera, nko gusubiza ibyangijwe, hashingiwe ku ihame rigira riti: ‘Tout fait quelconque de l’homme, qui cause à autrui un dommage, oblige celui par la faute duquel il est arrivé à le réparer’ bishaka kuvuga ngo “Ikintu cyose cyakozwe n’umuntu giteza undi igihombo, gituma uwagiteye asabwa kugisubiza cyangwa kukiryozwa.”

Mu nyandiko y’uyu munyamategeko, yakomeje agira ati “Gusa ntabwo ari ibintu biri automatic, bisaba ko urega agaragaza ko koko ibyamubayeho bikomoka ku kuba rya sezerano (promesse) ritarubahirijwe. Ikindi ni uko mu byemewe kuregerwa habamo n’igihombo washyira ku rwego rw’amarangamutima n’ihungabana ry’ubuzima bwo mu mutwe!”

Dr Ernest wanabaye Umuyobozi Mukuru w’Urwego Ngenzuramikorere RURA, uregrwa muri uru rubanza, ubwo rwaburanishwaga, ntiyagaragaye mu cyumba cy’iburanisha, gusa yari ahagarariwe n’Umunyamategeko we Me Iyamuremye Maurice, wasabye Urukiko gutesha agaciro iki kirego ngo kuko kidafite ishingiro, ahubwo ko kigamije guhindanya isura y’uyu wabaye mu nzego nkuru.

Dr Ernest Nsabimana uregwa na Chantal
Chantal avuga ko yatengushywe bikamugiraho ingaruka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − twelve =

Previous Post

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Next Post

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.