Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo umutwe urwanya u Burundi uvuga ku byatangajwe na Ndayishimiye yanazanyemo u Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo umutwe urwanya u Burundi uvuga ku byatangajwe na Ndayishimiye yanazanyemo u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wamaganiye kure ibyatangajwe na Perezida Evariste Ndayishimiye ko uyu mutwe ufashwa n’u Rwanda, uvuga ko uwaba abyifuza wese, yajya mu birindiro byawo gushakisha ibimenyetso bigaragaza ko koko waba ufashwa n’iki Gihugu.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa RED-Tabara mu bya Gisirikare, Patrick Nahimana kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Werurwe 2025.

Iri tangazo risubiza ku biherutse gutangazwa na Perezida Evariste Ndayishimiye mu kiganiro yagiranye na BBC Gahuza, aho yavuze ko afite amakuru ko u Rwanda rushaka gutera Igihugu cye cy’u Burundi rukoresheje umutwe wa RED-Tabara ngo rusanzwe rufasha.

Muri iri tangazo rya RED-Tabara, yavuze ko uyu mutwe “wahakanye wivuye inyuma inshuro nyinshi ko udafashwa n’u Rwanda cyangwa undi uwo ari we wese.”

Uyu mutwe uvuga ko ufite impamvu urwana zumvikana zishingiye ku masezerano y’i Arusha muri Tanzania, yagiye arengwaho n’ubutegetsi bw’Ishyaka CNDD-FDD, byanabaye imparutso y’ibibazo bya politiki biri mu Burundi kuva muri 2015.

Muri iri tangazo, RED-Tabara ikomeza ivuga ko Imiryango yarebereraga ayo masezerano irimo uwa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), uwa Afurika Yunze Ubumwe (AU) n’uw’Abibumbye, iyo baza kuyubahirizwa, uyu mutwe wakagombye kuba warashyize intwaro hasi, ariko ko muri iyi Miryango nta n’umwe ufite ubushake bwo gutuma habaho ibiganiro hagati ya Ndayishimiye n’imitwe ya politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi bwe.

RED-Tabara ikomeza ivuga ko ahubwo Perezida Ndayishimiye akomeza kuyobobya uburari atangaza ibihabanye n’ukuri, nk’ibi byo kuvuga ko uyu mutwe ufashwa n’u Rwanda.

Muri iri tangazo, RED-Tabara igakomeza igira iti “Perezida Ndayishimiye arabizi neza ko RED-Tabara nta bufasha na bumwe ihabwa n’u Rwanda rwafashe icyemezo rutazuyaje rushyikiriza abarwanyi 17 bayo (ba RED-Tabara) tariki 30 Nyakanga 2021, ubu bakomeje guhura n’akaga.”

RED-Tabara igakomeza igira iti “Ni gute u Rwanda rushobora gufasha RED-Tabara nyamara runakomeje kugirana ibiganiro n’u Burundi bigamije gukemura ibibazo?”

Uyu mutwe wakomeje uvuga ko bimaze kumenyerwa ko Perezida Ndayishimiye ahoza u Rwanda mu kanwa mu rwego rwo kuyobya rubanda n’umuryango mpuzamahanga, kugira ngo yorose ku bibazo yateje Igihugu cye.

Ugakomeza ugira uti “RED-Tabara irahamagarira abacukumbuzi babyifuza kuza mu birindiro byayo gushakisha ibimenyetso byagaragaza koko ifashwa n’u Rwanda.”

Amagambo ya Perezida Evariste Ndayishimiye yananenzwe na Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko bitangaje kubona yayavuze mu gihe Ibihugu byombi byari byatangiye inzira z’ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri hagati yabyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Congo: Umuhanzi wapfuye bikazamura impaka kumushyingura byakurikiwe n’imvururu

Next Post

Menya abayobozi bashyizwe mu myanya barimo uw’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB

Related Posts

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
06/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya abayobozi bashyizwe mu myanya barimo uw’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB

Menya abayobozi bashyizwe mu myanya barimo uw’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.