Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo umutwe urwanya u Burundi uvuga ku byatangajwe na Ndayishimiye yanazanyemo u Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo umutwe urwanya u Burundi uvuga ku byatangajwe na Ndayishimiye yanazanyemo u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wamaganiye kure ibyatangajwe na Perezida Evariste Ndayishimiye ko uyu mutwe ufashwa n’u Rwanda, uvuga ko uwaba abyifuza wese, yajya mu birindiro byawo gushakisha ibimenyetso bigaragaza ko koko waba ufashwa n’iki Gihugu.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa RED-Tabara mu bya Gisirikare, Patrick Nahimana kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Werurwe 2025.

Iri tangazo risubiza ku biherutse gutangazwa na Perezida Evariste Ndayishimiye mu kiganiro yagiranye na BBC Gahuza, aho yavuze ko afite amakuru ko u Rwanda rushaka gutera Igihugu cye cy’u Burundi rukoresheje umutwe wa RED-Tabara ngo rusanzwe rufasha.

Muri iri tangazo rya RED-Tabara, yavuze ko uyu mutwe “wahakanye wivuye inyuma inshuro nyinshi ko udafashwa n’u Rwanda cyangwa undi uwo ari we wese.”

Uyu mutwe uvuga ko ufite impamvu urwana zumvikana zishingiye ku masezerano y’i Arusha muri Tanzania, yagiye arengwaho n’ubutegetsi bw’Ishyaka CNDD-FDD, byanabaye imparutso y’ibibazo bya politiki biri mu Burundi kuva muri 2015.

Muri iri tangazo, RED-Tabara ikomeza ivuga ko Imiryango yarebereraga ayo masezerano irimo uwa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), uwa Afurika Yunze Ubumwe (AU) n’uw’Abibumbye, iyo baza kuyubahirizwa, uyu mutwe wakagombye kuba warashyize intwaro hasi, ariko ko muri iyi Miryango nta n’umwe ufite ubushake bwo gutuma habaho ibiganiro hagati ya Ndayishimiye n’imitwe ya politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi bwe.

RED-Tabara ikomeza ivuga ko ahubwo Perezida Ndayishimiye akomeza kuyobobya uburari atangaza ibihabanye n’ukuri, nk’ibi byo kuvuga ko uyu mutwe ufashwa n’u Rwanda.

Muri iri tangazo, RED-Tabara igakomeza igira iti “Perezida Ndayishimiye arabizi neza ko RED-Tabara nta bufasha na bumwe ihabwa n’u Rwanda rwafashe icyemezo rutazuyaje rushyikiriza abarwanyi 17 bayo (ba RED-Tabara) tariki 30 Nyakanga 2021, ubu bakomeje guhura n’akaga.”

RED-Tabara igakomeza igira iti “Ni gute u Rwanda rushobora gufasha RED-Tabara nyamara runakomeje kugirana ibiganiro n’u Burundi bigamije gukemura ibibazo?”

Uyu mutwe wakomeje uvuga ko bimaze kumenyerwa ko Perezida Ndayishimiye ahoza u Rwanda mu kanwa mu rwego rwo kuyobya rubanda n’umuryango mpuzamahanga, kugira ngo yorose ku bibazo yateje Igihugu cye.

Ugakomeza ugira uti “RED-Tabara irahamagarira abacukumbuzi babyifuza kuza mu birindiro byayo gushakisha ibimenyetso byagaragaza koko ifashwa n’u Rwanda.”

Amagambo ya Perezida Evariste Ndayishimiye yananenzwe na Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko bitangaje kubona yayavuze mu gihe Ibihugu byombi byari byatangiye inzira z’ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri hagati yabyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Congo: Umuhanzi wapfuye bikazamura impaka kumushyingura byakurikiwe n’imvururu

Next Post

Menya abayobozi bashyizwe mu myanya barimo uw’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya abayobozi bashyizwe mu myanya barimo uw’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB

Menya abayobozi bashyizwe mu myanya barimo uw’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.