Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo umutwe urwanya u Burundi uvuga ku byatangajwe na Ndayishimiye yanazanyemo u Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo umutwe urwanya u Burundi uvuga ku byatangajwe na Ndayishimiye yanazanyemo u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wamaganiye kure ibyatangajwe na Perezida Evariste Ndayishimiye ko uyu mutwe ufashwa n’u Rwanda, uvuga ko uwaba abyifuza wese, yajya mu birindiro byawo gushakisha ibimenyetso bigaragaza ko koko waba ufashwa n’iki Gihugu.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa RED-Tabara mu bya Gisirikare, Patrick Nahimana kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Werurwe 2025.

Iri tangazo risubiza ku biherutse gutangazwa na Perezida Evariste Ndayishimiye mu kiganiro yagiranye na BBC Gahuza, aho yavuze ko afite amakuru ko u Rwanda rushaka gutera Igihugu cye cy’u Burundi rukoresheje umutwe wa RED-Tabara ngo rusanzwe rufasha.

Muri iri tangazo rya RED-Tabara, yavuze ko uyu mutwe “wahakanye wivuye inyuma inshuro nyinshi ko udafashwa n’u Rwanda cyangwa undi uwo ari we wese.”

Uyu mutwe uvuga ko ufite impamvu urwana zumvikana zishingiye ku masezerano y’i Arusha muri Tanzania, yagiye arengwaho n’ubutegetsi bw’Ishyaka CNDD-FDD, byanabaye imparutso y’ibibazo bya politiki biri mu Burundi kuva muri 2015.

Muri iri tangazo, RED-Tabara ikomeza ivuga ko Imiryango yarebereraga ayo masezerano irimo uwa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), uwa Afurika Yunze Ubumwe (AU) n’uw’Abibumbye, iyo baza kuyubahirizwa, uyu mutwe wakagombye kuba warashyize intwaro hasi, ariko ko muri iyi Miryango nta n’umwe ufite ubushake bwo gutuma habaho ibiganiro hagati ya Ndayishimiye n’imitwe ya politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi bwe.

RED-Tabara ikomeza ivuga ko ahubwo Perezida Ndayishimiye akomeza kuyobobya uburari atangaza ibihabanye n’ukuri, nk’ibi byo kuvuga ko uyu mutwe ufashwa n’u Rwanda.

Muri iri tangazo, RED-Tabara igakomeza igira iti “Perezida Ndayishimiye arabizi neza ko RED-Tabara nta bufasha na bumwe ihabwa n’u Rwanda rwafashe icyemezo rutazuyaje rushyikiriza abarwanyi 17 bayo (ba RED-Tabara) tariki 30 Nyakanga 2021, ubu bakomeje guhura n’akaga.”

RED-Tabara igakomeza igira iti “Ni gute u Rwanda rushobora gufasha RED-Tabara nyamara runakomeje kugirana ibiganiro n’u Burundi bigamije gukemura ibibazo?”

Uyu mutwe wakomeje uvuga ko bimaze kumenyerwa ko Perezida Ndayishimiye ahoza u Rwanda mu kanwa mu rwego rwo kuyobya rubanda n’umuryango mpuzamahanga, kugira ngo yorose ku bibazo yateje Igihugu cye.

Ugakomeza ugira uti “RED-Tabara irahamagarira abacukumbuzi babyifuza kuza mu birindiro byayo gushakisha ibimenyetso byagaragaza koko ifashwa n’u Rwanda.”

Amagambo ya Perezida Evariste Ndayishimiye yananenzwe na Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko bitangaje kubona yayavuze mu gihe Ibihugu byombi byari byatangiye inzira z’ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri hagati yabyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 20 =

Previous Post

Congo: Umuhanzi wapfuye bikazamura impaka kumushyingura byakurikiwe n’imvururu

Next Post

Menya abayobozi bashyizwe mu myanya barimo uw’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB

Related Posts

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

by radiotv10
12/05/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rivuga ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gikomeje gukorana n’imitwe irimo uwa FDLR ugambiriye guhungabanya...

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

IZIHERUKA

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo
MU RWANDA

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

by radiotv10
13/05/2025
0

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

13/05/2025
Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

13/05/2025
Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

13/05/2025
Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

13/05/2025
Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

13/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya abayobozi bashyizwe mu myanya barimo uw’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB

Menya abayobozi bashyizwe mu myanya barimo uw’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.