Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

radiotv10by radiotv10
25/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore
Share on FacebookShare on Twitter

Ikirego cya Muganga Chantal wari wareze Dr Nsabimana Ernest wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, amushinja kuba barigeze gukundana akamwizeje kuzamugira umugore akaza kumutenguha, cyateshejwe agaciro n’Urukiko rwagaragaje impamvu y’icyemezo cyarwo.

Iki kirego kiri mu ngingo ziherutse kugarukwaho cyane, cyaburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, aho uwitwa Muganga Chantal yavugaga ko Dr Nsabimana Ernest yamutengushye akanga kumushaka kandi yari yarabimwizeje ubwo bakundanaga, ngo bikamugiraho ingaruka zirimo n’uburwayi budakira.

Uyu mugore wavugaga ko agikomeje kwivuza zimwe mu ndwara yatewe n’ibikomere yasigiwe no gutenguhwa n’uriya munyapolitiki, yasabaga ko yakwishyurwa indishyi zo mu byiciro binyuranye zingana na Miliyoni zirenga 400 Frw.

Muri uru rubanza, Dr Nsabimana utari witabye Urukiko, yari ahagarariwe na Iyamuremye Maurice, wavuze ko iki kirego kidafite ishingiro, kuko umukiliya we atigeze anakundana n’urega, bityo ko Urukiko rukwiye kugitesha agaciro, ahubwo rukamuca miliyoni 5 Frw kuko yamushoye mu manza zidafite ishingiro.

Ubwo hasomwaga icyemezo cy’Urukiko kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Nzeri 2025, Umucamanza yavuze ko mu isesengura ry’Urukiko, rutabonye ibimenyetso bishimangira ibyatangajwe n’urega.

Urukiko ruvuga ko uburwayi bwavuzwe na Muganga Chantal ko yatewe no gutenguhwa na Dr Nsabimana, nta kimenyetso kibishimangira, ndetse ko impapuro yerekanye ko yivuje, atagaragaje ko koko ubwo burwayi yivuzaga yabutewe n’uregwa.

Urukiko kandi rugendeye ku ifoto yagaragajwe n’uregwa ngo yarajunjamye, rwavuze ko na yo ubwayo itagaragaza ko icyo kibazo yagitewe na Nsabimana.

Umucamanza avuga ko ibibazo n’uburwayi bivugwa n’uregwa, atigeze agaragaza ko bifitanye isano no kuba atarashatswe na Dr Nsabimana, yanzura ko ikirego cy’urega giteshejwe agaciro.

Urukiko ruvuga ko umuntu usaba indishyi, agomba kugaragaza ibimenyetso simusiga by’isano riri hagati y’uzisabwa n’ingaruka azisabira, kandi ko urega (Muganga Chantal) atigeze abigaragaza.

Rwanzuye ko ikirego cya Muganga Chantal giteshwa agaciro, rwemeza ko agomba kwishyura ibihumbi 500 Frw ku bwo kumushora mu manza zidafite ishingiro, ndetse no gutanga kandi ibihumbi 500 Frw by’igihembo cya Avoka.

Chantal avuga ko yatengushywe bikamugiraho ingaruka
Dr Ernest Nsabimana waregwaga na Chantal

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

Next Post

Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.