Monday, October 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

radiotv10by radiotv10
27/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya politiki, avuga ko ifatwa ry’umurwanyi wa FDLR uzwi nka Tokyo, ari gihamya ko uyu mutwe w’iterabwoba ari ikibazo ku Rwanda nk’uko rwamye rubivuga, ndetse n’akarere ruherereyemo muri rusange.

Ntampuhwe ubusanzwe amazina ye bivugwa ko yitwa Yoweri akaba azwi cyane ku izina rya Tokyo, akaba yaravukiye mu yahoze ari Komini Kivuye ubu ni mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru.

Ifatwa ryatangiye kuvugwa mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ryemejwe na Visi Guverineri w’Intara ya Kivu ya Ruhuru mu buyobozi bwa AFC/M23, Manzi Willy mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Mu butumwa bwe, Manzi yagize ati “Undi murwanyi kabuhariwe yafashwe, bikaba ari ikindi gihombo kuri Leta ya Kinshasa. Tokyo ni umugabo w’umugome.”

Manzi yakomeje avuga amarorerwa yakozwe na Ntampuhwe, aho yagize ati “Afatanyije n’abandi barimo Jean-Marie wo mu mutwe wa Nyatura, Tiger na Ignace Dunia, uyu mugabo yakoze ibyaha biteye ubwoba birimo gufata ku ngufu, ubwicanyi, no gutwika inzu zitagira ingano.”

Eric Ndushabandi, umusesenguzi mu bya politiki, yavuze ko ifatwa ry’uyu murwanyi wa FDLR, rije rikurikirana n’ifatwa ry’abandi bakomeye muri uyu mutwe urwanya u Rwanda.

Ati “Hari abandi bayobozi ba FDLR b’abasirikare bakomeye cyane bagiye bafatwa ndetse bari banazwi mu Gihugu mu gihe cya Jenoside n’ibindi. Ufashe amazina akomeye y’abayobozi ba FDLR, ririya ryaje ntari nsanzwe ndyumva ‘Tokyo’, ariko ni ikikwereka ko ubuyobozi bwayo bugenda buhindura amazina, ni ukuvuga ngo n’ejo n’ejobundi tuzabona n’abandi ba Tokyo n’abandi.”

Ndushabandi avuga ko ifatwa ry’uyu murwanyi n’abandi bamubanjirije, ari ubutumwa bukwiye kugira icyo bubwira abakunze gushidikanya ku byo u Rwanda rwavuze kuva cyera ko uyu mutwe wa FDLR uriho kandi ukorana n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Ati “Buriya ni ubutumwa buvuga ubwabwo ibyo Leta y’u Rwanda isanzwe ivuga ko umutwe wa FDLR ari ikibazo mu karere, ari ikibazo ku Banyekongo ubwabo, uko bakiriye abantu bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi muri iki Gihugu, bimakaza ayo matwara, bimakaza izo ngengabitekerezo, barazikwirakwiza ndetse bazigisha n’Abanyekongo bahakomoka bakavuka [Abahutu b’Abanyekongo].”

Yavuze ko uretse gucengezamo abantu iriya ngengabitekerezo ya Jenoside, uyu mutwe wa FDLR wanatumye havuka indi mitwe nk’uwa Mai-Mai na Nyatura, na yo yakomeje kurangwa n’ibikorwa by’ubugome ndengakamere bukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Mu ntangiro za Werurwe uyu mwaka, undi wari ukomeye muri FDLR, ari we Brig Gen Gakwerere Jean Baptiste, wari Umunyamabanga Mukuru w’uyu mutwe w’Iterabwoba, yashyikirijwe u Rwanda, aho yari kumwe n’abandi barwanyi 13 b’uyu mutwe.

Amasezerano y’Amahoro yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, y’i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America, ateganya ko uyu mutwe wa FDLR ugomba gusenywa burundu, ariko kugeza ubu, ubutegetsi bwa Kinshasa bukaba bukomeje kubyirengagiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 16 =

Previous Post

Umusore ufungiye gukubita fiyanse we bitegura gukorana ubukwe havuzwe icyo yamuhoye

Next Post

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Related Posts

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

by radiotv10
27/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Ubugenzacyaha RIB, bagiye gukurikirana ibyagaragajwe ko hari abacuruzi bashobora gufata...

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

by radiotv10
27/10/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yakoreye impanuka mu Karere ka Ngororero ubwo yari itwaye abari bagiye mu birori...

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

by radiotv10
27/10/2025
0

Mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buhangayikishijwe no kuba hari abaturage batafite aho kuba ndetse n’abafite ahatameze neza bakeneye gusanirwa,...

Umusore ufungiye gukubita fiyanse we bitegura gukorana ubukwe havuzwe icyo yamuhoye

Umusore ufungiye gukubita fiyanse we bitegura gukorana ubukwe havuzwe icyo yamuhoye

by radiotv10
27/10/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi watawe muri yombi nyuma yo gukubita umukunzi we...

Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri

Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri

by radiotv10
27/10/2025
0

Mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragara abana barengeje imyaka 13 batarakandagira mu ishuri birirwa bazerera bakanishora mu...

IZIHERUKA

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe
MU RWANDA

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

by radiotv10
27/10/2025
0

How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

27/10/2025
Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

27/10/2025
Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

27/10/2025
Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

27/10/2025
Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

Ifatwa ry’undi murwanyi kabuhariwe wa FDLR uvugwaho ubugome ndengakamere riratanga butumwa ki?

27/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

How musicians are using streaming platforms to make money

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.