Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

IFOTO: Abarwanyi ba M23 bagaragaye bava mu birindiro mu gace yarekuye

radiotv10by radiotv10
24/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
IFOTO: Abarwanyi ba M23 bagaragaye bava mu birindiro mu gace yarekuye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko ubuyobozi bw’umutwe wa M23 bushyikirije ku mugaragaro ingabo z’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, agace ka Kibumba, bamwe mu barwanyi b’uyu mutwe bagaragaye bava mu birindiro bari barimo muri aka gace.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Ukuboza 2022, warimo Colonel Nzenze wari uhagarariye igisirikare cya M23 ndetse n’abayobozi b’amatsinda ari gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibi byemezo byafatiwe uyu mutwe, nk’umuyobozi wa EACRF, Gen. Jeff Nyangah.

Uyu Munyakenya uyoboye itsinda ry’ingabo z’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba riri muri ubu butumwa, mu ijambo rye, yashimiye uyu mutwe wa M23 kuba ukomeje kugaragaza ubushake bwiza bwo gushyira mu bikorwa imyanzuro wafatiwe yo kuva mu bice wafashe.

Uyu musirikare washishikarije ubuyobozi bwa M23 gukomeza kugaragaza ubushake nk’ubu, yanageneye ubutumwa abaturage bahunze aka gace ka Kibumba, ati “Turizeza abaturage bahunze Kibumba ko aka kanya aka gace gatekanye, kandi turabasaba gutahuka.”

Nyuma yuko uyu muhango uhumuje, hahise hagaragara amafoto ya bamwe mu basirikare ba M23 bari kuva mu birindiro byabo byari aha muri Kibumba.

Bamwe mu basirikare bagaragaye bava mu birindiro, bavaga mu gace kari ahantu hirengeye hari antene eshatu, aho uwashyize aya mafoto ku mbuga nkoranyambaga yagize ati “Bye bye. Antene eshatu za Goma.”

Umutwe wa M23 wari uherutse gutangaza ko witeguye gutangira gusubira inyuma, wakunze kugaragaza ko wo utifuza intambara ahubwo ko Leta ya Kinshasa ikwiye kubahiriza ibyo usaba.

Ubwo uyu muhango wari uhumuje

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Konji za Noheli n’Ubunani mu Rwanda zarumbutse kubera impamvu ishimishije

Next Post

Mu gitaramo mpemburaroho Israel Mbonyi yakoze ibitazibagirana mu mateka y’umuziki nyarwanda (AMAFOTO)

Related Posts

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodriguez yatangaje ko yiteguye gukorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerikca ku ngingo z’ingenzi zishingiye...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

After the Burundian Minister of Foreign Affairs posted a statement criticizing the Government of Qatar, claiming it used its power...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu gitaramo mpemburaroho Israel Mbonyi yakoze ibitazibagirana mu mateka y’umuziki nyarwanda (AMAFOTO)

Mu gitaramo mpemburaroho Israel Mbonyi yakoze ibitazibagirana mu mateka y’umuziki nyarwanda (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.