Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

IFOTO: Abarwanyi ba M23 bagaragaye bava mu birindiro mu gace yarekuye

radiotv10by radiotv10
24/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
IFOTO: Abarwanyi ba M23 bagaragaye bava mu birindiro mu gace yarekuye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko ubuyobozi bw’umutwe wa M23 bushyikirije ku mugaragaro ingabo z’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, agace ka Kibumba, bamwe mu barwanyi b’uyu mutwe bagaragaye bava mu birindiro bari barimo muri aka gace.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Ukuboza 2022, warimo Colonel Nzenze wari uhagarariye igisirikare cya M23 ndetse n’abayobozi b’amatsinda ari gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibi byemezo byafatiwe uyu mutwe, nk’umuyobozi wa EACRF, Gen. Jeff Nyangah.

Uyu Munyakenya uyoboye itsinda ry’ingabo z’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba riri muri ubu butumwa, mu ijambo rye, yashimiye uyu mutwe wa M23 kuba ukomeje kugaragaza ubushake bwiza bwo gushyira mu bikorwa imyanzuro wafatiwe yo kuva mu bice wafashe.

Uyu musirikare washishikarije ubuyobozi bwa M23 gukomeza kugaragaza ubushake nk’ubu, yanageneye ubutumwa abaturage bahunze aka gace ka Kibumba, ati “Turizeza abaturage bahunze Kibumba ko aka kanya aka gace gatekanye, kandi turabasaba gutahuka.”

Nyuma yuko uyu muhango uhumuje, hahise hagaragara amafoto ya bamwe mu basirikare ba M23 bari kuva mu birindiro byabo byari aha muri Kibumba.

Bamwe mu basirikare bagaragaye bava mu birindiro, bavaga mu gace kari ahantu hirengeye hari antene eshatu, aho uwashyize aya mafoto ku mbuga nkoranyambaga yagize ati “Bye bye. Antene eshatu za Goma.”

Umutwe wa M23 wari uherutse gutangaza ko witeguye gutangira gusubira inyuma, wakunze kugaragaza ko wo utifuza intambara ahubwo ko Leta ya Kinshasa ikwiye kubahiriza ibyo usaba.

Ubwo uyu muhango wari uhumuje

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + twenty =

Previous Post

Konji za Noheli n’Ubunani mu Rwanda zarumbutse kubera impamvu ishimishije

Next Post

Mu gitaramo mpemburaroho Israel Mbonyi yakoze ibitazibagirana mu mateka y’umuziki nyarwanda (AMAFOTO)

Related Posts

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu gitaramo mpemburaroho Israel Mbonyi yakoze ibitazibagirana mu mateka y’umuziki nyarwanda (AMAFOTO)

Mu gitaramo mpemburaroho Israel Mbonyi yakoze ibitazibagirana mu mateka y’umuziki nyarwanda (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.