Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Bamporiki yongeye kugaragara mu buzima busanzwe amwenyura

radiotv10by radiotv10
30/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
IFOTO: Bamporiki yongeye kugaragara mu buzima busanzwe amwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Edouard Bamporiki ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no kwakira indonke, yagaragaye ari kumwe na Moses Turahirwa ufite izina rikomeye mu ruganda rw’imideri mu Rwanda bifotoranyije ku isabukuru y’uyu munyapolitiki.

Bamporiki yagaragaye mu mafoto yashyizwe hanze n’uyu Moses Turahirwa uzwiho kwambika ibyamamare ndetse n’abakomeye barimo abari mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda.

Moses Turahirwa, muri aya mafoto twagendeyeho mu gutanganya iyi nkuru nka RADIOTV10, yayaherekesheje ubutumwa bugira buti “Nishimiye kongera kubona Bamporiki Edouard no kwifatanya na we mu kwizihiza isabukuru ye nkanjye wari uhagarariye umuryango wa Kwanda [kompanyi y’imideri y’uyu musore].”

Muri ubu butumwa bwa Moses Turahirwa, yakomeje agira ati “Nkwifutije kugira imbere heza nyakubahwa.”

Uyu muhanga mu byo guhanga imideri, aherutse kwegura ku mwanya yari afite mu buyobozi bw’inzu y’imideri ya Moshions yanashinze izwiho kwambika abakomeye.

Bamporiki w’imyaka 39, asanzwe yizihiza isabukuru y’amavuko tariki 24 Ukuboza, aho iy’ubushize yari yayishimiye ubwo yari akiri muri Guverinoma y’u Rwanda, akagaragaza ko yari yahuye n’umuhanzi Niyo Bosco.

Bamporiki Edouard wigeze kuba muri Guverinoma y’u Rwanda, ubu ari gukurikiranwa n’inzego z’ubutabera, aho yanahamijwe ibyaha bibiri ndetse agakatirwa gufungwa imyaka ine no gutanga ihazabu ya miliyoni 60 Frw ariko akajuririra iki cyemezo.

Uyu munyapolitiki wagize imyanya ikomeye mu buyobozi bw’u Rwanda, aheruka kugaragara imbere y’Urukiko Rukuru tariki 19 z’uku kwezi k’Ukuboza 2022, aburana ubujurire bwe.

Ubwo yaburanaga ubu bujurire bwe, Bamporiki yongeye gutakambira Urukiko arusaba guca inkoni izamba rukamugabanyiriza igihano, akaba yasubikirwa igifungo kugira ngo akomeze gukorera Igihugu.

Mu ijambo ryumvikanyemo gutakamba, Bamporiki ubwo yabwiraga Umucamanza w’Urukiko Rukuru, yagize ati “Munyunamure ngire umumaro.”

Bamporiki na Turahirwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − one =

Previous Post

Ruhago y’Isi mu marira: Ibiri kuvugwa nyuma y’urupfu rwa kizigenza muri ‘Football’

Next Post

Harakekwa icyateye impanuka ikomeye y’imdoka yo mu Rwanda n’iyo muri Kenya zagonganiye muri Uganda

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Harakekwa icyateye impanuka ikomeye y’imdoka yo mu Rwanda n’iyo muri Kenya zagonganiye muri Uganda

Harakekwa icyateye impanuka ikomeye y’imdoka yo mu Rwanda n’iyo muri Kenya zagonganiye muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.