Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Bamporiki yongeye kugaragara mu buzima busanzwe amwenyura

radiotv10by radiotv10
30/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
IFOTO: Bamporiki yongeye kugaragara mu buzima busanzwe amwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Edouard Bamporiki ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no kwakira indonke, yagaragaye ari kumwe na Moses Turahirwa ufite izina rikomeye mu ruganda rw’imideri mu Rwanda bifotoranyije ku isabukuru y’uyu munyapolitiki.

Bamporiki yagaragaye mu mafoto yashyizwe hanze n’uyu Moses Turahirwa uzwiho kwambika ibyamamare ndetse n’abakomeye barimo abari mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda.

Moses Turahirwa, muri aya mafoto twagendeyeho mu gutanganya iyi nkuru nka RADIOTV10, yayaherekesheje ubutumwa bugira buti “Nishimiye kongera kubona Bamporiki Edouard no kwifatanya na we mu kwizihiza isabukuru ye nkanjye wari uhagarariye umuryango wa Kwanda [kompanyi y’imideri y’uyu musore].”

Muri ubu butumwa bwa Moses Turahirwa, yakomeje agira ati “Nkwifutije kugira imbere heza nyakubahwa.”

Uyu muhanga mu byo guhanga imideri, aherutse kwegura ku mwanya yari afite mu buyobozi bw’inzu y’imideri ya Moshions yanashinze izwiho kwambika abakomeye.

Bamporiki w’imyaka 39, asanzwe yizihiza isabukuru y’amavuko tariki 24 Ukuboza, aho iy’ubushize yari yayishimiye ubwo yari akiri muri Guverinoma y’u Rwanda, akagaragaza ko yari yahuye n’umuhanzi Niyo Bosco.

Bamporiki Edouard wigeze kuba muri Guverinoma y’u Rwanda, ubu ari gukurikiranwa n’inzego z’ubutabera, aho yanahamijwe ibyaha bibiri ndetse agakatirwa gufungwa imyaka ine no gutanga ihazabu ya miliyoni 60 Frw ariko akajuririra iki cyemezo.

Uyu munyapolitiki wagize imyanya ikomeye mu buyobozi bw’u Rwanda, aheruka kugaragara imbere y’Urukiko Rukuru tariki 19 z’uku kwezi k’Ukuboza 2022, aburana ubujurire bwe.

Ubwo yaburanaga ubu bujurire bwe, Bamporiki yongeye gutakambira Urukiko arusaba guca inkoni izamba rukamugabanyiriza igihano, akaba yasubikirwa igifungo kugira ngo akomeze gukorera Igihugu.

Mu ijambo ryumvikanyemo gutakamba, Bamporiki ubwo yabwiraga Umucamanza w’Urukiko Rukuru, yagize ati “Munyunamure ngire umumaro.”

Bamporiki na Turahirwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + one =

Previous Post

Ruhago y’Isi mu marira: Ibiri kuvugwa nyuma y’urupfu rwa kizigenza muri ‘Football’

Next Post

Harakekwa icyateye impanuka ikomeye y’imdoka yo mu Rwanda n’iyo muri Kenya zagonganiye muri Uganda

Related Posts

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

IZIHERUKA

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye
MU RWANDA

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

26/01/2026
Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Harakekwa icyateye impanuka ikomeye y’imdoka yo mu Rwanda n’iyo muri Kenya zagonganiye muri Uganda

Harakekwa icyateye impanuka ikomeye y’imdoka yo mu Rwanda n’iyo muri Kenya zagonganiye muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.