Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Bamporiki yongeye kugaragara mu buzima busanzwe amwenyura

radiotv10by radiotv10
30/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
IFOTO: Bamporiki yongeye kugaragara mu buzima busanzwe amwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Edouard Bamporiki ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no kwakira indonke, yagaragaye ari kumwe na Moses Turahirwa ufite izina rikomeye mu ruganda rw’imideri mu Rwanda bifotoranyije ku isabukuru y’uyu munyapolitiki.

Bamporiki yagaragaye mu mafoto yashyizwe hanze n’uyu Moses Turahirwa uzwiho kwambika ibyamamare ndetse n’abakomeye barimo abari mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda.

Moses Turahirwa, muri aya mafoto twagendeyeho mu gutanganya iyi nkuru nka RADIOTV10, yayaherekesheje ubutumwa bugira buti “Nishimiye kongera kubona Bamporiki Edouard no kwifatanya na we mu kwizihiza isabukuru ye nkanjye wari uhagarariye umuryango wa Kwanda [kompanyi y’imideri y’uyu musore].”

Muri ubu butumwa bwa Moses Turahirwa, yakomeje agira ati “Nkwifutije kugira imbere heza nyakubahwa.”

Uyu muhanga mu byo guhanga imideri, aherutse kwegura ku mwanya yari afite mu buyobozi bw’inzu y’imideri ya Moshions yanashinze izwiho kwambika abakomeye.

Bamporiki w’imyaka 39, asanzwe yizihiza isabukuru y’amavuko tariki 24 Ukuboza, aho iy’ubushize yari yayishimiye ubwo yari akiri muri Guverinoma y’u Rwanda, akagaragaza ko yari yahuye n’umuhanzi Niyo Bosco.

Bamporiki Edouard wigeze kuba muri Guverinoma y’u Rwanda, ubu ari gukurikiranwa n’inzego z’ubutabera, aho yanahamijwe ibyaha bibiri ndetse agakatirwa gufungwa imyaka ine no gutanga ihazabu ya miliyoni 60 Frw ariko akajuririra iki cyemezo.

Uyu munyapolitiki wagize imyanya ikomeye mu buyobozi bw’u Rwanda, aheruka kugaragara imbere y’Urukiko Rukuru tariki 19 z’uku kwezi k’Ukuboza 2022, aburana ubujurire bwe.

Ubwo yaburanaga ubu bujurire bwe, Bamporiki yongeye gutakambira Urukiko arusaba guca inkoni izamba rukamugabanyiriza igihano, akaba yasubikirwa igifungo kugira ngo akomeze gukorera Igihugu.

Mu ijambo ryumvikanyemo gutakamba, Bamporiki ubwo yabwiraga Umucamanza w’Urukiko Rukuru, yagize ati “Munyunamure ngire umumaro.”

Bamporiki na Turahirwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + four =

Previous Post

Ruhago y’Isi mu marira: Ibiri kuvugwa nyuma y’urupfu rwa kizigenza muri ‘Football’

Next Post

Harakekwa icyateye impanuka ikomeye y’imdoka yo mu Rwanda n’iyo muri Kenya zagonganiye muri Uganda

Related Posts

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

The Minister of Infrastructure announced that drivers of vehicles carrying many passengers such as public transport vehicles and school buses...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law
MU RWANDA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Harakekwa icyateye impanuka ikomeye y’imdoka yo mu Rwanda n’iyo muri Kenya zagonganiye muri Uganda

Harakekwa icyateye impanuka ikomeye y’imdoka yo mu Rwanda n’iyo muri Kenya zagonganiye muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.