Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

IFOTO: Burya si pompaje gusa n’umupira yabasha kuwutera…Museveni yatunguranye

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UDUSHYA
0
IFOTO: Burya si pompaje gusa n’umupira yabasha kuwutera…Museveni yatunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni w’imyaka 78 y’amavuko, yagaragaye akina umupira w’amaguru, yerekana ko imbaraga zo gukora siporo zigihari, dore ko no muri 2020 yari yagaragaye atera pompaje, bigatungura benshi.

Ni igikorwa yakoze kuri uyu wa Mbere tariki 22 Gicurasi 2023, ubwo yahuraga n’itsinda rigiye kujya i Cairo mu Misiri gutanga umushinga wo kwakira imikino y’Igikombe cya Afurika cya 2027.

Ni umushinga Uganda ihuriyeho na Kenya, aho iri tsinda ryahuye na Museveni rigomba kwerecyeza mu Misiri kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Gicurasi 2023.

Perezida Yoweri Museveni yari kumwe na Madamu Janet Kataha Museveni usanzwe ari na Minisitiri w’Uburezi, aho bagaragarijwe uyu mushinga mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko iri i Entebe.

Iri tsinda rigiye kwerecyeza i Cairo, rizaba riyobowe na Visi Perezida w’Inteko, Thomas Teyebwa, aho azajyana n’abayobozi banyuranye barimo Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Siporo OgwangOgwang ndetse na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Uganda, Moses Magogo.

Ubwo Museveni yari amaze kugaragarizwa uyu mushinga ni bwo yatunguranye afata umupira w’amaguru, awutera ku ivi, ibisanzwe bizwi nk’amanota.

Ubwo icyorezo cya COVID-19 cyari gikajije umurego muri 2020, ubwo hariho gahunda ya guma mu rugo, Perezida Museveni na bwo yari yagaragaje ko afite imbaraga zo gukora Siporo ubwo yakanguriraga abantu kujya bakorera imyitozo ngororamubiri mu rugo, na we abaha urugero ubwo yateraga pompaje.

Museveni yateye umupira
Yagaragajwe uyu mushinga
Muri 2020 yari yateye pompaje na bwo bitungura benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 7 =

Previous Post

Inkuru nshya ibabaje yaturutse muri Zambia ku Munyarwanda wabuze ku munsi w’ubukwe bwe

Next Post

Perezida Kagame yatangaje amakuru mashya meza ku Kibuga cy’Indege cya Bugesera

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dusogongere ku bwiza bw’Ikibuga cy’Indege cya Bugesera kigeze ahashimishije cyubakwa (AMAFOTO)

Perezida Kagame yatangaje amakuru mashya meza ku Kibuga cy’Indege cya Bugesera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.