Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

IFOTO: Burya si pompaje gusa n’umupira yabasha kuwutera…Museveni yatunguranye

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UDUSHYA
0
IFOTO: Burya si pompaje gusa n’umupira yabasha kuwutera…Museveni yatunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni w’imyaka 78 y’amavuko, yagaragaye akina umupira w’amaguru, yerekana ko imbaraga zo gukora siporo zigihari, dore ko no muri 2020 yari yagaragaye atera pompaje, bigatungura benshi.

Ni igikorwa yakoze kuri uyu wa Mbere tariki 22 Gicurasi 2023, ubwo yahuraga n’itsinda rigiye kujya i Cairo mu Misiri gutanga umushinga wo kwakira imikino y’Igikombe cya Afurika cya 2027.

Ni umushinga Uganda ihuriyeho na Kenya, aho iri tsinda ryahuye na Museveni rigomba kwerecyeza mu Misiri kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Gicurasi 2023.

Perezida Yoweri Museveni yari kumwe na Madamu Janet Kataha Museveni usanzwe ari na Minisitiri w’Uburezi, aho bagaragarijwe uyu mushinga mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko iri i Entebe.

Iri tsinda rigiye kwerecyeza i Cairo, rizaba riyobowe na Visi Perezida w’Inteko, Thomas Teyebwa, aho azajyana n’abayobozi banyuranye barimo Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Siporo OgwangOgwang ndetse na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Uganda, Moses Magogo.

Ubwo Museveni yari amaze kugaragarizwa uyu mushinga ni bwo yatunguranye afata umupira w’amaguru, awutera ku ivi, ibisanzwe bizwi nk’amanota.

Ubwo icyorezo cya COVID-19 cyari gikajije umurego muri 2020, ubwo hariho gahunda ya guma mu rugo, Perezida Museveni na bwo yari yagaragaje ko afite imbaraga zo gukora Siporo ubwo yakanguriraga abantu kujya bakorera imyitozo ngororamubiri mu rugo, na we abaha urugero ubwo yateraga pompaje.

Museveni yateye umupira
Yagaragajwe uyu mushinga
Muri 2020 yari yateye pompaje na bwo bitungura benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + fifteen =

Previous Post

Inkuru nshya ibabaje yaturutse muri Zambia ku Munyarwanda wabuze ku munsi w’ubukwe bwe

Next Post

Perezida Kagame yatangaje amakuru mashya meza ku Kibuga cy’Indege cya Bugesera

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dusogongere ku bwiza bw’Ikibuga cy’Indege cya Bugesera kigeze ahashimishije cyubakwa (AMAFOTO)

Perezida Kagame yatangaje amakuru mashya meza ku Kibuga cy’Indege cya Bugesera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.