Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

IFOTO: Burya si pompaje gusa n’umupira yabasha kuwutera…Museveni yatunguranye

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UDUSHYA
0
IFOTO: Burya si pompaje gusa n’umupira yabasha kuwutera…Museveni yatunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni w’imyaka 78 y’amavuko, yagaragaye akina umupira w’amaguru, yerekana ko imbaraga zo gukora siporo zigihari, dore ko no muri 2020 yari yagaragaye atera pompaje, bigatungura benshi.

Ni igikorwa yakoze kuri uyu wa Mbere tariki 22 Gicurasi 2023, ubwo yahuraga n’itsinda rigiye kujya i Cairo mu Misiri gutanga umushinga wo kwakira imikino y’Igikombe cya Afurika cya 2027.

Ni umushinga Uganda ihuriyeho na Kenya, aho iri tsinda ryahuye na Museveni rigomba kwerecyeza mu Misiri kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Gicurasi 2023.

Perezida Yoweri Museveni yari kumwe na Madamu Janet Kataha Museveni usanzwe ari na Minisitiri w’Uburezi, aho bagaragarijwe uyu mushinga mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko iri i Entebe.

Iri tsinda rigiye kwerecyeza i Cairo, rizaba riyobowe na Visi Perezida w’Inteko, Thomas Teyebwa, aho azajyana n’abayobozi banyuranye barimo Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Siporo OgwangOgwang ndetse na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Uganda, Moses Magogo.

Ubwo Museveni yari amaze kugaragarizwa uyu mushinga ni bwo yatunguranye afata umupira w’amaguru, awutera ku ivi, ibisanzwe bizwi nk’amanota.

Ubwo icyorezo cya COVID-19 cyari gikajije umurego muri 2020, ubwo hariho gahunda ya guma mu rugo, Perezida Museveni na bwo yari yagaragaje ko afite imbaraga zo gukora Siporo ubwo yakanguriraga abantu kujya bakorera imyitozo ngororamubiri mu rugo, na we abaha urugero ubwo yateraga pompaje.

Museveni yateye umupira
Yagaragajwe uyu mushinga
Muri 2020 yari yateye pompaje na bwo bitungura benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 10 =

Previous Post

Inkuru nshya ibabaje yaturutse muri Zambia ku Munyarwanda wabuze ku munsi w’ubukwe bwe

Next Post

Perezida Kagame yatangaje amakuru mashya meza ku Kibuga cy’Indege cya Bugesera

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dusogongere ku bwiza bw’Ikibuga cy’Indege cya Bugesera kigeze ahashimishije cyubakwa (AMAFOTO)

Perezida Kagame yatangaje amakuru mashya meza ku Kibuga cy’Indege cya Bugesera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.