• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

IFOTO: Burya si pompaje gusa n’umupira yabasha kuwutera…Museveni yatunguranye

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UDUSHYA
0
IFOTO: Burya si pompaje gusa n’umupira yabasha kuwutera…Museveni yatunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni w’imyaka 78 y’amavuko, yagaragaye akina umupira w’amaguru, yerekana ko imbaraga zo gukora siporo zigihari, dore ko no muri 2020 yari yagaragaye atera pompaje, bigatungura benshi.

Ni igikorwa yakoze kuri uyu wa Mbere tariki 22 Gicurasi 2023, ubwo yahuraga n’itsinda rigiye kujya i Cairo mu Misiri gutanga umushinga wo kwakira imikino y’Igikombe cya Afurika cya 2027.

Ni umushinga Uganda ihuriyeho na Kenya, aho iri tsinda ryahuye na Museveni rigomba kwerecyeza mu Misiri kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Gicurasi 2023.

Perezida Yoweri Museveni yari kumwe na Madamu Janet Kataha Museveni usanzwe ari na Minisitiri w’Uburezi, aho bagaragarijwe uyu mushinga mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko iri i Entebe.

Iri tsinda rigiye kwerecyeza i Cairo, rizaba riyobowe na Visi Perezida w’Inteko, Thomas Teyebwa, aho azajyana n’abayobozi banyuranye barimo Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Siporo OgwangOgwang ndetse na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Uganda, Moses Magogo.

Ubwo Museveni yari amaze kugaragarizwa uyu mushinga ni bwo yatunguranye afata umupira w’amaguru, awutera ku ivi, ibisanzwe bizwi nk’amanota.

Ubwo icyorezo cya COVID-19 cyari gikajije umurego muri 2020, ubwo hariho gahunda ya guma mu rugo, Perezida Museveni na bwo yari yagaragaje ko afite imbaraga zo gukora Siporo ubwo yakanguriraga abantu kujya bakorera imyitozo ngororamubiri mu rugo, na we abaha urugero ubwo yateraga pompaje.

Museveni yateye umupira
Yagaragajwe uyu mushinga
Muri 2020 yari yateye pompaje na bwo bitungura benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + nineteen =

Previous Post

Inkuru nshya ibabaje yaturutse muri Zambia ku Munyarwanda wabuze ku munsi w’ubukwe bwe

Next Post

Perezida Kagame yatangaje amakuru mashya meza ku Kibuga cy’Indege cya Bugesera

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Dusogongere ku bwiza bw’Ikibuga cy’Indege cya Bugesera kigeze ahashimishije cyubakwa (AMAFOTO)

Perezida Kagame yatangaje amakuru mashya meza ku Kibuga cy’Indege cya Bugesera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.