• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

IFOTO: Mayor w’Akarere kamwe yahuye n’umuturage w’imyaka 3 barasabaana anamugezaho icyifuzo

radiotv10by radiotv10
02/12/2024
in Uncategorized
0
IFOTO: Mayor w’Akarere kamwe yahuye n’umuturage w’imyaka 3 barasabaana anamugezaho icyifuzo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Richard Mutabazi yagaragaye ari kuganira n’umwana w’imyaka itatu wo muri aka Karere amukinisha udukino tw’abana, anamugezaho icyifuzo ko yazamuzanira Perezida wa Repubulika na we bakaramukanya.

Ni ifoto n’amashusho byagaragaye ku rubuga nkoranyambaga rwa X, byatangajwe n’uwitwa Uwamahoro Innocente utuye muri aka Karere ka Bugesera, wavuze ko ibi byabaye mu mpera z’icyumweru gishize.

Mu mashusho yashyizeho, agaragaza Umuyobozi w’Akarere, Richard Mutabazi yaciye bugufi afashe uyu mwana w’imyaka itatu, amukinisha udukino tw’abana, akanyuzamo akamukirigita, bombi bagaseka bagatembagara.

Mu butumwa buherekeje aya mashusho n’ifoto, Uwamahoro Innocente yagize ati “Umuturage witwa Owen w’imyaka 3, uvuka mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera, yahuye na Nyakubahwa Mayor Mutabazi Richard baraganira, barashyikirana.”

Uwamahoro Innocente yakomeje avuga ko uyu mwana w’imyaka itatu, yagejeje kuri Mayor icyifuzo. Ati “Uyu muturage amugezaho icyifuzo cy’uko yazamuzanira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika akamusuhuza. Yamwijeje kubikurikirana.”

Bamwe mu batanze ibitekerezo kuri iyi foto n’aya mashusho, bashimiye Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, kuba akomeje gusanga abaturage aho bari ndetse mu ngeri zose, zirimo n’abana bato nk’uko yabigenje kuri uyu mwana.

Mayor Richard n’umuturage w’imyaka itatu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Uko byagenze ngo imodoka iparike hejuru y’inzu y’umuturage mu mujyi wa Kigali

Next Post

Igisubizo RIB yahaye uwayibajije icyo iteganyiriza Abaturarwanda mu mpera z’umwaka

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Igisubizo RIB yahaye uwayibajije icyo iteganyiriza Abaturarwanda mu mpera z’umwaka

Igisubizo RIB yahaye uwayibajije icyo iteganyiriza Abaturarwanda mu mpera z’umwaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.