Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Minisitiri kuri ‘Pupitre’ asoma igitabo n’abanyeshuri

radiotv10by radiotv10
24/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
IFOTO: Minisitiri kuri ‘Pupitre’ asoma igitabo n’abanyeshuri
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta Muri Minisiteri y’Uburezi Ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Gaspard Twagirayezu, yasuye abanyeshuri mu ishuri ribanza ryo mu Murenge wa Mudende mu Karere ka Rubavu, areba uko abana biga.

Gaspard Twagirayezu wagiri uruzinduko mu Ntara y’Amajyaruguru n’iy’Iburengerazuba, yatangiriye mu Karere ka Gakenke anabereye imboni muri Guverinoma y’u Rwanda ku wa Mbere tariki 22 Ugushyingo 2022.

Kuri uwo munsi yasuye kandi amashuri anyuranye mu Karere ka Musanze, areba imyigishirize mu mashuri abanza ndetse n’ayisumbuye n’ayigisha amasomo y’imyuga n’ubumenyi-ngiro.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Ugushyingo 2022, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, yakomereje uruzinduko rwe mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba asura ibikorwa bitandukanye by’uburezi.

Kuri uyu wa Gatatu, Gaspard Twagirayezu yasuye ishuri nderabrezi TTC Gacuba II, ry’Itorero rya ADEPR rifatanya na Leta ku bw’amasezerano.

Muri iri shuri ryigamo abanyeshuri 421, Umunyamabanga wa Leta yaganiriye n’abayobozi baryo, anagirana ikiganiro n’abarimu ndetse n’abanyeshuri, abibutsa ko amashuri nk’aya ya TTCs afite uruhare runini mu kuzamura ireme ry’uburezi kuko arera abarimu bigisha mu mashuri abanza nk’icyiciro cy’ibanze mu burezi.

Yasoreje uruzinduko rwe mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kanyundo mu Murenge wa Mudende muri aka Karere ka Rubavu.

Muri iri shuri, na ho yaganiriye n’abayobozi n’abarimu baryo ndetse anareba uko abanyeshuri bigishwa n’uburyo na bo bakurikira mu ishuri.

Muri GS Kanyundo yarebye uko abana basubiramo amasomo
Yanaganiriye n’abanyeshuri yumva impumeko yabo
Yanasuye TTC Gacuba II

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − one =

Previous Post

MTN na BK batangije gahunda izafasha buri wese kubasha gutunga Smartphone

Next Post

Salima Mukansanga, Umunyarwandakazi wanditse amateka ku Isi akomeje gukurirwa ingofero

Related Posts

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Salima Mukansanga, Umunyarwandakazi wanditse amateka ku Isi akomeje gukurirwa ingofero

Salima Mukansanga, Umunyarwandakazi wanditse amateka ku Isi akomeje gukurirwa ingofero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.