• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Minisitiri kuri ‘Pupitre’ asoma igitabo n’abanyeshuri

radiotv10by radiotv10
24/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
IFOTO: Minisitiri kuri ‘Pupitre’ asoma igitabo n’abanyeshuri
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta Muri Minisiteri y’Uburezi Ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Gaspard Twagirayezu, yasuye abanyeshuri mu ishuri ribanza ryo mu Murenge wa Mudende mu Karere ka Rubavu, areba uko abana biga.

Gaspard Twagirayezu wagiri uruzinduko mu Ntara y’Amajyaruguru n’iy’Iburengerazuba, yatangiriye mu Karere ka Gakenke anabereye imboni muri Guverinoma y’u Rwanda ku wa Mbere tariki 22 Ugushyingo 2022.

Kuri uwo munsi yasuye kandi amashuri anyuranye mu Karere ka Musanze, areba imyigishirize mu mashuri abanza ndetse n’ayisumbuye n’ayigisha amasomo y’imyuga n’ubumenyi-ngiro.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Ugushyingo 2022, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, yakomereje uruzinduko rwe mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba asura ibikorwa bitandukanye by’uburezi.

Kuri uyu wa Gatatu, Gaspard Twagirayezu yasuye ishuri nderabrezi TTC Gacuba II, ry’Itorero rya ADEPR rifatanya na Leta ku bw’amasezerano.

Muri iri shuri ryigamo abanyeshuri 421, Umunyamabanga wa Leta yaganiriye n’abayobozi baryo, anagirana ikiganiro n’abarimu ndetse n’abanyeshuri, abibutsa ko amashuri nk’aya ya TTCs afite uruhare runini mu kuzamura ireme ry’uburezi kuko arera abarimu bigisha mu mashuri abanza nk’icyiciro cy’ibanze mu burezi.

Yasoreje uruzinduko rwe mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kanyundo mu Murenge wa Mudende muri aka Karere ka Rubavu.

Muri iri shuri, na ho yaganiriye n’abayobozi n’abarimu baryo ndetse anareba uko abanyeshuri bigishwa n’uburyo na bo bakurikira mu ishuri.

Muri GS Kanyundo yarebye uko abana basubiramo amasomo
Yanaganiriye n’abanyeshuri yumva impumeko yabo
Yanasuye TTC Gacuba II

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

MTN na BK batangije gahunda izafasha buri wese kubasha gutunga Smartphone

Next Post

Salima Mukansanga, Umunyarwandakazi wanditse amateka ku Isi akomeje gukurirwa ingofero

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Salima Mukansanga, Umunyarwandakazi wanditse amateka ku Isi akomeje gukurirwa ingofero

Salima Mukansanga, Umunyarwandakazi wanditse amateka ku Isi akomeje gukurirwa ingofero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.