Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Muhoozi yakuriye ingofero umu-Para Commando wa UPDF wamanutse mu mutaka

radiotv10by radiotv10
10/10/2022
in MU RWANDA
0
IFOTO: Muhoozi yakuriye ingofero umu-Para Commando wa UPDF wamanutse mu mutaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu basirikare ba Uganda, wagaragaye amanukira mu mutaka mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 y’Ubwigenge bwa Uganda, akomeje gukurirwa ingofero na benshi, aho General Muhoozi yongeye kurahira UPDF.

Uyu musirikare yagaragaye kuri iki Cyumweru tariki 09 Ukwakira 2022 ubwo Uganda yizihizaga isabukuru y’imyaka 60 iki Gihugu kimaze kibonye ubwigenge.

Ibi birori byabereye mu Mujyi wa Kampala, byanagaragayemo akarasisi k’abasirikare ba Uganda, bagaragaje ubuhanga n’imyitozi y’iki gisirikare.

General Muhoozi Kainerugaba, uherutse gukurwa ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, yashimye uyu musirikare wa Uganda wagaragaye amanukira mu mutaka.

Yagize ati “Ntewe ishema bidasanzwe na mwe bagabo ba UPDF mu itsinda ryihariye kuba mwabashije gukora ibi.”

Gen Muhoozi wasobanuye ko uyu musirikare yakoze iki gikorwa mu karasisi ko kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 y’ubwigenge. Yakomeje agira ati “Twishimiye UPDF! Twishimiye Uganda.”

Extremely proud of our men (UPDF/SFC) for pulling this off. Military Free Fall jump over Kampala City on Uganda's 60th Independence Day Anniversary. Viva UPDF! Viva Uganda! Happy Independence Day! pic.twitter.com/Khz1zpIuXT

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) October 9, 2022

Ibi birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 Uganda imaze ibonye ubwigenge, byitabiriwe n’abahagarariye Ibihugu byabo byo mu karere barimo William Ruto wa Kenya, Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, Salva Kiir wa South Sudan, Ali Hassan Mwinyi wa Zanzibar, na Hassan Sheikh Mohamud wa Somalia.

Hari kandi Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba w’u Rwanda, Prof Nshuti Manasseh wari uhagarariye Perezida Paul Kagame.

Uyu musirikare yakuriwe ingofero

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 4 =

Previous Post

Bamwe twabaye hano, Abanyarwanda n’Abagande turi abavandimwe- Prof.Nshuti muri Uganda

Next Post

Iwacu amahoro arahinda- Maj.Willy Ngoma yerekanye aragiye mu gace kigaruriwe na M23

Related Posts

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi
AMAHANGA

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

by radiotv10
04/11/2025
0

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iwacu amahoro arahinda- Maj.Willy Ngoma yerekanye aragiye mu gace kigaruriwe na M23

Iwacu amahoro arahinda- Maj.Willy Ngoma yerekanye aragiye mu gace kigaruriwe na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.