Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Perezida wa Sena y’u Rwanda n’uw’Inteko ya Congo begeranye mu byicaro

radiotv10by radiotv10
25/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
IFOTO: Perezida wa Sena y’u Rwanda n’uw’Inteko ya Congo begeranye mu byicaro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier uri i Luanda muri Angola, aho yitabiriye Intego Rusange y’Ihuriro ry’Inteko Zishinga Amategeko z’Ibihugu bihuriye muri ICGRL, yakiriwe na Perezida João Lourenço, mu gikorwa cyarimo na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya DRC, Vital Kamerhe.

Perezida wa Sena y’u Rwanda n’itsinda ryamuherekeje, bari muri iyi Nteko Rusange ya 15 y’Ihuriro ry’Inteko Zishinga Amategeko z’Ibihugu bihuriye mu Nama Mpuzamahanga y’Akarere k’Ibiyaga Bigari (FP-ICGLR).

Amafoto yagiye hanze kuri uyu wa Kane tariki 24 Mata 2025, agaragaza aba Bayoboye Inteko Zishinga Amategeko bitabiriye iyi Nteko Rusange, bakiriwe na Perezida wa Angola, João Lourenço.

Muri iki gikorwa, Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier, mu cyumba bakiririwemo aba yegeranye na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vital Kamerhe.

Iyi nteko yatangiye kuri uyu wa Gatatu tariki 23 ikazageza ku wa Gatanu tariki 25 Mata 2025, ifite insanganyamatsiko igira iti “Inclusive Leadership and Decision Making in the Region”-Tugenekereje ni “Imiyoborere idaheza no gufata ibyemezo mu Karere.”

Iyi Nteko Rusange ya 15 ya FP-ICGLR, izigira hamwe inafate imyanzuro irebana n’umutekano, politiki ndetse n’ibikorwa birebana n’imibereho y’abaturage mu karere.

Iyi Nteko yitabiriwe n’Inteko Zishinga Amategeko 12 z’Ibihugu binyamuryango bya ICGLR, birimo u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Angola, Tanzania, Uganda, Kenya, Zambia, Repubulika ya Congo (Congo-Brazzaville), u Burundi, Centrafrique, Sudani y’Epfo ndetse na Sudan.

Perezida wa Sena y’u Rwanda n’uw’Inteko ya Congo Kinshasa begeranye aho bakiririwe na Perezida wa Angola
Hafashwe ifoto Kamerhe na we ahari
No mu ifoto y’urwibutso, bari begeranye
Perezida wa Sena y’u Rwanda ari muri Angola mu nama yatangiye ejo hashize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 4 =

Previous Post

Imyaka 12 yari ishize: Dore ikipe ishobora gusubira mu cya mbere muri ruhago nyarwanda

Next Post

Hamenyekanye icyemezo giherutse gufatirwa Moses mbere yuko atabwa muri yombi bwa kabiri

Related Posts

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho
MU RWANDA

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyemezo giherutse gufatirwa Moses mbere yuko atabwa muri yombi bwa kabiri

Hamenyekanye icyemezo giherutse gufatirwa Moses mbere yuko atabwa muri yombi bwa kabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.