Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Rusesabagina nyuma y’amezi abiri arekuwe n’ubu ibyishimo biracyasendereye mu muryango

radiotv10by radiotv10
19/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
IFOTO: Rusesabagina nyuma y’amezi abiri arekuwe n’ubu ibyishimo biracyasendereye mu muryango
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Rusesabagina uherutse kurekurwa ku mbabazi za Perezida w’u Rwanda, ubu akaba ari kumwe n’umuryango we muri Leta Zunze Ubumwe za America, umukobwa we yongeye kumugaragariza ibyishimo, amubwira ko yishimiye kuba yagize isabukuru y’amavuko bari kumwe.

Rusesabagina agiye kuzuza amezi abiri arekuwe ku bw’imbabazi za Perezida Paul Kagame, wamubabariye hamwe n’abandi bantu 19 baburanye hamwe, barimo Nsabimana Callixte Sankara.

Uyu mugabo wari warakatiwe gufungwa imyaka 25 kubera ibyaha birimo iby’iterabwoba yahamijwe, yarekuwe tariki 24 Werurwe 2023, nyuma y’iminsi micye ahita afata rutemikirere imwerecyeza muri Qatar, nk’Igihugu cyanagize uruhare mu biganiro byatumye ahabwa imbabazi.

Nyuma y’iminsi ine gusa arekuwe, tariki 29 yahise afata indege yamwerecyeje i Houston muri Leta ya Texas muri Leta Zunze Ubumwe za America asanze umuryango we, bari kumwe kugeza ubu.

Umukobwa wa Rusesabagina, Carine Kanimba wanakunze kugaragara mu bikorwa byo gusaba ko umubyeyi we arekurwa, akigera muri Leta Zunze Ubumwe za America, yamugaragarije ibyishimo.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ubwo umubyeyi we yari amaze kugera mu rugo, Carine Kanimba, yagize ati “Paul Rusesagina yamaze kugera mu buzima busanzwe. Data yamaze kugera i San Antonio muri Texas.”

Carine Kanimba yongeye kugaragariza umubyeyi we ko yishimiye kuba yagize isabukuru y’amavuko bari kumwe, nyuma y’izindi yagize batari kumwe ubwo yari afungiye mu Rwanda.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter kuri uyu wa Kane tariki 18 Gicurasi 2023, Carine Kanimba yagize ati “Papa ari mu rugo. Iyi ni isabukuru y’agahebuzo ngize nahoze nifuza.”

Uyu mukobwa wa Rusesabagina yifashishije ifoto bari kumwe, yavuze ko yaba mu bihe byiza n’ibibi, yishimira kuba ari kumwe n’umubyeyi we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho n’abakomeye mu nzego z’umutekano zirimo RDF n’urwego rw’Iperereza

Next Post

Amakuru mashya ku Mujenerali w’inararibonye wasimbuye uwananijwe na DRCongo

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku Mujenerali w’inararibonye wasimbuye uwananijwe na DRCongo

Amakuru mashya ku Mujenerali w'inararibonye wasimbuye uwananijwe na DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.