Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Si iby’i Nyamirambo gusa no muri Kenya Isuyume yarikoroje…Yagiye gutora Perezida ayikenyeye

radiotv10by radiotv10
09/08/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
0
IFOTO: Si iby’i Nyamirambo gusa no muri Kenya Isuyume yarikoroje…Yagiye gutora Perezida ayikenyeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo muri Kenya yagaragaye yitabiriye amatora y’Umukuru w’Igihugu akenyeye igitambaro bihanaguza [Essuie- Mains], ibintu byaherukaga kuba mu Rwanda mu mwaka ushize.

Muri Kenya, kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Kanama 2022 baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu agomba kugaragaza uzasimbura Uhuru Kenyatta usoje manda ze.

Aya matora akomeje kuvugwamo guhangana gukomeye hagati ya Raila Odinga na William Ruto, akomeje no kugaragaramo udushya aho agakomeje gukwira Isi yose ari umugabo wagaragaye yagiye gutora yiyambariye Isuyume.

Uyu mugabo utabashije kumenyekana, yafotowe yambaye iki gitambaro gihanagura amazi ndetse na T-Shirt y’umukara yayitebeje muri Essuie-mains.

Iyi foto yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga aho benshi bakomeje kuyitangaho ibitekerezo.

Abiganjemo Abanya-Kenya bari gutanga ibitekerezo kuri iyi foto, bagaragaje ko uyu mugabo yabasekeje bidasanzwe.

Umugabo yagiye mu matora ya Perezida yambaye isuyume muri Kenya

Uwitwa Lucia Mwaura kuri Twitter, yagize ati “Ntabwo yashakaga gukerererwa, yabyutse ahita yiyambarira Isuyume kuko ni yo itari kumutinza.”

Uwitwa Caroline Nekesa yagize ati “Ntabwo yari afite umwanya wo gutakaza, icyo yari ashyizeho umutima ni amatora.”

Hari n’abavuze ko uyu mugabo yashatse kugira ngo avugwe cyane, aho uwitwa Saisi L Nicah yagize ati “Abanyakenya iteka ryose baba bashaka icyatuma bamamara.”

Si ubwa mbere isuyume irikoroje muri aka karere kuko no mu Rwanda muri Mutarama umwaka ushize, isuyume yakoze akantu mu Mujyi wa Kigali ubwo umusore yasohokaga i Nyamirambo akajya mu kivunge cy’abishimira Intsinzi y’Amavubi yari amaze kubona itike ya 1/4 cya CHAN 2020 nyuma yo gutsinda Togo 3-2.

Icyo gihe nubwo mu Mujyi wa Kigali hariho hagunda ya Guma mu rugo, abatuye muri uyu murwa mukuru w’u Rwanda, babirenzeho kubera ibyishimo birara mu mihanda bishimira intsinzi, gusa icyasekeje benshi ni umusore wagaragayemo akeneye isuyume, aravugwa bishyira cyera ndetse benshi bakora igisa n’umukoro wo kumwigana.

I Nyamirambo na ho Isuyume yigeze kurikoroza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

DRC: Imiryango itari iya Leta yavuze ubutumwa yifuza ko Blinken agomba kuzabwira Perezida Kagame

Next Post

Igisubizo gitangaje cyahawe Muhoozi wavuze ko UPDF ari Isirikare cya mbere ku Isi

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo gitangaje cyahawe Muhoozi wavuze ko UPDF ari Isirikare cya mbere ku Isi

Igisubizo gitangaje cyahawe Muhoozi wavuze ko UPDF ari Isirikare cya mbere ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.