Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

IFOTO: Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yatunguranye akora udukoryo nk’utuzwi kuri Neymar

radiotv10by radiotv10
21/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
IFOTO: Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yatunguranye akora udukoryo nk’utuzwi kuri Neymar
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye yagaragaje ubuhanga benshi batakega mu gukina ruhago, akora ubufindo buzwi nka ‘Jongler’ bumenyerewe ku bakinnyi baba basanganywe ubahanga bwihariye mu mupira w’amaguru.

DCG/IGP Felix Namuhoranye yakoze ibi ubwo mu Rwanda hatangizwaga irushanwa rihuza amakipe ya Polisi zo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburazuba (EAPCCO), kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Werurwe 2023.

Ubwo hari hagiye gutangizwa iri rushanwa mu mukino wahuje Ikipe ya Polisi y’u Rwanda n’iya Polisi y’u Burundi, habanje kubaho kwishyushya, ndetse abari bitabiriye uyu muhango bagenda baganira na bo banyuzamo bagatera ku mupira.

Ni bwo Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda DCG Felix Namuhoranye yigaragaje yerekana ko asanzwe ari umuhanga mu guconga ruhago.

Ubwo yateraga ku mupira, yawufunze nk’umenyereye gukina ruhago, ubundi awukoreraho ubufindo cyangwa udukoryo dusanzwe tuzwi ku bakinnyi baba bafite ubuhanga budasanzwe mu guconga ruhago nka Neymar.

Utu dukoryo tuzwi nka Jongler, kandi twamamaye cyane kuri rurangiranwa muri ruhago, Umunya-Brazil Ronaldo de Assis Moreira, wamamaye nka Ronaldinho Gaúcho.

Uyu mukino wafungiye aya marushanwa wahuje ikipe ya Polisi y’u Rwanda n’iya Polisi y’u Burundi, wabereye kuri Kigali Pelé Stadium iherutse gufungurwa ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame ari kumwe na Perezida wa FIFA, Giani Infantino, bombi banakinnye umukino wo gufungura iyi stade.

Uyu mukino warangiye Ikipe ya Polisi y’u Rwanda iwutsinze ibitego 3-1 ku Burundi, birimo icyatsinzwe na Muhadjiri Hakizimana ku munota wa 5′, icya Didier Mugisha yatsinze ku munota wa 64 ndetse n’igitego cy’agashinguracumu cyatsinzwe na Jean Bosco KAYITABA ku munota wa 79’.

Iyi mikino ya EAPCCO kandi izakomeza, ahazakinwa mu mikino itandukanye irimo n’iy’amaboko nka Handball, Volleyball ndetse n’indi itandukanye.

Ubwo Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yageraga kuri Sitade ya Kigali Pelé Stadium
Yatunguranye

IGP Namuhoranye ubwo yasuhuzaga abakinnyi bakinnye uyu mukino

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 12 =

Previous Post

Karongi: Urujijo ku bujura butemenyerewe mu Rwanda

Next Post

Mu buryo butunguranye Amavubi yamenyeshejwe icyemezo kitari kitezwe n’Abanyarwanda

Related Posts

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukinnyi wo hagati Bigirimana Abedi wa Rayon Sports, agiye kumara ibyumweru bitatu hanze y’ikibuga adakina kubera imvune yagize. Aya makuru...

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yahagaritse imikino itatu rutahizamu w’Umurundi Jean Claude Girumugisha ukinira Al Hilal Omdurman, nyuma yo...

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma yuko Kiyovu Sports yishyuye amadeni arenga miliyoni 85 Frw yari ifitiye abakinnyi n’abatoza bari barayireze muri FIFA, ubuyobozi bushya...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu buryo butunguranye Amavubi yamenyeshejwe icyemezo kitari kitezwe n’Abanyarwanda

Mu buryo butunguranye Amavubi yamenyeshejwe icyemezo kitari kitezwe n'Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.