Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

IFOTO: Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yatunguranye akora udukoryo nk’utuzwi kuri Neymar

radiotv10by radiotv10
21/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
IFOTO: Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yatunguranye akora udukoryo nk’utuzwi kuri Neymar
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye yagaragaje ubuhanga benshi batakega mu gukina ruhago, akora ubufindo buzwi nka ‘Jongler’ bumenyerewe ku bakinnyi baba basanganywe ubahanga bwihariye mu mupira w’amaguru.

DCG/IGP Felix Namuhoranye yakoze ibi ubwo mu Rwanda hatangizwaga irushanwa rihuza amakipe ya Polisi zo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburazuba (EAPCCO), kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Werurwe 2023.

Ubwo hari hagiye gutangizwa iri rushanwa mu mukino wahuje Ikipe ya Polisi y’u Rwanda n’iya Polisi y’u Burundi, habanje kubaho kwishyushya, ndetse abari bitabiriye uyu muhango bagenda baganira na bo banyuzamo bagatera ku mupira.

Ni bwo Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda DCG Felix Namuhoranye yigaragaje yerekana ko asanzwe ari umuhanga mu guconga ruhago.

Ubwo yateraga ku mupira, yawufunze nk’umenyereye gukina ruhago, ubundi awukoreraho ubufindo cyangwa udukoryo dusanzwe tuzwi ku bakinnyi baba bafite ubuhanga budasanzwe mu guconga ruhago nka Neymar.

Utu dukoryo tuzwi nka Jongler, kandi twamamaye cyane kuri rurangiranwa muri ruhago, Umunya-Brazil Ronaldo de Assis Moreira, wamamaye nka Ronaldinho Gaúcho.

Uyu mukino wafungiye aya marushanwa wahuje ikipe ya Polisi y’u Rwanda n’iya Polisi y’u Burundi, wabereye kuri Kigali Pelé Stadium iherutse gufungurwa ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame ari kumwe na Perezida wa FIFA, Giani Infantino, bombi banakinnye umukino wo gufungura iyi stade.

Uyu mukino warangiye Ikipe ya Polisi y’u Rwanda iwutsinze ibitego 3-1 ku Burundi, birimo icyatsinzwe na Muhadjiri Hakizimana ku munota wa 5′, icya Didier Mugisha yatsinze ku munota wa 64 ndetse n’igitego cy’agashinguracumu cyatsinzwe na Jean Bosco KAYITABA ku munota wa 79’.

Iyi mikino ya EAPCCO kandi izakomeza, ahazakinwa mu mikino itandukanye irimo n’iy’amaboko nka Handball, Volleyball ndetse n’indi itandukanye.

Ubwo Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yageraga kuri Sitade ya Kigali Pelé Stadium
Yatunguranye

IGP Namuhoranye ubwo yasuhuzaga abakinnyi bakinnye uyu mukino

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + three =

Previous Post

Karongi: Urujijo ku bujura butemenyerewe mu Rwanda

Next Post

Mu buryo butunguranye Amavubi yamenyeshejwe icyemezo kitari kitezwe n’Abanyarwanda

Related Posts

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

IZIHERUKA

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23
AMAHANGA

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
25/12/2025
0

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu buryo butunguranye Amavubi yamenyeshejwe icyemezo kitari kitezwe n’Abanyarwanda

Mu buryo butunguranye Amavubi yamenyeshejwe icyemezo kitari kitezwe n'Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.