Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

IFOTO: Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yatunguranye akora udukoryo nk’utuzwi kuri Neymar

radiotv10by radiotv10
21/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
IFOTO: Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yatunguranye akora udukoryo nk’utuzwi kuri Neymar
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye yagaragaje ubuhanga benshi batakega mu gukina ruhago, akora ubufindo buzwi nka ‘Jongler’ bumenyerewe ku bakinnyi baba basanganywe ubahanga bwihariye mu mupira w’amaguru.

DCG/IGP Felix Namuhoranye yakoze ibi ubwo mu Rwanda hatangizwaga irushanwa rihuza amakipe ya Polisi zo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburazuba (EAPCCO), kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Werurwe 2023.

Ubwo hari hagiye gutangizwa iri rushanwa mu mukino wahuje Ikipe ya Polisi y’u Rwanda n’iya Polisi y’u Burundi, habanje kubaho kwishyushya, ndetse abari bitabiriye uyu muhango bagenda baganira na bo banyuzamo bagatera ku mupira.

Ni bwo Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda DCG Felix Namuhoranye yigaragaje yerekana ko asanzwe ari umuhanga mu guconga ruhago.

Ubwo yateraga ku mupira, yawufunze nk’umenyereye gukina ruhago, ubundi awukoreraho ubufindo cyangwa udukoryo dusanzwe tuzwi ku bakinnyi baba bafite ubuhanga budasanzwe mu guconga ruhago nka Neymar.

Utu dukoryo tuzwi nka Jongler, kandi twamamaye cyane kuri rurangiranwa muri ruhago, Umunya-Brazil Ronaldo de Assis Moreira, wamamaye nka Ronaldinho Gaúcho.

Uyu mukino wafungiye aya marushanwa wahuje ikipe ya Polisi y’u Rwanda n’iya Polisi y’u Burundi, wabereye kuri Kigali Pelé Stadium iherutse gufungurwa ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame ari kumwe na Perezida wa FIFA, Giani Infantino, bombi banakinnye umukino wo gufungura iyi stade.

Uyu mukino warangiye Ikipe ya Polisi y’u Rwanda iwutsinze ibitego 3-1 ku Burundi, birimo icyatsinzwe na Muhadjiri Hakizimana ku munota wa 5′, icya Didier Mugisha yatsinze ku munota wa 64 ndetse n’igitego cy’agashinguracumu cyatsinzwe na Jean Bosco KAYITABA ku munota wa 79’.

Iyi mikino ya EAPCCO kandi izakomeza, ahazakinwa mu mikino itandukanye irimo n’iy’amaboko nka Handball, Volleyball ndetse n’indi itandukanye.

Ubwo Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yageraga kuri Sitade ya Kigali Pelé Stadium
Yatunguranye

IGP Namuhoranye ubwo yasuhuzaga abakinnyi bakinnye uyu mukino

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Karongi: Urujijo ku bujura butemenyerewe mu Rwanda

Next Post

Mu buryo butunguranye Amavubi yamenyeshejwe icyemezo kitari kitezwe n’Abanyarwanda

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu buryo butunguranye Amavubi yamenyeshejwe icyemezo kitari kitezwe n’Abanyarwanda

Mu buryo butunguranye Amavubi yamenyeshejwe icyemezo kitari kitezwe n'Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.