Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

radiotv10by radiotv10
22/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Augustin Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’Intebe wa DRC akatiwe imyaka 10 yo gukora imirimo y’agahato, hazamutse impaka, z’ababishyigikiye basaba ko n’abandi bategetsi bose baryozwa ibyo bakoze, mu gihe hari ababyamaganye.

Imiryango itari iya Leta ikorera muri iki Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni yo yiganje mu bazamuye izi mpaka zikomeje kuba ndende nyuma yuko Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga, kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Gicurasi 2025 rukatiye Matata Ponyo iki gihano.

Umuryango ASADHO (Association Africaine de Défense des Droits de l’Homme, wo uvuga ko mu butabera nk’ubu bwo kurwanya ruswa budakwiye gukora kuri bamwe, ahubwo ko ibyakorewe Matata Ponyo, bikwiye no gukorwa ku bandi bategetsi bose banyereje imari ya Leta.

Jean-Claude Katende, Perezida w’uyu Muryango uvuga ko hari abandi bantu benshi bari bakwiye gukurikiranwaho ibyaha nk’ibi byahamijwe Ponyo, yavuze ko “Ubutabera bugomba no kugera ku bandi bose.” Kandi ko hadakwiye kuzamo amarangamutima muri ubu butabera.

Ibi bitekerezo by’uyu Muryango ASADHO, unabihurijeho n’undi wa NSCC (Nouvelle Société Civile Congolaise), aho Jonas Tshiombela, Umuhuzabikorwa wawo, yavuze ko abategetsi bose bagize uruhare mu gutuma hatagerwa mu mishinga ya Leta kubera kunyereza imari ya Leta, bose bakwiye kubiryozwa, byumwihariko ku mushinga wa Tshilejelu.

Naho Olivier Kamitatu, Umuvugizi w’Umunyapolitiki Moise Katumbi utavuga rumwe n’ubutegesi bwa Congo, we yanditse kuri X ati “N’ubundi rugendeye ku byemezo byarwo bibogamye, Urukiko rushinzwe Kurinda Itegeko Nshinga rukomeje kugaragaza ko rwokamwe n’ubunyagitugu. Rwongeye gutera inkota Matata Ponyo nyuma yo kumucira urubanza rudakwiye muri 2021.”

Francine Muyumba, Umusenateri mu Nteko ya DRC akaba n’umwe mu bayobozi mu Ishyaka FCC rya Joseph Kabilra, yavuze ko yifatanyije n’uyu Munyapolitiki Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’Intebe, amusaba gukomera muri ibi bihe bigoye.

Naho Georges Kapiamba, Perezida w’Ishyirahamwe riharanira itangwa ry’Ubutabera ACAJ (Association Congolaise pour l’Accès à la Justice), yashimiye Urukiko rwafashe kiriya cyemezo, avuga ko kizabera akabarore abandi ba rusahurira mu nduru banyereza ibya Leta.

Ni mu gihe abanyamuryango b’Ishyaka rya LGD rya Matata Ponyo, bavuga ko batatunguwe na kiriya cyemezo cy’Urukiko rushinzwe Itegeko Nshinga kuko n’ubundi rubogama.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Umwarimu w’umugabo ukekwaho gusambanya uwo yigisha yatumye hamenyekana inkuru y’urukundo rw’uw’umukobwa n’umumunyeshuri w’umuhungu banabyiyemerera

Next Post

Umuhanzikazi Tyla agiye kwandika amateka mu bihembo bitangirwa muri America

Related Posts

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

by radiotv10
04/11/2025
0

Umunyapolitiki Jean Marc Kabund, wahoze ari inkoramutima ya Perezida Félix Tshisekedi, waje gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, avuga...

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

by radiotv10
04/11/2025
0

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yabaye nk’uterana urwenya n’umuturage wari mu gikorwa yarimo, wamubwiye ko...

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuryango w’Abibumbye watabarije abatuye Isi bugarijwe n’ubukene ndetse ababarirwa muri miliyari enye, bakaba batabasha kugerwaho na serivisi zibakuru mu bukene...

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi Tyla agiye kwandika amateka mu bihembo bitangirwa muri America

Umuhanzikazi Tyla agiye kwandika amateka mu bihembo bitangirwa muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.