Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

radiotv10by radiotv10
22/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Augustin Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’Intebe wa DRC akatiwe imyaka 10 yo gukora imirimo y’agahato, hazamutse impaka, z’ababishyigikiye basaba ko n’abandi bategetsi bose baryozwa ibyo bakoze, mu gihe hari ababyamaganye.

Imiryango itari iya Leta ikorera muri iki Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni yo yiganje mu bazamuye izi mpaka zikomeje kuba ndende nyuma yuko Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga, kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Gicurasi 2025 rukatiye Matata Ponyo iki gihano.

Umuryango ASADHO (Association Africaine de Défense des Droits de l’Homme, wo uvuga ko mu butabera nk’ubu bwo kurwanya ruswa budakwiye gukora kuri bamwe, ahubwo ko ibyakorewe Matata Ponyo, bikwiye no gukorwa ku bandi bategetsi bose banyereje imari ya Leta.

Jean-Claude Katende, Perezida w’uyu Muryango uvuga ko hari abandi bantu benshi bari bakwiye gukurikiranwaho ibyaha nk’ibi byahamijwe Ponyo, yavuze ko “Ubutabera bugomba no kugera ku bandi bose.” Kandi ko hadakwiye kuzamo amarangamutima muri ubu butabera.

Ibi bitekerezo by’uyu Muryango ASADHO, unabihurijeho n’undi wa NSCC (Nouvelle Société Civile Congolaise), aho Jonas Tshiombela, Umuhuzabikorwa wawo, yavuze ko abategetsi bose bagize uruhare mu gutuma hatagerwa mu mishinga ya Leta kubera kunyereza imari ya Leta, bose bakwiye kubiryozwa, byumwihariko ku mushinga wa Tshilejelu.

Naho Olivier Kamitatu, Umuvugizi w’Umunyapolitiki Moise Katumbi utavuga rumwe n’ubutegesi bwa Congo, we yanditse kuri X ati “N’ubundi rugendeye ku byemezo byarwo bibogamye, Urukiko rushinzwe Kurinda Itegeko Nshinga rukomeje kugaragaza ko rwokamwe n’ubunyagitugu. Rwongeye gutera inkota Matata Ponyo nyuma yo kumucira urubanza rudakwiye muri 2021.”

Francine Muyumba, Umusenateri mu Nteko ya DRC akaba n’umwe mu bayobozi mu Ishyaka FCC rya Joseph Kabilra, yavuze ko yifatanyije n’uyu Munyapolitiki Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’Intebe, amusaba gukomera muri ibi bihe bigoye.

Naho Georges Kapiamba, Perezida w’Ishyirahamwe riharanira itangwa ry’Ubutabera ACAJ (Association Congolaise pour l’Accès à la Justice), yashimiye Urukiko rwafashe kiriya cyemezo, avuga ko kizabera akabarore abandi ba rusahurira mu nduru banyereza ibya Leta.

Ni mu gihe abanyamuryango b’Ishyaka rya LGD rya Matata Ponyo, bavuga ko batatunguwe na kiriya cyemezo cy’Urukiko rushinzwe Itegeko Nshinga kuko n’ubundi rubogama.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + eight =

Previous Post

Umwarimu w’umugabo ukekwaho gusambanya uwo yigisha yatumye hamenyekana inkuru y’urukundo rw’uw’umukobwa n’umumunyeshuri w’umuhungu banabyiyemerera

Next Post

Umuhanzikazi Tyla agiye kwandika amateka mu bihembo bitangirwa muri America

Related Posts

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
1

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yasabye umutwe wa Hamas ushyigikiwe na Iran kwemera icyo yise ubusabe...

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

IZIHERUKA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda
MU RWANDA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

06/07/2025
Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi Tyla agiye kwandika amateka mu bihembo bitangirwa muri America

Umuhanzikazi Tyla agiye kwandika amateka mu bihembo bitangirwa muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.