Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihugu gihana imbibi n’u Rwanda cyatangaje igihano gishobora kuzajya gihanisha abatinganyi

radiotv10by radiotv10
10/03/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Igihugu gihana imbibi n’u Rwanda cyatangaje igihano gishobora kuzajya gihanisha abatinganyi
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda yatangije umushinga w’Itegeko ryo guhana abaryamana bahuje ibitsina [Bazwi nk’Abatinganyi] uteganya n’igihano cy’igifungo gishobora kuzajya gihabwa abahamijwe iki cyaha.

Ni umushinga watangiye kuganirwaho n’Abashingamategeko b’Inteko ya Uganda kuri uyu wa Kane tariki 09 Werurwe 2023 dore ko muri iki Gihugu ubutinganyi busanzwe butemewe.

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Annet Anita Among, yavuze ko ibi byakozwe ari intambwe ya mbere igamije gutuma abakora ubutinganyi babihanirwa bikajya mu itegeko.

Yavuze ko hazabaho igikorwa cyo kumva ibitekerezo bya rubanda, aho abakora ubutinganyi na bo bashobora kuzatanga ibitekerezo byabo mbere yuko Inteko itora iri tegeko.

Yagize ati “Mureke tuzabanze twumve ibitekerezo by’abaturage barimo n’abaryamana bahuje ibitsina na bo muzareke baze.”

Ni itegeko ryaba rije mu gihe n’ubundi Guverinoma ya Uganda yari imaze iminsi ivuga ko idashobora kwihanganira ibikorwa by’ubutinganyi ndetse no kubyamamaza dore ko hari impungenge zo kuba bukomeje kwamamazwa ku mbuga nkoranyambaga.

Uyu mushinga w’itegeko ryo guhana abatinganyi, uteganya ko uzajya ahamwa n’iki cyaha, yazajya ahanishwa igifungo cy’imyaka 10 afungiye muri gereza.

Perezida w’inteko ya Uganda, Anita Among yavuze ko mu gutora uyu mushinga w’itegeko, Abadepite bazatora ku mugaragaro imbere ya rubanda n’imbere y’abaryamana bahuje ibitsina.

Abwira Abadepite bagenzi be, Anita Among yagize ati “Iki ni cyo gihe mugiye kugaragaza niba muri abatinganyi cyangwa mutari bo.”

Guverinoma ya Uganda isanzwe izwiho kwamaganira kure ibikorwa by’ubutinganyi, byumwihariko Perezida w’iki Gihugu, Yoweri Kaguta Museveni akaba yarakunze kumvikana kenshi abwamaganira kure, avuga ko adateze kwemera ko bumugerera mu Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + seven =

Previous Post

Bitunguranye Rayon yisubiyeho ku cyemezo yari yafashe kikababaza abafana bayo

Next Post

Ngo hari n’uwo yaciriyeho ikariso: Bagaragaje ibyo bakorerwa n’umuyobozi wabo bafata nk’agahomamunwa

Related Posts

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko
IMYIDAGADURO

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngo hari n’uwo yaciriyeho ikariso: Bagaragaje ibyo bakorerwa n’umuyobozi wabo bafata nk’agahomamunwa

Ngo hari n'uwo yaciriyeho ikariso: Bagaragaje ibyo bakorerwa n’umuyobozi wabo bafata nk’agahomamunwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.