Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihugu gihana imbibi n’u Rwanda cyatangaje igihano gishobora kuzajya gihanisha abatinganyi

radiotv10by radiotv10
10/03/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Igihugu gihana imbibi n’u Rwanda cyatangaje igihano gishobora kuzajya gihanisha abatinganyi
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda yatangije umushinga w’Itegeko ryo guhana abaryamana bahuje ibitsina [Bazwi nk’Abatinganyi] uteganya n’igihano cy’igifungo gishobora kuzajya gihabwa abahamijwe iki cyaha.

Ni umushinga watangiye kuganirwaho n’Abashingamategeko b’Inteko ya Uganda kuri uyu wa Kane tariki 09 Werurwe 2023 dore ko muri iki Gihugu ubutinganyi busanzwe butemewe.

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Annet Anita Among, yavuze ko ibi byakozwe ari intambwe ya mbere igamije gutuma abakora ubutinganyi babihanirwa bikajya mu itegeko.

Yavuze ko hazabaho igikorwa cyo kumva ibitekerezo bya rubanda, aho abakora ubutinganyi na bo bashobora kuzatanga ibitekerezo byabo mbere yuko Inteko itora iri tegeko.

Yagize ati “Mureke tuzabanze twumve ibitekerezo by’abaturage barimo n’abaryamana bahuje ibitsina na bo muzareke baze.”

Ni itegeko ryaba rije mu gihe n’ubundi Guverinoma ya Uganda yari imaze iminsi ivuga ko idashobora kwihanganira ibikorwa by’ubutinganyi ndetse no kubyamamaza dore ko hari impungenge zo kuba bukomeje kwamamazwa ku mbuga nkoranyambaga.

Uyu mushinga w’itegeko ryo guhana abatinganyi, uteganya ko uzajya ahamwa n’iki cyaha, yazajya ahanishwa igifungo cy’imyaka 10 afungiye muri gereza.

Perezida w’inteko ya Uganda, Anita Among yavuze ko mu gutora uyu mushinga w’itegeko, Abadepite bazatora ku mugaragaro imbere ya rubanda n’imbere y’abaryamana bahuje ibitsina.

Abwira Abadepite bagenzi be, Anita Among yagize ati “Iki ni cyo gihe mugiye kugaragaza niba muri abatinganyi cyangwa mutari bo.”

Guverinoma ya Uganda isanzwe izwiho kwamaganira kure ibikorwa by’ubutinganyi, byumwihariko Perezida w’iki Gihugu, Yoweri Kaguta Museveni akaba yarakunze kumvikana kenshi abwamaganira kure, avuga ko adateze kwemera ko bumugerera mu Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Bitunguranye Rayon yisubiyeho ku cyemezo yari yafashe kikababaza abafana bayo

Next Post

Ngo hari n’uwo yaciriyeho ikariso: Bagaragaje ibyo bakorerwa n’umuyobozi wabo bafata nk’agahomamunwa

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngo hari n’uwo yaciriyeho ikariso: Bagaragaje ibyo bakorerwa n’umuyobozi wabo bafata nk’agahomamunwa

Ngo hari n'uwo yaciriyeho ikariso: Bagaragaje ibyo bakorerwa n’umuyobozi wabo bafata nk’agahomamunwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.