Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igikomangoma cy’u Bwongereza cyanze kuba Ibwami yakoze ibyatunguye benshi

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in AMAHANGA
0
Igikomangoma cy’u Bwongereza cyanze kuba Ibwami yakoze ibyatunguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Prince Harry, umuhungu w’Umwami Charles III w’u Bwongereza, yatunguranye, agaruka Ibwami mu birori bidasanzwe, bishimisha Se wari umaze igihe amutumizaho ngo aze baganire, ariko akamubera ibamba.

Prince Harry usanzwe ari bucura w’Umwami Charles III, yagiye Ibwami yitabiriye umuhango wo kwimika Se ku mwanya wagereranywa nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’Ibwami, ku izina rya Colonel-in-Chief.

Iki Gikomangoma Harry utakiba Ibwami, yahagarutse nyuma yo kwanga kwitaba Se wamutumijeho ubugiragatatu ngo aze baganire mbere yuko yimikwa nk’Umwami ku mugarararo, ariko akinangira.

Kuba yagarutse Ibwami byatunguye benshi, kuko kuva muri Nzeri umwaka ushize wa 2022 ubwo yari yaje mu muhango wo gutabariza Nyirakuru, Queen Elizabeth II, yari ataragaruka Ibwami.

Harry muri uyu muhango yitabiriye ku wa Mbere w’iki cyumweru, yari kumwe n’abandi banyacyubahiro ibwami, ariko umubano we n’ibwami wakomeje guteza urujijo.

Uru rujijo rushingiye ku kuba Prince Harry, nta mwana we n’umwe muri babiri be na Meghan, yaba yarazanye ngo aze kuramutsa Sekuru na Nyirakuru.

Amakuru avuga kandi ko Harry nta gahunda afite yo kugaruka Ibwami nkuko bamwe bakekaga ko ashobora kuzisubiraho ku cyemezo yafashe cyo kuhava.

Prince Harry kandi aherutse gutangaza ko kugaruka mu muryango we mu Bwongereza bishobora kumushyira mu kangaratete, bikaba byanatumye hatekerezwa ko atazanitabira umuhango ukomeye w’Umwami uzaba tariki 06 Gicurasi 2023.

Kate Gustave NKURUNZIZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Amakuru mashya ku bya SACCO yibwe 25.000.000Frw mu buryo bw’urujijo

Next Post

Hatangajwe igifungo kisumbuyeho cyakatiwe Idamange wahamijwe ibyaha birimo ibyo yakoreye kuri YouTube

Related Posts

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

by radiotv10
24/11/2025
0

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwemeje ifungwa ry’abasirikare bo ku rwego rwo hejuru barimo abo mu...

IZIHERUKA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu
MU RWANDA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

24/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe igifungo kisumbuyeho cyakatiwe Idamange wahamijwe ibyaha birimo ibyo yakoreye kuri YouTube

Hatangajwe igifungo kisumbuyeho cyakatiwe Idamange wahamijwe ibyaha birimo ibyo yakoreye kuri YouTube

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.