Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igikorwa yatangiye bamwita ‘umusazi’ ubu barakimuvugiraho ubutwari bakanamusabira ikintu gikomeye

radiotv10by radiotv10
06/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igikorwa yatangiye bamwita ‘umusazi’ ubu barakimuvugiraho ubutwari bakanamusabira ikintu gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Musange mu Karere ka Nyamagabe wahanze umuhanda w’ibilometero bibiri bamuseka, bamwe ntibatinye no kumwita ‘umusazi’, nyuma yuko awurangije bagatangira kuwukoresha, ubu baramuvuga imyato, bakanamusabira guhabwa ishimwe.

Uyu muturage witwa Maniriho Ferdinand wo mu Kagari ka Nyagisozi mu Murenge wa Musange, yabwiye RADIOTV10 ko yiyemeje gukora uyu muhanda nyuma yo kubona ko hari abana bo muri aka gace bagorwa no kugera ku ishuri.

Ikindi ngo cyamuteye gukora iki gikorwa, ni mu rwego rwo gushimira Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ku bw’ibyiza akomeje kugeza ku Banyarwanda.

Yagize ati “Naravuze nti nko gushimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ku bw’ibyiza yatugejejeho, ndavuga nti ‘ko nta nka mfite ngo izagende imugereho yo kumushimira, uwakoresha ingufu zanjye nkakora igikorwa gifitiye akamaro abaturage nanjye muri rusange, sinaba mushimiye?’.”

Uyu muturage avuga ko yahuye n’ibicantege ubwo yakoraga uyu muhanda, kuko hari abaturage bamutwamaga ndetse n’abayobozi bamwe bakamuca intege.

Ati “Hari n’ubwo nigeze kubwira umuyobozi w’Akagari nti ‘ko mureba igikorwa nkora, mwampaye nk’umuganda w’umunsi umwe ko wamfasha?’ arambwira ngo ntawigeze ampamo akazi ngo nzikorera ku giti cyanjye.”

Abaturage bo muri aka gace bakoresha uyu muhanda wahanzwe na Maniriho, bavuga ko bamushimira kuko hari byinshi byahindutse nyuma yuko awukoze.

Umazekabiri Francois yagize ati “Hari ibihuru n’ibitovu, n’abanyeshuri bajya kwiga i Nyagisozi bakagenda bahagwa, none ubu yabivanyeho.”

Nsengimana Cyril na we yagize ati “N’uwo muhanda ubu nywunyuramo mpumirije kuko nta mukuku urimo, ntakintega.”

Aba baturage bavuga ko uyu muturage yari akwiye guhabwa ishimwe nk’umuntu wabakoreye igikorwa cy’indashyikirwa.

Nsengimana Cyril akomeza agira ati “Iyaba yabonaga nk’ingororano, akabona nibura agashimwe.”

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi avuga ko ibikorwa by’uyu muturage bikwiye kubera urugero abandi, icyakora ku bijyanye n’ishimwe asabirwa n’abaturage bagenzi be, kuri we ngo ntabyumva.

Ati “Ni igitekerezo cyiza twifuza ko n’abandi bakora, ariko nta gihombo kindi kidasanzwe.”

Guverineri Kayitesi anenga abaturage basetse uyu mugenzi wabo wakoraga igikorwa cyiza, akavuga ko ahubwo bari bakwiye kumufasha ndetse na bo bakagenza nka we.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − five =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu insanganyamatsiko yo Kwibuka Jenoside igiye guhinduka

Next Post

Hagaragajwe ko ibibazo by’imibereho byongera ihungabana ku barokotse Jenoside

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe ko ibibazo by’imibereho byongera ihungabana ku barokotse Jenoside

Hagaragajwe ko ibibazo by’imibereho byongera ihungabana ku barokotse Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.