Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igikorwa yatangiye bamwita ‘umusazi’ ubu barakimuvugiraho ubutwari bakanamusabira ikintu gikomeye

radiotv10by radiotv10
06/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igikorwa yatangiye bamwita ‘umusazi’ ubu barakimuvugiraho ubutwari bakanamusabira ikintu gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Musange mu Karere ka Nyamagabe wahanze umuhanda w’ibilometero bibiri bamuseka, bamwe ntibatinye no kumwita ‘umusazi’, nyuma yuko awurangije bagatangira kuwukoresha, ubu baramuvuga imyato, bakanamusabira guhabwa ishimwe.

Uyu muturage witwa Maniriho Ferdinand wo mu Kagari ka Nyagisozi mu Murenge wa Musange, yabwiye RADIOTV10 ko yiyemeje gukora uyu muhanda nyuma yo kubona ko hari abana bo muri aka gace bagorwa no kugera ku ishuri.

Ikindi ngo cyamuteye gukora iki gikorwa, ni mu rwego rwo gushimira Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ku bw’ibyiza akomeje kugeza ku Banyarwanda.

Yagize ati “Naravuze nti nko gushimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ku bw’ibyiza yatugejejeho, ndavuga nti ‘ko nta nka mfite ngo izagende imugereho yo kumushimira, uwakoresha ingufu zanjye nkakora igikorwa gifitiye akamaro abaturage nanjye muri rusange, sinaba mushimiye?’.”

Uyu muturage avuga ko yahuye n’ibicantege ubwo yakoraga uyu muhanda, kuko hari abaturage bamutwamaga ndetse n’abayobozi bamwe bakamuca intege.

Ati “Hari n’ubwo nigeze kubwira umuyobozi w’Akagari nti ‘ko mureba igikorwa nkora, mwampaye nk’umuganda w’umunsi umwe ko wamfasha?’ arambwira ngo ntawigeze ampamo akazi ngo nzikorera ku giti cyanjye.”

Abaturage bo muri aka gace bakoresha uyu muhanda wahanzwe na Maniriho, bavuga ko bamushimira kuko hari byinshi byahindutse nyuma yuko awukoze.

Umazekabiri Francois yagize ati “Hari ibihuru n’ibitovu, n’abanyeshuri bajya kwiga i Nyagisozi bakagenda bahagwa, none ubu yabivanyeho.”

Nsengimana Cyril na we yagize ati “N’uwo muhanda ubu nywunyuramo mpumirije kuko nta mukuku urimo, ntakintega.”

Aba baturage bavuga ko uyu muturage yari akwiye guhabwa ishimwe nk’umuntu wabakoreye igikorwa cy’indashyikirwa.

Nsengimana Cyril akomeza agira ati “Iyaba yabonaga nk’ingororano, akabona nibura agashimwe.”

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi avuga ko ibikorwa by’uyu muturage bikwiye kubera urugero abandi, icyakora ku bijyanye n’ishimwe asabirwa n’abaturage bagenzi be, kuri we ngo ntabyumva.

Ati “Ni igitekerezo cyiza twifuza ko n’abandi bakora, ariko nta gihombo kindi kidasanzwe.”

Guverineri Kayitesi anenga abaturage basetse uyu mugenzi wabo wakoraga igikorwa cyiza, akavuga ko ahubwo bari bakwiye kumufasha ndetse na bo bakagenza nka we.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + twelve =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu insanganyamatsiko yo Kwibuka Jenoside igiye guhinduka

Next Post

Hagaragajwe ko ibibazo by’imibereho byongera ihungabana ku barokotse Jenoside

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe ko ibibazo by’imibereho byongera ihungabana ku barokotse Jenoside

Hagaragajwe ko ibibazo by’imibereho byongera ihungabana ku barokotse Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.