Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igikorwa yatangiye bamwita ‘umusazi’ ubu barakimuvugiraho ubutwari bakanamusabira ikintu gikomeye

radiotv10by radiotv10
06/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igikorwa yatangiye bamwita ‘umusazi’ ubu barakimuvugiraho ubutwari bakanamusabira ikintu gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Musange mu Karere ka Nyamagabe wahanze umuhanda w’ibilometero bibiri bamuseka, bamwe ntibatinye no kumwita ‘umusazi’, nyuma yuko awurangije bagatangira kuwukoresha, ubu baramuvuga imyato, bakanamusabira guhabwa ishimwe.

Uyu muturage witwa Maniriho Ferdinand wo mu Kagari ka Nyagisozi mu Murenge wa Musange, yabwiye RADIOTV10 ko yiyemeje gukora uyu muhanda nyuma yo kubona ko hari abana bo muri aka gace bagorwa no kugera ku ishuri.

Ikindi ngo cyamuteye gukora iki gikorwa, ni mu rwego rwo gushimira Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ku bw’ibyiza akomeje kugeza ku Banyarwanda.

Yagize ati “Naravuze nti nko gushimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ku bw’ibyiza yatugejejeho, ndavuga nti ‘ko nta nka mfite ngo izagende imugereho yo kumushimira, uwakoresha ingufu zanjye nkakora igikorwa gifitiye akamaro abaturage nanjye muri rusange, sinaba mushimiye?’.”

Uyu muturage avuga ko yahuye n’ibicantege ubwo yakoraga uyu muhanda, kuko hari abaturage bamutwamaga ndetse n’abayobozi bamwe bakamuca intege.

Ati “Hari n’ubwo nigeze kubwira umuyobozi w’Akagari nti ‘ko mureba igikorwa nkora, mwampaye nk’umuganda w’umunsi umwe ko wamfasha?’ arambwira ngo ntawigeze ampamo akazi ngo nzikorera ku giti cyanjye.”

Abaturage bo muri aka gace bakoresha uyu muhanda wahanzwe na Maniriho, bavuga ko bamushimira kuko hari byinshi byahindutse nyuma yuko awukoze.

Umazekabiri Francois yagize ati “Hari ibihuru n’ibitovu, n’abanyeshuri bajya kwiga i Nyagisozi bakagenda bahagwa, none ubu yabivanyeho.”

Nsengimana Cyril na we yagize ati “N’uwo muhanda ubu nywunyuramo mpumirije kuko nta mukuku urimo, ntakintega.”

Aba baturage bavuga ko uyu muturage yari akwiye guhabwa ishimwe nk’umuntu wabakoreye igikorwa cy’indashyikirwa.

Nsengimana Cyril akomeza agira ati “Iyaba yabonaga nk’ingororano, akabona nibura agashimwe.”

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi avuga ko ibikorwa by’uyu muturage bikwiye kubera urugero abandi, icyakora ku bijyanye n’ishimwe asabirwa n’abaturage bagenzi be, kuri we ngo ntabyumva.

Ati “Ni igitekerezo cyiza twifuza ko n’abandi bakora, ariko nta gihombo kindi kidasanzwe.”

Guverineri Kayitesi anenga abaturage basetse uyu mugenzi wabo wakoraga igikorwa cyiza, akavuga ko ahubwo bari bakwiye kumufasha ndetse na bo bakagenza nka we.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu insanganyamatsiko yo Kwibuka Jenoside igiye guhinduka

Next Post

Hagaragajwe ko ibibazo by’imibereho byongera ihungabana ku barokotse Jenoside

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe ko ibibazo by’imibereho byongera ihungabana ku barokotse Jenoside

Hagaragajwe ko ibibazo by’imibereho byongera ihungabana ku barokotse Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.