Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

radiotv10by radiotv10
24/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwemeje ifungwa ry’abasirikare bo ku rwego rwo hejuru barimo abo mu cyiciro cy’Abajenerali, barimo Lt Gen Pacifique Masunzu, ariko bwirinda kuvuga icyo afungiye.

Ifungwa rya Lt Gen Pacifique Masunzu ryavuzwe mu ntangiro z’uku kwezi k’Ugushyingo, aho byavugwaga ko yafatiwe i Kisangani mu Ntara ya Tshopo agahita yoherezwa i Kinshasa gufungirwayo.

Gen Pacifique Masunzu wayoboraga ibikorwa bya gisirikare mu karere ka Gatatu kagizwe n’Intara za Kivu zombi na Ituri, zisanzwe zirimo imirwano ikomeye, byavugwaga ko yafunzwe kubera guha FARDC amakuru anyuranye n’ukuri yakusanyijwe n’ubutasi, ndetse anashinjwa kugira uruhare mu ifatwa ry’umujyi wa Nzibira muri Teritwari ya Walungu muri Kivu y’Epfo, uherutse gufatwa n’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23.

Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, yemeje ko hari abasirikare bakuru bafunzwe, gusa ntiyabitangaho ibisobanuro birambuye.

Uku kwemezwa ifungwa ry’aba basirikare bakuru, byaje nyuma yuko hari bamwe mu banyamakuru ndetse n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, batangiye gutera hejuru ko aba Bajenerali baba baranishwe.

Maj Gen Sylvain Ekenge yemeremereye ikinyamakuru cyitwa BBC ko mu bafunzwe harimo Lt Gen Pacifique Masunzu, gusa yirinda kuvuga icyo afungiye, ngo kuko akiri gukorwaho iperereza, kandi adashaka kuribangamira.

Umuvugizi wa FARDC, yagize ati “Ndabyemeza General Masunzu ari mu bafunzwe, ariko ku mpamvu z’iperereza no kugira ngo ntamena ibanga, itegeko ritubuza kwinjira mu birambuye. Ni yo mpamvu tutavuze amazina y’abaregwa muri iyi dosiye.”

Yanemeje kandi ko na Maj Nyembo Abdallah ma we afunzwe, kimwe n’abandi bo ku rwego rw’Abajenerali, bafungiye “ibyaha bikomeye bijyanye n’umutekano w’Igihugu.”

Hamwe n’abandi basirikare atavuze amazina ariko bafunzwe, Umuvugizi wa FARDC, yagize ati “Ibi ni byo abaturage bifuza kumenya muri aka kanya. Ni byo, abasirikare benshi bo ku rwego rwo hejuru no ku rwego rw’Abajenerali barafunze, turabyemeje, kandi bakurikiranyweho ibikorwa bibi bikomeye cyane bifitanye isano n’umutekano w’Igihugu.”

Muri iki kiganiro n’itangazamakuru, Maj Gen Ekenge yari yabanje kumenyesha abanyamakuru ko batemerewe kubaza ibibazo ku byo yari agiye gutangaza, ku bw’impamvu z’iperereza riri gukorwa kuri abo basirikare bakuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + fifteen =

Previous Post

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Next Post

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b'abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry'Abihayimana muri Nigeria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.