Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kimaze iminsi gishoje intambara mu mirwano ikomeje kubera mu bice birimo Kamanyola muri Kivu y’Epfo, cyavuze ko ibintu bibi kurushaho kuba biri, gishinja Ihuriro rya AFC/M23, ko riri kurasa ibisasu mu bice bituwe n’abaturage, mu gihe ari cyo kivugwaho ibi bikorwa.
Ni nyuma yuko imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 n’abarwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, barimo igisirikare cyayo FARDC, Ingabo z’u Burundi, FDLR, n’abacancuro, ikajije umurego, ahamaze iminsi haraswa ibisasu bituruka ku butaka bw’u Burundi.
Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa DRC, ryari rimaze iminsi rigaragaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge kemejwe, rinavuga ko ibitero byo mu kirere no ku butaka bituruka i Burundi, bikomeje guhitana inzirakarengane nyinshi z’Abanyekongo.
Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Igisirikare cya DRC (FARDC) kuri iki Cyumweru, rivuga ko “kuva kuri uyu wa Kane tariki 04 Ukuboza 2025, umunsi wasinyiweho amasezerano y’Amahoro i Washington imbere ya Perezida wa America n’abahamya mpuzamahanga” ngo ingabo z’u Rwanda na AFC/M23 bakajije ibitero.
Iki gisirikare cya Congo cyakunze kuvuga ibinyoma ku Ngabo z’u Rwanda, cyakomeje muri iri tangazo ryacyo kivuga ko ngo ibyo bitero byaturutse mu Bugarama mu Rwanda, ngo byageze mu bice bituwemo n’abaturage by’umuhora wa Kamanyola-Uvira mu Kibaya cya Ruzizi.
Muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge rikomeza rigira riti “Ibintu bikomeje kurushaho kuba bibi cyane kandi ibyaha birarushaho kuba bibi. Abaturage benshi b’Abanyekongo bahasize ubuzima, abandi barakomereka.”
Umuvugizi wa FARDC yakomeje avuga kandi ko hari byinshi byangiritse, birimo amashuri, amavuriro, ndetse n’inzu z’abaturage b’abasivile.
Yavuze kandi ko igisirikare cya Congo kigomba gukora ibishoboka byose kikarinda abaturage, kandi ko cyiteguye gutanga ikiguzi cyose byasaba mu bwitange buhebuje bw’abasirikare.
FARDC itangaje ibi, mu gihe Ihuriro AFC/M23 ryari rimaze iminsi rigaragaza amarorerwa iki gisirikare cya Leta gikora muri biriya bice gifatanyije n’ingabo z’u Burundi, aho barasa buhumyi mu bice bituwemo n’abaturage, bamwe bakahasiga ubuzima, abandi benshi bagakomereka, bagatabarwa n’abarwanyi b’iri Huriro.
Ibi bitero bya FARDC ifatanyije n’abamaze igihe bayifasha, bituruka mu Gihugu cy’u Burundi, byanatumye abaturage b’Abanyekongo benshi bava mu byabo, bamwe bahungira mu Rwanda, aho mu cyumweru gishize, hakiriwe benshi binjiriye ku mupaka wa Bugarama-Kamanyola.
Bamwe mu baturage bahunze iyi mirwano, bahamije ko ibisasu biri kuraswa muri biriya bice byabo, bituruka mu Gihugu cy’u Burundi, kandi ko ari byo byahitanye inzirakarengane, bikanangiza ibikorwa byabo.
RADIOTV10









