Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

radiotv10by radiotv10
08/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kimaze iminsi gishoje intambara mu mirwano ikomeje kubera mu bice birimo Kamanyola muri Kivu y’Epfo, cyavuze ko ibintu bibi kurushaho kuba biri, gishinja Ihuriro rya AFC/M23, ko riri kurasa ibisasu mu bice bituwe n’abaturage, mu gihe ari cyo kivugwaho ibi bikorwa.

Ni nyuma yuko imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 n’abarwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, barimo igisirikare cyayo FARDC, Ingabo z’u Burundi, FDLR, n’abacancuro, ikajije umurego, ahamaze iminsi haraswa ibisasu bituruka ku butaka bw’u Burundi.

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa DRC, ryari rimaze iminsi rigaragaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge kemejwe, rinavuga ko ibitero byo mu kirere no ku butaka bituruka i Burundi, bikomeje guhitana inzirakarengane nyinshi z’Abanyekongo.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Igisirikare cya DRC (FARDC) kuri iki Cyumweru, rivuga ko “kuva kuri uyu wa Kane tariki 04 Ukuboza 2025, umunsi wasinyiweho amasezerano y’Amahoro i Washington imbere ya Perezida wa America n’abahamya mpuzamahanga” ngo ingabo z’u Rwanda na AFC/M23 bakajije ibitero.

Iki gisirikare cya Congo cyakunze kuvuga ibinyoma ku Ngabo z’u Rwanda, cyakomeje muri iri tangazo ryacyo kivuga ko ngo ibyo bitero byaturutse mu Bugarama mu Rwanda, ngo byageze mu bice bituwemo n’abaturage by’umuhora wa Kamanyola-Uvira mu Kibaya cya Ruzizi.

Muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge rikomeza rigira riti “Ibintu bikomeje kurushaho kuba bibi cyane kandi ibyaha birarushaho kuba bibi. Abaturage benshi b’Abanyekongo bahasize ubuzima, abandi barakomereka.”

Umuvugizi wa FARDC yakomeje avuga kandi ko hari byinshi byangiritse, birimo amashuri, amavuriro, ndetse n’inzu z’abaturage b’abasivile.

Yavuze kandi ko igisirikare cya Congo kigomba gukora ibishoboka byose kikarinda abaturage, kandi ko cyiteguye gutanga ikiguzi cyose byasaba mu bwitange buhebuje bw’abasirikare.

FARDC itangaje ibi, mu gihe Ihuriro AFC/M23 ryari rimaze iminsi rigaragaza amarorerwa iki gisirikare cya Leta gikora muri biriya bice gifatanyije n’ingabo z’u Burundi, aho barasa buhumyi mu bice bituwemo n’abaturage, bamwe bakahasiga ubuzima, abandi benshi bagakomereka, bagatabarwa n’abarwanyi b’iri Huriro.

Ibi bitero bya FARDC ifatanyije n’abamaze igihe bayifasha, bituruka mu Gihugu cy’u Burundi, byanatumye abaturage b’Abanyekongo benshi bava mu byabo, bamwe bahungira mu Rwanda, aho mu cyumweru gishize, hakiriwe benshi binjiriye ku mupaka wa Bugarama-Kamanyola.

Bamwe mu baturage bahunze iyi mirwano, bahamije ko ibisasu biri kuraswa muri biriya bice byabo, bituruka mu Gihugu cy’u Burundi, kandi ko ari byo byahitanye inzirakarengane, bikanangiza ibikorwa byabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 5 =

Previous Post

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Related Posts

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

by radiotv10
08/12/2025
0

Benin’s President Patrice Talon has announced that after a group of soldiers claimed to have overthrown his government, the situation...

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Perezida wa Benin, Patrice Talon yatangaje ko nyuma yuko itsinda ry’abasirikare ritangaje ko ryahiritse ubutegetsi bwe, ibintu byasubiye ku murongo,...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

by radiotv10
06/12/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko...

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma
AMAHANGA

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

by radiotv10
08/12/2025
0

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

08/12/2025
Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

08/12/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.