Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

radiotv10by radiotv10
08/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kimaze iminsi gishoje intambara mu mirwano ikomeje kubera mu bice birimo Kamanyola muri Kivu y’Epfo, cyavuze ko ibintu bibi kurushaho kuba biri, gishinja Ihuriro rya AFC/M23, ko riri kurasa ibisasu mu bice bituwe n’abaturage, mu gihe ari cyo kivugwaho ibi bikorwa.

Ni nyuma yuko imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 n’abarwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, barimo igisirikare cyayo FARDC, Ingabo z’u Burundi, FDLR, n’abacancuro, ikajije umurego, ahamaze iminsi haraswa ibisasu bituruka ku butaka bw’u Burundi.

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa DRC, ryari rimaze iminsi rigaragaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge kemejwe, rinavuga ko ibitero byo mu kirere no ku butaka bituruka i Burundi, bikomeje guhitana inzirakarengane nyinshi z’Abanyekongo.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Igisirikare cya DRC (FARDC) kuri iki Cyumweru, rivuga ko “kuva kuri uyu wa Kane tariki 04 Ukuboza 2025, umunsi wasinyiweho amasezerano y’Amahoro i Washington imbere ya Perezida wa America n’abahamya mpuzamahanga” ngo ingabo z’u Rwanda na AFC/M23 bakajije ibitero.

Iki gisirikare cya Congo cyakunze kuvuga ibinyoma ku Ngabo z’u Rwanda, cyakomeje muri iri tangazo ryacyo kivuga ko ngo ibyo bitero byaturutse mu Bugarama mu Rwanda, ngo byageze mu bice bituwemo n’abaturage by’umuhora wa Kamanyola-Uvira mu Kibaya cya Ruzizi.

Muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge rikomeza rigira riti “Ibintu bikomeje kurushaho kuba bibi cyane kandi ibyaha birarushaho kuba bibi. Abaturage benshi b’Abanyekongo bahasize ubuzima, abandi barakomereka.”

Umuvugizi wa FARDC yakomeje avuga kandi ko hari byinshi byangiritse, birimo amashuri, amavuriro, ndetse n’inzu z’abaturage b’abasivile.

Yavuze kandi ko igisirikare cya Congo kigomba gukora ibishoboka byose kikarinda abaturage, kandi ko cyiteguye gutanga ikiguzi cyose byasaba mu bwitange buhebuje bw’abasirikare.

FARDC itangaje ibi, mu gihe Ihuriro AFC/M23 ryari rimaze iminsi rigaragaza amarorerwa iki gisirikare cya Leta gikora muri biriya bice gifatanyije n’ingabo z’u Burundi, aho barasa buhumyi mu bice bituwemo n’abaturage, bamwe bakahasiga ubuzima, abandi benshi bagakomereka, bagatabarwa n’abarwanyi b’iri Huriro.

Ibi bitero bya FARDC ifatanyije n’abamaze igihe bayifasha, bituruka mu Gihugu cy’u Burundi, byanatumye abaturage b’Abanyekongo benshi bava mu byabo, bamwe bahungira mu Rwanda, aho mu cyumweru gishize, hakiriwe benshi binjiriye ku mupaka wa Bugarama-Kamanyola.

Bamwe mu baturage bahunze iyi mirwano, bahamije ko ibisasu biri kuraswa muri biriya bice byabo, bituruka mu Gihugu cy’u Burundi, kandi ko ari byo byahitanye inzirakarengane, bikanangiza ibikorwa byabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Next Post

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’
SIPORO

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.