Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cya Congo gikomeje kwinjirwamo n’urubyiruko ku bwinshi

radiotv10by radiotv10
25/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igisirikare cya Congo gikomeje kwinjirwamo n’urubyiruko ku bwinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu minsi micye, urubyiruko rurenga 700 rwo mu gace ka Grand Bandundu mu Ntara ya Kwilu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwinjiye mu gisirikare, rushimirwa kuba rwaracengewe n’ubutumwa bwa Perezida Felix Tshisekedi warusabye kujya mu ngabo ngo rurwanirire Igihugu cyarwo.

Umuyobozi wa Rejiyo ya 11, Maj Gen Jonas Padiri yayoboye igikorwa cyabereye ahitwa Kikwit cyo kwakira urubyiruko rugiye kwinjira mu gisirikare cya Congo.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo muri aka gace, Capitaine Anthony Mwalushayi yavuze ko uru rubyiruko ruzahita rwoherezwa mu kigo cy’imyitozo cya gisirikare kugira ngo batangire guhabwa imyitozo.

Yatangaje ko bishimiye kuba Urubyiruko rwo muri Grand Bandundu rukomeje kugaragaza ko rwumvise neza impanuro za Felix Tshisekedi, wasabye urubyiruko kwitabira kwinjira mu gisirikare kugira ngo rujye kurwanira Igihugu cyababyaye.

Yagize ati “Dufite urubyiruko rurenga 700 bumvise neza izo mpanuro. Biteguye koherezwa mu kigo cy’imyitozo kugira ngo batangire batozwe, ubundi bazajye kurwanira Igihugu cyabo.”

Général Jonas Padiri uyobora ingabo muri aka gace, yakomeje avuga ko iyi Rejiyo ya 11 izakomeza kwinjiza urubyiruko mu gisirikare.

Muri Gashyantare (02) umwaka ushize wa 2023, urundi rubyiruko 523 bo mu Mujyi wa Bundundu muri Kwilu rwoherejwe mu kigo cya Gisirikare cya Kitona muri Kongo-Central kugira ngo bahabwe imyitozo ya gisirikare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Uko byagendekeye umusore wagiye mu kabari kwiba ariko irari ry’agasembuye rikamutanga imbere

Next Post

Andi makuru ku birori byo ‘KwitaIzina’ bizana mu Rwanda ab’amazina azwi ku Isi

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye amakuru mashya ku birori binogeye ijisho bimanura mu Rwanda ibyamamare bikomeye ku Isi

Andi makuru ku birori byo ‘KwitaIzina’ bizana mu Rwanda ab’amazina azwi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.