Friday, July 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

radiotv10by radiotv10
13/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Israel cyemeje ko cyivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Iran ndetse n’abandi basirikare babiri bari mu buyobozi Bukuru bw’Ingabo muri iki Gihugu, bose bari bafite ipeti rya Major General.

Ni nyuma y’igitero kiremereye cyiswe ‘Operation Rising Lion’ cyatangiye mu rukerera rwa none ku wa Gatanu, aho igisirikare cya Israel cyarashe mu bice binyuranye byo mu murwa Miukuru wa Iran.

Mu butumwa igisirikare cya Israel cyanyujije kuri X, cyavuze ko “Ubu turahamya ko Umugaba Mukuru w’Ingabo za Iran, Umugaba mukuru wa IRGC (Islamic Revolutionary Guard Corps) n’Umugaba Mukuru w’Ibikorwa bya gisirikare by’ubutabazi, bose bakuweho mu bitero bya Israeli byakozwe muri Iran n’Indege z’intambara zirenga 200.”

Aba basirikare batatu bo hejuru bivuganywe na Israel, ni Umugaba Mukuru w’Ingabo wa Iran, Major General Mohammad Bagheri, hari kandi Major Gen. Hossein Salami wari Umugaba Mukuru wa IRGC (Islamic Revolutionary Guard Corps) ndetse na Major general Gholam Ali Rashid wari Umugaba Mukuru w’Ibikorwa by’Ubutabazi.

Igisirikare cya Israel cyakomeje kivuga ko aba basirikare bo hejuru mu gisirikare cya Iran kivuganye, bari bafite intoki zanduye amaraso y’inzikarengane. Kiti “Isi izaba nziza kurushaho batariho.”

Ibi bitero bya Israel kuri Iran byagabwe kuva mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, birimo n’ibyarashe ku bigo bikora ingufu za kirimbuzi muri iki Gihugu, aho Israel ivuga ko igomba kubisenya kuko biyiteye impungenge.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu na we wavuze ko Igihugu cye gikomeje gukora akazi gakomeye muri ibi bitero, yavuze ko “byaranduye urutirigongo umugambi wo kwigwizaho imbaraga za kirimbuzi” za Iran.

Benjamin Netanyahu avuga ko Igihugu cya Iran n’uyu mugambi wacyo, bihangayikishije bikomeye Israel, kandi ko idashobora kubyihanganira.

Ni mu Gihe Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei we yavuze ko ibi bitero bya Isral yakoze ku Gihugu cye, “yikururiye akaga gakomeye” kandi ko izabona ishyano rizayibaho.

Major General Mohammad Bagheri wari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Iran
Major Gen. Hossein Salami wari Umugaba Mukuru wa IRGC
Major general Gholam Ali Rashid wari Umugaba Mukuru w’Ibikorwa by’Ubutabazi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Next Post

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Related Posts

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yasabye umutwe wa Hamas ushyigikiwe na Iran kwemera icyo yise ubusabe...

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

IZIHERUKA

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego
AMAHANGA

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

04/07/2025
Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

04/07/2025
Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

03/07/2025
Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

03/07/2025
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

03/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.