Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisirikare cya Uganda cyavuze ko kitazi iby’isezera rya Muhoozi kuko atabigisabye

radiotv10by radiotv10
10/03/2022
in MU RWANDA
0
Igisirikare cya Uganda cyavuze ko kitazi iby’isezera rya Muhoozi kuko atabigisabye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko kuri Twitter ya Lt Gen Muhoozi, hatambutse ubutumwa buvuga ko asezeye mu gisirikare, hakomeje kuvugwa byinshi mu gihe Igisirikare cya Uganda kivuga ko kitigeze kibona ibaruha y’uyu muhungu wa Museveni akimenyesha iri sezera.

Ku wa Kabiri tariki 08 Werurwe 2022, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, yatambukije ubutumwa kuri Twitter ye, avuga ko asezeye mu Gisirikare nyuma y’imyaka 28 akirimo.

Ibi byatumye ibinyamakuru byaba ibyo muri Uganda no mu Bihugu by’ibituranyi ndetse n’ibitangazamakuru mpuzamahanga byandika ko umuhungu wa Museveni yasezeye mu Gisirikare.

Andi makuru yavugaga ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni acyumca iby’ubu butumwa yahise ahamagara umuhungu we akamusaba kwisubiraho akaguma mu Gisirikare.

Nanone kandi Umunyamakuru Andrew Mwenda ufite izina rikomeye muri Uganda no mu karere, yasohoye ubutumwa bw’amashusho ari kumwe na Gen. Muhoozi buvugirwamo igihe uyu musirikare mukuru azavira mu Gisirikare.

Andrew Mwenda yatangaje ko buriya butumwa bw’isezera, bwatambutse kubera amakosa y’abakoresha Twitter ya Gen. Muhoozi.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brig Gen Felix Kulaigye ubuyobozi bw’ingabo za Uganda butigeze bubona urwanduko rwa Lt Gen Muhoozi Kainerugaba asaba gusezera bityo ko akiri Umusirikare.

Gusa ubwo buriya butumwa bwasohoka, hari benshi bahise batangira kwemeza ko Gen Muhoozi Kainerugaba atangiye urugendo rwo kuzasimbura se Museveni ku butegetsi.

Lt Gen Muhoozi ukunze gukoresha imbuga nkoranyambaga, si rimwe cyangwa kabiri ashyize ubutumwa kuri Twitter bugaca igikuba kuko anaherutse kwerura ko ashyigikiye Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin washoje intambara ikomeje kuyogoza ibintu muri Ukraine, ariko benshi barimo n’abadipolomate mpuzamahanga, bakabyamaganira kure.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 8 =

Previous Post

Umugabo watewemo umutima w’ingurube agakomeza kubaho yapfuye yujuje amezi 2

Next Post

Ndimbati yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana

Related Posts

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndimbati yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana

Ndimbati yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.