Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisirikare cya Uganda cyavuze ko kitazi iby’isezera rya Muhoozi kuko atabigisabye

radiotv10by radiotv10
10/03/2022
in MU RWANDA
0
Igisirikare cya Uganda cyavuze ko kitazi iby’isezera rya Muhoozi kuko atabigisabye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko kuri Twitter ya Lt Gen Muhoozi, hatambutse ubutumwa buvuga ko asezeye mu gisirikare, hakomeje kuvugwa byinshi mu gihe Igisirikare cya Uganda kivuga ko kitigeze kibona ibaruha y’uyu muhungu wa Museveni akimenyesha iri sezera.

Ku wa Kabiri tariki 08 Werurwe 2022, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, yatambukije ubutumwa kuri Twitter ye, avuga ko asezeye mu Gisirikare nyuma y’imyaka 28 akirimo.

Ibi byatumye ibinyamakuru byaba ibyo muri Uganda no mu Bihugu by’ibituranyi ndetse n’ibitangazamakuru mpuzamahanga byandika ko umuhungu wa Museveni yasezeye mu Gisirikare.

Andi makuru yavugaga ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni acyumca iby’ubu butumwa yahise ahamagara umuhungu we akamusaba kwisubiraho akaguma mu Gisirikare.

Nanone kandi Umunyamakuru Andrew Mwenda ufite izina rikomeye muri Uganda no mu karere, yasohoye ubutumwa bw’amashusho ari kumwe na Gen. Muhoozi buvugirwamo igihe uyu musirikare mukuru azavira mu Gisirikare.

Andrew Mwenda yatangaje ko buriya butumwa bw’isezera, bwatambutse kubera amakosa y’abakoresha Twitter ya Gen. Muhoozi.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brig Gen Felix Kulaigye ubuyobozi bw’ingabo za Uganda butigeze bubona urwanduko rwa Lt Gen Muhoozi Kainerugaba asaba gusezera bityo ko akiri Umusirikare.

Gusa ubwo buriya butumwa bwasohoka, hari benshi bahise batangira kwemeza ko Gen Muhoozi Kainerugaba atangiye urugendo rwo kuzasimbura se Museveni ku butegetsi.

Lt Gen Muhoozi ukunze gukoresha imbuga nkoranyambaga, si rimwe cyangwa kabiri ashyize ubutumwa kuri Twitter bugaca igikuba kuko anaherutse kwerura ko ashyigikiye Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin washoje intambara ikomeje kuyogoza ibintu muri Ukraine, ariko benshi barimo n’abadipolomate mpuzamahanga, bakabyamaganira kure.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Umugabo watewemo umutima w’ingurube agakomeza kubaho yapfuye yujuje amezi 2

Next Post

Ndimbati yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana

Related Posts

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi
AMAHANGA

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

02/12/2025
Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

02/12/2025
Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

02/12/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndimbati yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana

Ndimbati yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.