Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisirikare cya Uganda cyavuze ko kitazi iby’isezera rya Muhoozi kuko atabigisabye

radiotv10by radiotv10
10/03/2022
in MU RWANDA
0
Igisirikare cya Uganda cyavuze ko kitazi iby’isezera rya Muhoozi kuko atabigisabye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko kuri Twitter ya Lt Gen Muhoozi, hatambutse ubutumwa buvuga ko asezeye mu gisirikare, hakomeje kuvugwa byinshi mu gihe Igisirikare cya Uganda kivuga ko kitigeze kibona ibaruha y’uyu muhungu wa Museveni akimenyesha iri sezera.

Ku wa Kabiri tariki 08 Werurwe 2022, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, yatambukije ubutumwa kuri Twitter ye, avuga ko asezeye mu Gisirikare nyuma y’imyaka 28 akirimo.

Ibi byatumye ibinyamakuru byaba ibyo muri Uganda no mu Bihugu by’ibituranyi ndetse n’ibitangazamakuru mpuzamahanga byandika ko umuhungu wa Museveni yasezeye mu Gisirikare.

Andi makuru yavugaga ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni acyumca iby’ubu butumwa yahise ahamagara umuhungu we akamusaba kwisubiraho akaguma mu Gisirikare.

Nanone kandi Umunyamakuru Andrew Mwenda ufite izina rikomeye muri Uganda no mu karere, yasohoye ubutumwa bw’amashusho ari kumwe na Gen. Muhoozi buvugirwamo igihe uyu musirikare mukuru azavira mu Gisirikare.

Andrew Mwenda yatangaje ko buriya butumwa bw’isezera, bwatambutse kubera amakosa y’abakoresha Twitter ya Gen. Muhoozi.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brig Gen Felix Kulaigye ubuyobozi bw’ingabo za Uganda butigeze bubona urwanduko rwa Lt Gen Muhoozi Kainerugaba asaba gusezera bityo ko akiri Umusirikare.

Gusa ubwo buriya butumwa bwasohoka, hari benshi bahise batangira kwemeza ko Gen Muhoozi Kainerugaba atangiye urugendo rwo kuzasimbura se Museveni ku butegetsi.

Lt Gen Muhoozi ukunze gukoresha imbuga nkoranyambaga, si rimwe cyangwa kabiri ashyize ubutumwa kuri Twitter bugaca igikuba kuko anaherutse kwerura ko ashyigikiye Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin washoje intambara ikomeje kuyogoza ibintu muri Ukraine, ariko benshi barimo n’abadipolomate mpuzamahanga, bakabyamaganira kure.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 9 =

Previous Post

Umugabo watewemo umutima w’ingurube agakomeza kubaho yapfuye yujuje amezi 2

Next Post

Ndimbati yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndimbati yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana

Ndimbati yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.