Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisobanuro cy’urukundo: Umukobwa w’imyaka 22 abana n’umugabo w’imyaka 88 anatwitiye, basangira akabisi n’agahiye

radiotv10by radiotv10
08/08/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
1
Igisobanuro cy’urukundo: Umukobwa w’imyaka 22 abana n’umugabo w’imyaka 88 anatwitiye, basangira akabisi n’agahiye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Ntara ya Kivu y’Epfo mu gace ka Mudaka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, haravugwa umukobwa w’imyaka 22 y’amavuko uri mu rukundo n’umukambwe w’imyaka 88 banitegura kwibaruka umwana wabo.

Ikinyamakuru gikorera kuri YouTube kizwi nka Afrimax English, cyasuye iyi couple y’umusaza w’imyaka 88 n’umugore we w’imyaka 22, cyabasanze aho batuye, bigaragara ko urukundo ari cheri chouchou.

Ni umuryango ukiri mushya wa Chibalonza na Kasher Alphonse barutanwa imyaka 66 ariko bikaba bitarababujije kwikundanira urudashira.

Muri iki kiganiro twanditseho inkuru nka RADIOTV10 dukesha Afrimax, Alphonse avuga ko we n’umugore we bakundana urukundo ruzira imbereka.

Umugore we wa mbere amaze imyaka yitabye Imana aho yazize izabukuru, akaba yarahise yicudikira n’uyu mukobwa abereye sekuru ndetse bakaza kwemeranya kwibanira.

Alphonse yashyingiwe bwa mbere mu 1954 ubwo yari afite imyaka 24, abyara abana barindwi ariko bose bakaba baravuye mu rugo batakibana na we.

Avuga ko yahuye na Chibalonza agifite imyaka 20 y’amavuko akamwemerera kuzamubera umugore, na we akumva biramunyuze.

Ati “Ntabwo turashyingiranwa mu buryo bwemewe n’amategeko ariko twakoze ubukwe bwo muri gakondo yacu. Najyanye ikibindi cy’inzoga ndetse n’ihene mu muryango we.”

Gusa ngo atewe impungenge no kuba adafite amafaranga yo kugura ikibanza yazubakiramo inzu umugore we kugira ngo azagire ubuzima bwiza afite aho kuba.

Uyu mukobwa Chibalonza avuga ko we n’umugabo we Alphonse bitegura gukora ubukwe igihe azaba amaze kwibaruka.

Benshi mu baturanyi b’uyu muryango bavuga ko uyu musaza yaroze uyu mukobwa kuko batumva ukuntu yaba umugore w’umugabo ufite abana bose bamuruta dore ko imfura y’uyu musaza ifite imyaka 66 mu gihe bucura bwe ifite imyaka 50.

Batewe ishema n’urukundo rwabo
Basangira akabisi n’agahiye
Biyemeje kwibanira batitaye ku myaka barushanwa

RADIOTV10

Comments 1

  1. Joe says:
    3 years ago

    Umuruho urabunga nuyu nawe n’indushyi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − two =

Previous Post

Iyicwa ry’Umusirikare w’indwanyi kabuhariwe w’Umurusiya wiciwe muri Ukraine ryatumye Putin yirukana Abajenerali 6

Next Post

TurambiweAgasuzuguro: Bamwe mu bahanzi nyarwanda bahagurutse

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TurambiweAgasuzuguro: Bamwe mu bahanzi nyarwanda bahagurutse

TurambiweAgasuzuguro: Bamwe mu bahanzi nyarwanda bahagurutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.