Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisobanuro cy’urukundo: Umukobwa w’imyaka 22 abana n’umugabo w’imyaka 88 anatwitiye, basangira akabisi n’agahiye

radiotv10by radiotv10
08/08/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
1
Igisobanuro cy’urukundo: Umukobwa w’imyaka 22 abana n’umugabo w’imyaka 88 anatwitiye, basangira akabisi n’agahiye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Ntara ya Kivu y’Epfo mu gace ka Mudaka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, haravugwa umukobwa w’imyaka 22 y’amavuko uri mu rukundo n’umukambwe w’imyaka 88 banitegura kwibaruka umwana wabo.

Ikinyamakuru gikorera kuri YouTube kizwi nka Afrimax English, cyasuye iyi couple y’umusaza w’imyaka 88 n’umugore we w’imyaka 22, cyabasanze aho batuye, bigaragara ko urukundo ari cheri chouchou.

Ni umuryango ukiri mushya wa Chibalonza na Kasher Alphonse barutanwa imyaka 66 ariko bikaba bitarababujije kwikundanira urudashira.

Muri iki kiganiro twanditseho inkuru nka RADIOTV10 dukesha Afrimax, Alphonse avuga ko we n’umugore we bakundana urukundo ruzira imbereka.

Umugore we wa mbere amaze imyaka yitabye Imana aho yazize izabukuru, akaba yarahise yicudikira n’uyu mukobwa abereye sekuru ndetse bakaza kwemeranya kwibanira.

Alphonse yashyingiwe bwa mbere mu 1954 ubwo yari afite imyaka 24, abyara abana barindwi ariko bose bakaba baravuye mu rugo batakibana na we.

Avuga ko yahuye na Chibalonza agifite imyaka 20 y’amavuko akamwemerera kuzamubera umugore, na we akumva biramunyuze.

Ati “Ntabwo turashyingiranwa mu buryo bwemewe n’amategeko ariko twakoze ubukwe bwo muri gakondo yacu. Najyanye ikibindi cy’inzoga ndetse n’ihene mu muryango we.”

Gusa ngo atewe impungenge no kuba adafite amafaranga yo kugura ikibanza yazubakiramo inzu umugore we kugira ngo azagire ubuzima bwiza afite aho kuba.

Uyu mukobwa Chibalonza avuga ko we n’umugabo we Alphonse bitegura gukora ubukwe igihe azaba amaze kwibaruka.

Benshi mu baturanyi b’uyu muryango bavuga ko uyu musaza yaroze uyu mukobwa kuko batumva ukuntu yaba umugore w’umugabo ufite abana bose bamuruta dore ko imfura y’uyu musaza ifite imyaka 66 mu gihe bucura bwe ifite imyaka 50.

Batewe ishema n’urukundo rwabo
Basangira akabisi n’agahiye
Biyemeje kwibanira batitaye ku myaka barushanwa

RADIOTV10

Comments 1

  1. Joe says:
    3 years ago

    Umuruho urabunga nuyu nawe n’indushyi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Iyicwa ry’Umusirikare w’indwanyi kabuhariwe w’Umurusiya wiciwe muri Ukraine ryatumye Putin yirukana Abajenerali 6

Next Post

TurambiweAgasuzuguro: Bamwe mu bahanzi nyarwanda bahagurutse

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TurambiweAgasuzuguro: Bamwe mu bahanzi nyarwanda bahagurutse

TurambiweAgasuzuguro: Bamwe mu bahanzi nyarwanda bahagurutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.