Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisobanuro kidasanzwe cy’uwiyemerera kwica abantu 4 abaciye imitwe wateganyaga kuzica 40

radiotv10by radiotv10
06/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Igisobanuro kidasanzwe cy’uwiyemerera kwica abantu 4 abaciye imitwe wateganyaga kuzica 40
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 34 wafatiwe mu Mujyi wa Kigali akekwaho kwica abantu bane barimo abo yishe akase imitwe, unabyiyemerera akavuga ko yagombaga kuzica abantu 40, yisobanuye avuga ko ubu bugizi bwa nabi ari amarozi yarozwe yamuteye ibisazi byo kwica abantu.

Uyu mugabo uzwi nka Yussuf ariko amazina ye bwite akaba ari Hafashimana Usto, yerekanywe kuri iki Cyumweru tariki 05 Gashyantare 2023, nyuma y’iminsi ibiri atawe muri yombi na Polisi yamufashe tariki 03 Gashyantare, imusangana telefone z’abantu batatu mu bo akekwaho kwica.

Akurikiranyweho kwica abantu bane barimo babiri yishe aciye imitwe ubundi akiba aho abo bantu babaga bacungira umutekano.

Aba bose akekwaho kwivugana, bishwe mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa, kuko ubu bwicanyi bwabaye hagati ya tariki 27 Ukuboza 2022 na 30 Mutarama 2023.

Uyu mugabo wiyemerera ko yakoze ubu bugizi bwa nabi, yavuze ko yabutangiye mu mezi atatu ashize kandi ko yari afite gahunda yo kuzica abantu 40.

Mu magambo ye, imbere ya microphone na camera by’ibitangazamakuru bitandukanye, yagize ati “Niyumvagamo mu bwonko bwanjye ko nzica abantu 40.”

Hafashimana Usto avuga ko ubu bwicanyi butari mu maraso ye ahubwo ko ari ibyo yarozwe bikamutera ibisazi byatumaga yica abantu, ndetse ko yabyemeye nyuma yo gufatwa ubundi ko yumvaga ari ibisanzwe.

Yagize ati “Abarangi ni bo babimbwiye kuko umugore nashatse ni ho yasengeraga.”

Agaruka ku bantu yivuganye, yagize ati “Babiri nabaciye imitwe nyijugunya mu mazi manini, ni ko ibisazi byanjye byabaga byantegetse, ariko nageze mu buyobozi birashira.”

Uwo aheruka kwica ni uwari uvuye muri Gereza ya Nyarugenge bari bagiye gukorana mu bujura, akaza kumwivugana amuciye umutwe n’umuhoro ubwo bari bihishe mu gihugu bategereje kujya kwiba urugo ruherereye i Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yatangaje ko ifatwa rya Hafashimana ryaturutse ku makuru yari amaze gukusanywa kuko hakozwe iperereza ryihuse kuko hari hamaze kumenyekana ko afite umugambi wo kuzica abantu benshi.

Yagize ati “Yasaga n’aho afite gahunda yo kuzica abandi benshi, ariko hakozwe iperereza ryihuse ku buryo dutekereza ko abandi yateganyaga kwica bitagishobotse.”

Polisi y’u Rwanda itangaza ko hari abandi bakiri gushakishwa bakekwaho gukorana n’uyu mugabo, ivuga ko agiye gushyikirizwa Ubugenzacyaha kugira ngo bukomeze iperereza ubundi bumushyikirize Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Florence says:
    3 years ago

    Ndabasuhije!Mwokagirimana mwe mudufashe ntazaveho agacika noneho yakora ibyo tutabasha kwakira kuko nibi ntibyoroshye ngize ubwoba ko tugira umusazi agaca ninzugi agatoroka cyangwa akihinduranya akagenda yagera hanze akaba wawundi Mana we dutabare uturinde abantu nkaba

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Senegal yongeye gutanga isomo rya ruhago muri Afurika

Next Post

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yahaye umugore we imodoka y’akataraboneka amubwira amagambo aryohereyeye

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yahaye umugore we imodoka y’akataraboneka amubwira amagambo aryohereyeye

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yahaye umugore we imodoka y’akataraboneka amubwira amagambo aryohereyeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.