Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisobanuro kidasanzwe cy’uwiyemerera kwica abantu 4 abaciye imitwe wateganyaga kuzica 40

radiotv10by radiotv10
06/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Igisobanuro kidasanzwe cy’uwiyemerera kwica abantu 4 abaciye imitwe wateganyaga kuzica 40
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 34 wafatiwe mu Mujyi wa Kigali akekwaho kwica abantu bane barimo abo yishe akase imitwe, unabyiyemerera akavuga ko yagombaga kuzica abantu 40, yisobanuye avuga ko ubu bugizi bwa nabi ari amarozi yarozwe yamuteye ibisazi byo kwica abantu.

Uyu mugabo uzwi nka Yussuf ariko amazina ye bwite akaba ari Hafashimana Usto, yerekanywe kuri iki Cyumweru tariki 05 Gashyantare 2023, nyuma y’iminsi ibiri atawe muri yombi na Polisi yamufashe tariki 03 Gashyantare, imusangana telefone z’abantu batatu mu bo akekwaho kwica.

Akurikiranyweho kwica abantu bane barimo babiri yishe aciye imitwe ubundi akiba aho abo bantu babaga bacungira umutekano.

Aba bose akekwaho kwivugana, bishwe mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa, kuko ubu bwicanyi bwabaye hagati ya tariki 27 Ukuboza 2022 na 30 Mutarama 2023.

Uyu mugabo wiyemerera ko yakoze ubu bugizi bwa nabi, yavuze ko yabutangiye mu mezi atatu ashize kandi ko yari afite gahunda yo kuzica abantu 40.

Mu magambo ye, imbere ya microphone na camera by’ibitangazamakuru bitandukanye, yagize ati “Niyumvagamo mu bwonko bwanjye ko nzica abantu 40.”

Hafashimana Usto avuga ko ubu bwicanyi butari mu maraso ye ahubwo ko ari ibyo yarozwe bikamutera ibisazi byatumaga yica abantu, ndetse ko yabyemeye nyuma yo gufatwa ubundi ko yumvaga ari ibisanzwe.

Yagize ati “Abarangi ni bo babimbwiye kuko umugore nashatse ni ho yasengeraga.”

Agaruka ku bantu yivuganye, yagize ati “Babiri nabaciye imitwe nyijugunya mu mazi manini, ni ko ibisazi byanjye byabaga byantegetse, ariko nageze mu buyobozi birashira.”

Uwo aheruka kwica ni uwari uvuye muri Gereza ya Nyarugenge bari bagiye gukorana mu bujura, akaza kumwivugana amuciye umutwe n’umuhoro ubwo bari bihishe mu gihugu bategereje kujya kwiba urugo ruherereye i Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yatangaje ko ifatwa rya Hafashimana ryaturutse ku makuru yari amaze gukusanywa kuko hakozwe iperereza ryihuse kuko hari hamaze kumenyekana ko afite umugambi wo kuzica abantu benshi.

Yagize ati “Yasaga n’aho afite gahunda yo kuzica abandi benshi, ariko hakozwe iperereza ryihuse ku buryo dutekereza ko abandi yateganyaga kwica bitagishobotse.”

Polisi y’u Rwanda itangaza ko hari abandi bakiri gushakishwa bakekwaho gukorana n’uyu mugabo, ivuga ko agiye gushyikirizwa Ubugenzacyaha kugira ngo bukomeze iperereza ubundi bumushyikirize Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Florence says:
    3 years ago

    Ndabasuhije!Mwokagirimana mwe mudufashe ntazaveho agacika noneho yakora ibyo tutabasha kwakira kuko nibi ntibyoroshye ngize ubwoba ko tugira umusazi agaca ninzugi agatoroka cyangwa akihinduranya akagenda yagera hanze akaba wawundi Mana we dutabare uturinde abantu nkaba

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 14 =

Previous Post

Senegal yongeye gutanga isomo rya ruhago muri Afurika

Next Post

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yahaye umugore we imodoka y’akataraboneka amubwira amagambo aryohereyeye

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

IZIHERUKA

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho
AMAHANGA

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

23/01/2026
Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yahaye umugore we imodoka y’akataraboneka amubwira amagambo aryohereyeye

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yahaye umugore we imodoka y’akataraboneka amubwira amagambo aryohereyeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.