Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

radiotv10by radiotv10
27/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe, rigaragaza n’impamvu.

Ni mu itangazo ryashyizwe hanze n’iri Huriro kuri uyu wa Mbere tariki 26 Mutarama 2026, rifite umutwe ugira uti “Alliance Fleuve Congo/Mouvement du 23 Mars (AFC/M23) ntizava mu gace na kamwe mu byo yabohoje.”

Muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, iri Huriro ritangira rigaragaza ko ibice byabohowe, ubu bitembamo amahoro.

Riti “Abantu baho bakora ibikorwa byabo amasaha 24 ku kuri 24, serivisi nziza za leta zaragarutse, kandi ubukungu bwaho buri kugenda butera imbere, cyane cyane bitewe n’umusaruro mwinshi w’ubuhinzi, byatumye ibiciro by’ibiribwa bigabanuka cyane ku masoko.”

Yakomeje agaragaza kandi ko n’ibindi bikorwa bigenda bisubira ku murongo, “nk’amashuri akora neza amazi meza n’amashanyarazi bikomeza kuboneka kandi nta nkomyi, kandi imibereho y’abaturage ikomeje kuba myiza.”

Yakomeje agira ati “AFC/M23 ntizigera yemerera umuntu uwo ari we wese, ndetse n’ubutegetsi bwa Kinshasa, guhungabanya amahoro n’ituze byo mu bice twabohoye. Ishimangira cyane kandi idashidikanya ko yiyemeje kurengera no kurinda abaturage b’abasivili aho batotezwa, bakorerwa ibikorwa, cyangwa bakorerwa urugomo n’ubutegetsi bubi bw’abagizi ba nabi i Kinshasa.”

Kanyuka kandi yagarutse ku itangazo ryashyizwe hanze n’Igisirikare cya Congo (FARDC) ryagiye hanze mu cyumweru gishize, cyatangaje ko iri Huriro rya AFC/M23 ari ryo riri inyuma y’ibibazo bikomeje kugaragara mu gace ryarekuye, avuga ko ari ikinyoma kimakajwe n’ubutegetsi bwa Congo.

Ati “Itangazo rya FARDC, riri mu migambi y’uburiganya, no kuyobya rubanda byimakajwe n’ubutegetsi budashoboye bwa Kinshasa, buzwiho ubuhanga mu guhimba amakuru y’ibinyoma kugira ngo buhishe amakosa yabwo ya gisirikare, politiki, n’ibikorwa by’ubutabazi.”

Kanyuka yavuze ko iri Huriro ryarekuye uriya Mujyi wa Uvira tariki 17 Mutarama 2026, ku manywa y’ihangu, kandi ku bushake, rigamije gutanga amahirwe ku gushaka umuti w’ibibazo binyuze mu nzira z’amahoro.

Yavuze ko abarwanyi ba AFC/M23 bavuye muri Uvira, abaturage bareba ndetse n’itangazamakuru yaba iry’imbere mu Gihugu na mpuzamahanga.

Nanone kandi iri Huriro ryarekuye uriya mujyi, amahoro ahinda, insengero zigihari, inzu z’abaturage zimeze neza, ndetse n’ibikorwa by’ubucuruzi by’abanyamulenge bimeze neza, ariko aho FARDC na Wazalendo bawinjiriyemo, ibintu bikaba bibi.

Ati “Mu gihe hari hategerejwe ko hoherezwa ingabo zidafite aho zibogamiye, nk’uko byasabwe na AFC/M23, ubutegetsi bwa Kinshasa bwashyizeho ingabo zabwo, kuva icyo gihe zikaba ari zo zagize uruhare mu ihohoterwa rikomeye ry’uburenganzira bwa muntu.”

Avuga kandi ko ihuzanzira rya Internet ryakoraga neza ubwo iri Huriro ryari rikiri muri uriya mujyi, ariko aho riwuviriyemo, rikurwaho n’ubutegetsi bwa Congo, kugira ngo hatajya hanze amarorerwa bwariho bukorera abaturage.

Ati “Birababaje cyane kandi biteye isoni kubona ubutegetsi bwa Kinshasa bwishimira kwinjira muri Uvira, mu gihe ibi byashobotse gusa kubera ubushake bwa AFC/M23 bwo kuharekura, mu buryo bunoze, kandi buzira umuze, byakozwe mu mwuka wo guhumuriza no gushaka amahoro bivuye ku mutima.”

Ihuriro AFC/M23 ryaboneyeho gusaba umuryango mpuzamahanga gukurikirana ibikorwa bibi biriho bikorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa, birimo kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano ndetse n’ibindi bukomeje gukora birimo gukoresha abacancuro b’abanyamahanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Next Post

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y'Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n'abakobwa batatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.