Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cya Perezida Kagame ku mugore wa mbere afatiraho icyitegererezo

radiotv10by radiotv10
09/03/2024
in MU RWANDA
0
Igisubizo cya Perezida Kagame ku mugore wa mbere afatiraho icyitegererezo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimye uruhare rw’umubyeyi we w’umumama kuva ari umwana by’umwihariko uko we n’abavandimwe be yabitayeho mu bihe by’ubuhunzi bamazemo imyaka 24.

Perezida kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Werurwe, mu kiganiro yatanze ubwo yari asoje ijambo yageneye ibirori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore.

Muri iki kiganiro, Umuyobozi Mukuru ushinzwe kongerera ubushobozi urubyiruko muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Tetero Solange wari umusangiza w’umwanya muri ibi biganiro, yabajije Perezida Paul Kagame, abagore nka batatu afatiraho urugore.

Mu kumusubiza, yagize ati “batatu gusa? Ko ari benshi, ni bose…abagore bose iyo mbona ibyo bakora…”

Yakomeje avuga ko mu buryo bw’umwihariko hari abo afatiraho icyitegererezo, atangira agira ati “Ngira ngo twese uko turi hano cyangwa ahandi ku Isi hose, hari utavuka ku mugore? Hari ukubwira ngo yaturutse ahandi ngo ntabwo yaturutse ku mugore? Ntawe. Uwambyaye rero na we…”

Umukuru w’u Rwanda wagarutse ku mateka yabayemo y’ubuhunzi, kuva ku myaka ine, yavuze ko yabonye uruhare runini ku mubyeyi we w’umumama.

Ati “Nabaye impunzi imyaka makumyabiri n’ine […] uwo tuvukaho, watunyujije muri ibyo bintu bikomeye, tukageza kuri uyu munsi, nubwo utabivuga buri munsi ariko mu mutwe urabyibuka, wibuka uwaguhetse aguhungisha agukiza ibyo bintu byose. Uwo nguwo nyine haba hari impamvu ubonamo umugore wese akora ibyo cyangwa yakoze ibyo aho byari bikenewe […] reka mvuge uwo mvukaho ariko mvuge abagore bose muri rusange.”

Nyakwigendera Asteria Bisinda Rutagambwa, Umubyeyi wa Perezida Paul Kagame, yatabarutse mu kwezi k’Ugushyingo 2015, ku myaka 84, aho mu muhando wo kumusezeraho bwa nyuma, Umukuru w’u Rwanda yavuze ko yabatoje indangagaciro zitandukanye zirimo “kubabarira no kutitura inabi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − three =

Previous Post

BREAKING: Hatangajwe igihano cyakatiwe Kazungu wiyemereye ko yishe abantu barenga 10

Next Post

Menya igipimdo cy’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda cyagaragajwe mu bushakashatsi bwa mbere

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya igipimdo cy’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda cyagaragajwe mu bushakashatsi bwa mbere

Menya igipimdo cy’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda cyagaragajwe mu bushakashatsi bwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.