Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cya Perezida Kagame ku mugore wa mbere afatiraho icyitegererezo

radiotv10by radiotv10
09/03/2024
in MU RWANDA
0
Igisubizo cya Perezida Kagame ku mugore wa mbere afatiraho icyitegererezo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimye uruhare rw’umubyeyi we w’umumama kuva ari umwana by’umwihariko uko we n’abavandimwe be yabitayeho mu bihe by’ubuhunzi bamazemo imyaka 24.

Perezida kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Werurwe, mu kiganiro yatanze ubwo yari asoje ijambo yageneye ibirori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore.

Muri iki kiganiro, Umuyobozi Mukuru ushinzwe kongerera ubushobozi urubyiruko muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Tetero Solange wari umusangiza w’umwanya muri ibi biganiro, yabajije Perezida Paul Kagame, abagore nka batatu afatiraho urugore.

Mu kumusubiza, yagize ati “batatu gusa? Ko ari benshi, ni bose…abagore bose iyo mbona ibyo bakora…”

Yakomeje avuga ko mu buryo bw’umwihariko hari abo afatiraho icyitegererezo, atangira agira ati “Ngira ngo twese uko turi hano cyangwa ahandi ku Isi hose, hari utavuka ku mugore? Hari ukubwira ngo yaturutse ahandi ngo ntabwo yaturutse ku mugore? Ntawe. Uwambyaye rero na we…”

Umukuru w’u Rwanda wagarutse ku mateka yabayemo y’ubuhunzi, kuva ku myaka ine, yavuze ko yabonye uruhare runini ku mubyeyi we w’umumama.

Ati “Nabaye impunzi imyaka makumyabiri n’ine […] uwo tuvukaho, watunyujije muri ibyo bintu bikomeye, tukageza kuri uyu munsi, nubwo utabivuga buri munsi ariko mu mutwe urabyibuka, wibuka uwaguhetse aguhungisha agukiza ibyo bintu byose. Uwo nguwo nyine haba hari impamvu ubonamo umugore wese akora ibyo cyangwa yakoze ibyo aho byari bikenewe […] reka mvuge uwo mvukaho ariko mvuge abagore bose muri rusange.”

Nyakwigendera Asteria Bisinda Rutagambwa, Umubyeyi wa Perezida Paul Kagame, yatabarutse mu kwezi k’Ugushyingo 2015, ku myaka 84, aho mu muhando wo kumusezeraho bwa nyuma, Umukuru w’u Rwanda yavuze ko yabatoje indangagaciro zitandukanye zirimo “kubabarira no kutitura inabi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 9 =

Previous Post

BREAKING: Hatangajwe igihano cyakatiwe Kazungu wiyemereye ko yishe abantu barenga 10

Next Post

Menya igipimdo cy’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda cyagaragajwe mu bushakashatsi bwa mbere

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya igipimdo cy’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda cyagaragajwe mu bushakashatsi bwa mbere

Menya igipimdo cy’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda cyagaragajwe mu bushakashatsi bwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.