Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo cya Polisi ku bifuza ko hakurwaho kimwe mu bizamini bya ‘Permis’ giteza impaka

radiotv10by radiotv10
01/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Igisubizo cya Polisi ku bifuza ko hakurwaho kimwe mu bizamini bya ‘Permis’ giteza impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yashwishurije abifuza ko hakurwaho ikizamini cya ‘Demarrage’ kiri mu bikorwa n’abifuza urushya rwa burundu rwo gutwara ibinyabiziga, ivuga ko kitakurwaho.

Iki kizamini cyakunze guteza impaka, yaba ku bakora ibizamini by’uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga, bakunze gutsindwa n’iki kizamini, ndetse na bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko bakaba bari baherutse kukigarukaho.

Ikizamini cya Demarrage ari na cyo cya nyuma muri bine bikorwa n’abifuza uruhushya rwa Burundu rwa B, gisanzwe gikorwa aho imodoka ishyirwa ahantu hahanamye, ubundi ukora ikizamini agahaguruka adasubiye inyuma, akagira aho ahagarikwa inshuro ebyiri adakoze kuri feri ahubwo akoresheje embrayage/clutch na accélérateur/accelerator [umuriro].

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yabwiye Ikinyamakuru Igihe ko impamvu iki kizamini cya Demarrage gikorwa, ari ukubera imiterere y’u Rwanda, atanga urugero rw’imiterere ya Kigali, igizwe n’ahantu henshi hahanamye.

Yagize ati “Hari ibice bihanamye, ku buryo hari igihe bisaba kugenda uhagarara […] Kubera ko ugomba kwirinda ko wasubira inyuma ngo wangirize undi, demarrage igufasha kudasubira inyuma, ariko nanone ntikora ahatambika kuko uri mu mubyigano w’ibinyabiziga; nko ku Gishushu ntuzayikenera.”

Ubwo Abasenateri baganiraga na Minisitiri w’Ibikorwa Remezo muri Nyakanga uyu mwaka [icyo gihe yari Dr Ernest Nsabimana] ubwo yasobanuraga ibijyanye no gutwara abagenzi, Senateri Evode Uwizeyimana yagarutse ku itegeko ryatowe n’Inteko Ishinga Amategeko ryemerera abantu gukora impushya ku modoka za Automatique, ariko rikaba ritarasohoka, abaza aho ryarengeye.

Icyo gihe yagize ati “Iryo tegeko rigiye kumara umwaka ribitse ahantu muri ‘Tiroir’ [akabati] ntazi ngo ni iyande, ryashoboraga gukemura ibibazo byinshi aha ngaha. Twavugaga uburyo bwo gukura amanota muri za Perimi z’abantu, twavugaga imodoka za automatique […] iyo ugiye gukoresha umuntu ikizamini cya demarrage a côte […] demarrage ku modoka automatique mumbwire ahantu bayikoresha?”

Yakomeje agira ati “Rwose nagira ngo ibyo bizamini byo kurushya abantu bidafite n’icyo bimaze […] iyo modoka umuntu yayiguze ni automatique ni yo azatwara azi amategeko y’umuhanda, ntabwo ibizamini bidakorwa ahandi byo hambere bikwiye kuba bikiri aha.”

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo icyo gihe yizeje Abashingamategeko ko iryo tegeko rizemerera abantu gukora ibizamini ku modoka za Automatique, riri bugufi gusohoka.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, yavuze ko igihe hatangiye gukorwa ibizamini ku modoka za Automatique, kiriya kizamini cya Demarrage kizavaho.

Yagize ati “Mu gihe tuzajya mu ikoreshwa ry’imodoka za automatique gusa, ndatekereza ibibazo kuri iki kizami bitazongera kubaho kuko itazaba igikenewe.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndayambaje Rafiki says:
    2 years ago

    Bikuraho Demarage ahubwo aho umuntu atsindiwe abe ariho azajya ahera yongera gukora ikizamini niba yatsindiwe Demarage atangirire ahongaho niba ari muri sirikirasiyo atangirire ahongaho murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + six =

Previous Post

Umuriri w’imirwano muri Congo watumye hatekerezwa ikindi cyakorwa

Next Post

Hagaragajwe ishusho y’ibikorwa byo gusana umuhanda Muhanga-Karongi ukunze kwijujutirwa

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe ishusho y’ibikorwa byo gusana umuhanda Muhanga-Karongi ukunze kwijujutirwa

Hagaragajwe ishusho y’ibikorwa byo gusana umuhanda Muhanga-Karongi ukunze kwijujutirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.