Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cya RDF ku bakeka ko kugira ingabo nyinshi hanze byatuma Abanyarwanda batarindwa bihagije

radiotv10by radiotv10
05/12/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Igisubizo cya RDF ku bakeka ko kugira ingabo nyinshi hanze byatuma Abanyarwanda batarindwa bihagije
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buvuga ko kuba RDF ifite ingabo nyinshi ziri mu butumwa bw’amahoro mu Bihugu binyuranye, bitazana icyuho ku mutekano ukwiye Abaturarwanda, bukabizeza ko barinzwe bihagije, ahubwo ko kugira abasirikare bajya mu butumwa bituma bakaza ubumenyi, imyitozo no gukora kinyamwuga.

Ingabo z’u Rwanda zujuje imyaka 20 zitangiye gutanga umusanzu mu butumwa bw’amahoro mu Bihugu bitandukanye ku Isi, aho rwatangiriye mu Gihugu cya Sudani muri 2004.

U Rwanda kandi rwaje kohereza ingabo mu butumwa mu Bihugu nka Sudani y’Epfo, muri 2011 ndetse no muri Repubulika ya Centrafrique mu mwaka wa 2014.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga avuga ko aho Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa hose, zitwara neza ndetse ko bihamywa n’abaturage bo muri ibyo Bihugu, baba batanifuza ko zataha.

U Rwanda kandi ruza mu Bihugu bya mbere ku Isi, bifite Ingabo nyinshi ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye.

Brig Gen Ronald Rwivanga, avuga ko kuba u Rwanda rufite ingabo nyinshi ziri mu butumwa, bidashobora kuzana icyuho ku mutekano wo kurinda u Rwanda n’abarutuye, kuko byombi zibasha kubyuzuza neza.

Iyi myaka 20 kandi isanze u Rwanda rufite ibibazo by’abashaka kuruhungabanyiriza umutekano, nka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakunze kwerura kenshi ibinyujije mu bayobozi bayo ko bafite umugambi wo gushoza intambara ku Rwanda.

Brig Gen Ronald Rwivanga yaboneyeho guhumuriza Abaturarwanda, ko kuba u Rwanda rufite ingabo nyinshi ziri mu butumwa, bidashobora gutuma aba bafite iyi migambi mibisha bayigeraho.

Ati “Ndagira ngo mbwire Abanyarwanda ko umutekano wuzuye, turinda imipaka yacu, kandi biranagaragara, kuko ibitero byose bigeragejwe kuza, ntabwo bijya bigera ku ntego. Ingabo zacu ziri tayali zirakora akazi nk’uko bikwiye, turabizeza ko ahubwo tuzarushaho kugakora neza ahubwo kugira ngo dutange umutekano wuzuye.”

Akomeza avuga ko Ingabo z’u Rwanda zifite ubushobozi buhagije bwo kuba zabasha kurindira umutekano Abanyarwanda ndetse no kujya gutanga umusanzu ahandi.

Ati “Dufite ubushobozi, dufite imyitozo byo kurinda umupaka wacu tukanafasha n’abandi kugira ngo bagere ku byo twagezeho.”

Brig Gen Ronald Rwivanga avuga ko uko Ingabo z’u Rwanda zatangiye kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse no kuva zatangira kujya gutanga umusanzu imyaka 20 ikaba ishize, zifite ubushobozi buzemerera kuba ntacyabasha kunyeganyeza umutekano w’u Rwanda, cyangwa kurogoya ubutumwa zaba zirimo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 9 =

Previous Post

Ikipe y’u Rwanda iherutse kuruhesha ishema mu marushanwa mpuzamahanga yakiriwe na Minisitiri

Next Post

Ibyavuye mu ibazwa ry’umugore uregwa kwica umugabo nyuma yo kuvana mu kabari

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Ibyavuye mu ibazwa ry’umugore uregwa kwica umugabo nyuma yo kuvana mu kabari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.