Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cya RDF ku bakeka ko kugira ingabo nyinshi hanze byatuma Abanyarwanda batarindwa bihagije

radiotv10by radiotv10
05/12/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Igisubizo cya RDF ku bakeka ko kugira ingabo nyinshi hanze byatuma Abanyarwanda batarindwa bihagije
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buvuga ko kuba RDF ifite ingabo nyinshi ziri mu butumwa bw’amahoro mu Bihugu binyuranye, bitazana icyuho ku mutekano ukwiye Abaturarwanda, bukabizeza ko barinzwe bihagije, ahubwo ko kugira abasirikare bajya mu butumwa bituma bakaza ubumenyi, imyitozo no gukora kinyamwuga.

Ingabo z’u Rwanda zujuje imyaka 20 zitangiye gutanga umusanzu mu butumwa bw’amahoro mu Bihugu bitandukanye ku Isi, aho rwatangiriye mu Gihugu cya Sudani muri 2004.

U Rwanda kandi rwaje kohereza ingabo mu butumwa mu Bihugu nka Sudani y’Epfo, muri 2011 ndetse no muri Repubulika ya Centrafrique mu mwaka wa 2014.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga avuga ko aho Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa hose, zitwara neza ndetse ko bihamywa n’abaturage bo muri ibyo Bihugu, baba batanifuza ko zataha.

U Rwanda kandi ruza mu Bihugu bya mbere ku Isi, bifite Ingabo nyinshi ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye.

Brig Gen Ronald Rwivanga, avuga ko kuba u Rwanda rufite ingabo nyinshi ziri mu butumwa, bidashobora kuzana icyuho ku mutekano wo kurinda u Rwanda n’abarutuye, kuko byombi zibasha kubyuzuza neza.

Iyi myaka 20 kandi isanze u Rwanda rufite ibibazo by’abashaka kuruhungabanyiriza umutekano, nka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakunze kwerura kenshi ibinyujije mu bayobozi bayo ko bafite umugambi wo gushoza intambara ku Rwanda.

Brig Gen Ronald Rwivanga yaboneyeho guhumuriza Abaturarwanda, ko kuba u Rwanda rufite ingabo nyinshi ziri mu butumwa, bidashobora gutuma aba bafite iyi migambi mibisha bayigeraho.

Ati “Ndagira ngo mbwire Abanyarwanda ko umutekano wuzuye, turinda imipaka yacu, kandi biranagaragara, kuko ibitero byose bigeragejwe kuza, ntabwo bijya bigera ku ntego. Ingabo zacu ziri tayali zirakora akazi nk’uko bikwiye, turabizeza ko ahubwo tuzarushaho kugakora neza ahubwo kugira ngo dutange umutekano wuzuye.”

Akomeza avuga ko Ingabo z’u Rwanda zifite ubushobozi buhagije bwo kuba zabasha kurindira umutekano Abanyarwanda ndetse no kujya gutanga umusanzu ahandi.

Ati “Dufite ubushobozi, dufite imyitozo byo kurinda umupaka wacu tukanafasha n’abandi kugira ngo bagere ku byo twagezeho.”

Brig Gen Ronald Rwivanga avuga ko uko Ingabo z’u Rwanda zatangiye kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse no kuva zatangira kujya gutanga umusanzu imyaka 20 ikaba ishize, zifite ubushobozi buzemerera kuba ntacyabasha kunyeganyeza umutekano w’u Rwanda, cyangwa kurogoya ubutumwa zaba zirimo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 10 =

Previous Post

Ikipe y’u Rwanda iherutse kuruhesha ishema mu marushanwa mpuzamahanga yakiriwe na Minisitiri

Next Post

Ibyavuye mu ibazwa ry’umugore uregwa kwica umugabo nyuma yo kuvana mu kabari

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Ibyavuye mu ibazwa ry’umugore uregwa kwica umugabo nyuma yo kuvana mu kabari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.