Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cya RDF ku bakeka ko kugira ingabo nyinshi hanze byatuma Abanyarwanda batarindwa bihagije

radiotv10by radiotv10
05/12/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Igisubizo cya RDF ku bakeka ko kugira ingabo nyinshi hanze byatuma Abanyarwanda batarindwa bihagije
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buvuga ko kuba RDF ifite ingabo nyinshi ziri mu butumwa bw’amahoro mu Bihugu binyuranye, bitazana icyuho ku mutekano ukwiye Abaturarwanda, bukabizeza ko barinzwe bihagije, ahubwo ko kugira abasirikare bajya mu butumwa bituma bakaza ubumenyi, imyitozo no gukora kinyamwuga.

Ingabo z’u Rwanda zujuje imyaka 20 zitangiye gutanga umusanzu mu butumwa bw’amahoro mu Bihugu bitandukanye ku Isi, aho rwatangiriye mu Gihugu cya Sudani muri 2004.

U Rwanda kandi rwaje kohereza ingabo mu butumwa mu Bihugu nka Sudani y’Epfo, muri 2011 ndetse no muri Repubulika ya Centrafrique mu mwaka wa 2014.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga avuga ko aho Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa hose, zitwara neza ndetse ko bihamywa n’abaturage bo muri ibyo Bihugu, baba batanifuza ko zataha.

U Rwanda kandi ruza mu Bihugu bya mbere ku Isi, bifite Ingabo nyinshi ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye.

Brig Gen Ronald Rwivanga, avuga ko kuba u Rwanda rufite ingabo nyinshi ziri mu butumwa, bidashobora kuzana icyuho ku mutekano wo kurinda u Rwanda n’abarutuye, kuko byombi zibasha kubyuzuza neza.

Iyi myaka 20 kandi isanze u Rwanda rufite ibibazo by’abashaka kuruhungabanyiriza umutekano, nka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakunze kwerura kenshi ibinyujije mu bayobozi bayo ko bafite umugambi wo gushoza intambara ku Rwanda.

Brig Gen Ronald Rwivanga yaboneyeho guhumuriza Abaturarwanda, ko kuba u Rwanda rufite ingabo nyinshi ziri mu butumwa, bidashobora gutuma aba bafite iyi migambi mibisha bayigeraho.

Ati “Ndagira ngo mbwire Abanyarwanda ko umutekano wuzuye, turinda imipaka yacu, kandi biranagaragara, kuko ibitero byose bigeragejwe kuza, ntabwo bijya bigera ku ntego. Ingabo zacu ziri tayali zirakora akazi nk’uko bikwiye, turabizeza ko ahubwo tuzarushaho kugakora neza ahubwo kugira ngo dutange umutekano wuzuye.”

Akomeza avuga ko Ingabo z’u Rwanda zifite ubushobozi buhagije bwo kuba zabasha kurindira umutekano Abanyarwanda ndetse no kujya gutanga umusanzu ahandi.

Ati “Dufite ubushobozi, dufite imyitozo byo kurinda umupaka wacu tukanafasha n’abandi kugira ngo bagere ku byo twagezeho.”

Brig Gen Ronald Rwivanga avuga ko uko Ingabo z’u Rwanda zatangiye kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse no kuva zatangira kujya gutanga umusanzu imyaka 20 ikaba ishize, zifite ubushobozi buzemerera kuba ntacyabasha kunyeganyeza umutekano w’u Rwanda, cyangwa kurogoya ubutumwa zaba zirimo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Ikipe y’u Rwanda iherutse kuruhesha ishema mu marushanwa mpuzamahanga yakiriwe na Minisitiri

Next Post

Ibyavuye mu ibazwa ry’umugore uregwa kwica umugabo nyuma yo kuvana mu kabari

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Ibyavuye mu ibazwa ry’umugore uregwa kwica umugabo nyuma yo kuvana mu kabari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.