Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ikipe y’u Rwanda iherutse kuruhesha ishema mu marushanwa mpuzamahanga yakiriwe na Minisitiri

radiotv10by radiotv10
05/12/2024
in SIPORO
0
Ikipe y’u Rwanda iherutse kuruhesha ishema mu marushanwa mpuzamahanga yakiriwe na Minisitiri
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard yakiriye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu mu mukino wa Karate, iherutse kwegukana imidali itatu mu irushanwa rya Commonwealth.

Ni nyuma yuko iyi kipe igeze mu Rwanda hirya y’ejo hashize ku wa Kabiri tariki 03 Ukuboza 2024, ikubutse muri Afurika y’Epfo ahaberaga iri rushanwa rihuza Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Icyongereza ‘Commonwealth Karate Championship’.

Kuri uyu wa Kane tariki 05 Ukuboza 2024, Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard ari kumwe n’Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri, Nelly Mukazayire, bakiriye mu Biro iyi kipe.

Minisitiri Richard Nyirishema yashimiye abakinnyi kuba baritwaye neza muri aya marushanwa, abizeza ubufatanye na Minisiteri kugira ngo bazarusheho gutera imbere no kuzegukana imidali yisumbuye mu marushanwa ari imbere.

Nyuma yo kwakira aba bakinnyi, Minisitiri wa Siporo yakoranye inama n’Abayobozi b’Ishyirahamwe ry’umukino wa Karate mu Rwanda, baganira ku iterambere ry’uyu mukino, ndetse anabizeza Ubufatanye bwa Minisiteri mu kurushaho gusigasira impano ziri kwegukana imidali mu rwego Mpuzamahanga.

Ubwo iyi kipe yari ivuye muri Afurika y’Epfo, umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Karate, Kamuzinzi Christian yavuze ko kugira ngo begukane iriya midali itatu, babifashijwemo n’inkingi eshatu, ari zo, guhuza umutima, guhuza ibitekerezo, no guhuza ishyaka.

Minisitiri Nyirishema yashimiye aba bakinnyi
Yabakiriye ari kumwe n’Umunyamabanga Uhoraho muri MINISPORTS

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − one =

Previous Post

Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda yavuze uko yiyumva mbere yo kujya gutaramira mu Gihugu cy’abaturanyi

Next Post

Igisubizo cya RDF ku bakeka ko kugira ingabo nyinshi hanze byatuma Abanyarwanda batarindwa bihagije

Related Posts

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira...

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

by radiotv10
23/06/2025
0

Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika (Continental Cup) mu mukino wa Beach Volleyball rigiye kubera muri Morocco, arimo...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo cya RDF ku bakeka ko kugira ingabo nyinshi hanze byatuma Abanyarwanda batarindwa bihagije

Igisubizo cya RDF ku bakeka ko kugira ingabo nyinshi hanze byatuma Abanyarwanda batarindwa bihagije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.