Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe impamvu atahise ashoza intambara ku Rwanda nk’uko yabyizeje Abanyekongo

radiotv10by radiotv10
23/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe impamvu atahise ashoza intambara ku Rwanda nk’uko yabyizeje Abanyekongo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahinduye imvugo ku byo gushoza intambara ku Rwanda, avuga ko hagati y’Igihugu cye n’u Rwanda, ubu ashyize imbere inzira z’amahoro kurusha iz’intambara kuko ari izo zirimo ubushishozi.

Yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 22 Gashyantare mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru cyatambutse ku Gitangazamakuru cy’Igihugu RTNC.

Perezida Felix Tshisekedi ubwo yiyamamarizaga manda ya kabiri yanatorewe, yavuze ko namara gutorwa, azakoranya Imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko akayisaba uburenganzira bwo gutera u Rwanda.

Mu kiganiro cyabaye kuri uyu wa Kane yari kumwemo na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umugugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya, Perezida Tshisekedi yavuze ko yahinduye inzira kuri ibi yari yaratangaje.

Yavuze ko ubu ashyize imbere inzira z’ibiganiro n’amahoro, kurusha iz’intambara nk’uko yari yabitangaje kiriya gihe.

Yavuze ko rwose yibuka ko yakoresheje iriya mvugo, ati “Ariko ntitugomba kwibagirwa imitereere y’ahazava umuti w’aya makimbirane. Nanone kandi byabaho ari uko dufite imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko. Ikindi kandi habaho intambara dukurikije Itegeko Nshinga, twayitangaza ari uko twateranyije imitwe yombi itarabona manda.”

Tshisekedi yakomeje avuga ko akurikije imiterere y’uko ibintu byifashe ubu mu miyoborere y’Igihugu cye, ibyo gushoza intambara bidashoboka.

Ati “Iyo miterere ntinyemerera gushyira mu bikorwa ibyo nari navuze. Atari uko ntabishoboye cyangwa se ntabishaka ahubwo kubera ingamba n’ubushake biriho bigamije amahoro, ari na byo nzira zinyuze mu bushishozi kurusha iz’intambara.”

Perezida wa DRC yakomeje atanga ingero z’ubuhuza buri gukorwa na Perezida wa Angola, João Lourenço uherutse no guhuriza mu nama imwe Perezida Kagame na we (Tshisekedi).

Ati “Hari kandi inzira z’Abaperezida b’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, nka Perezida Salva Kiir agiye kuza i Kinshasa anajye i Kigali n’i Bujumura n’abandi. Hari kandi ubushake bwa America. Rero ugomba kwitonda kuko igihe cyose ingamba nk’izi zitagaragara ariko zigira akamro. Aha njye icyo nshyize imbere ni amahoro. Ndayashaka amahoro.”

Tshisekedi yakomeje avuga ko yifuriza amahoro Igihugu cye n’Abanyekongo kandi ko yiteguye kugendera muri izi nzira z’amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Perezida Kagame na Salva Kiir wa S.Sudan unayoboye EAC baganiriye ku bibazo by’akarere

Next Post

BNR yagaragaje ahaturuka icyizere gishobora gutuma igabanya inyungu ku nguzanyo yari yazamuwe

Related Posts

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BNR yagaragaje ahaturuka icyizere gishobora gutuma igabanya inyungu ku nguzanyo yari yazamuwe

BNR yagaragaje ahaturuka icyizere gishobora gutuma igabanya inyungu ku nguzanyo yari yazamuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.