Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe impamvu atahise ashoza intambara ku Rwanda nk’uko yabyizeje Abanyekongo

radiotv10by radiotv10
23/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe impamvu atahise ashoza intambara ku Rwanda nk’uko yabyizeje Abanyekongo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahinduye imvugo ku byo gushoza intambara ku Rwanda, avuga ko hagati y’Igihugu cye n’u Rwanda, ubu ashyize imbere inzira z’amahoro kurusha iz’intambara kuko ari izo zirimo ubushishozi.

Yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 22 Gashyantare mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru cyatambutse ku Gitangazamakuru cy’Igihugu RTNC.

Perezida Felix Tshisekedi ubwo yiyamamarizaga manda ya kabiri yanatorewe, yavuze ko namara gutorwa, azakoranya Imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko akayisaba uburenganzira bwo gutera u Rwanda.

Mu kiganiro cyabaye kuri uyu wa Kane yari kumwemo na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umugugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya, Perezida Tshisekedi yavuze ko yahinduye inzira kuri ibi yari yaratangaje.

Yavuze ko ubu ashyize imbere inzira z’ibiganiro n’amahoro, kurusha iz’intambara nk’uko yari yabitangaje kiriya gihe.

Yavuze ko rwose yibuka ko yakoresheje iriya mvugo, ati “Ariko ntitugomba kwibagirwa imitereere y’ahazava umuti w’aya makimbirane. Nanone kandi byabaho ari uko dufite imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko. Ikindi kandi habaho intambara dukurikije Itegeko Nshinga, twayitangaza ari uko twateranyije imitwe yombi itarabona manda.”

Tshisekedi yakomeje avuga ko akurikije imiterere y’uko ibintu byifashe ubu mu miyoborere y’Igihugu cye, ibyo gushoza intambara bidashoboka.

Ati “Iyo miterere ntinyemerera gushyira mu bikorwa ibyo nari navuze. Atari uko ntabishoboye cyangwa se ntabishaka ahubwo kubera ingamba n’ubushake biriho bigamije amahoro, ari na byo nzira zinyuze mu bushishozi kurusha iz’intambara.”

Perezida wa DRC yakomeje atanga ingero z’ubuhuza buri gukorwa na Perezida wa Angola, João Lourenço uherutse no guhuriza mu nama imwe Perezida Kagame na we (Tshisekedi).

Ati “Hari kandi inzira z’Abaperezida b’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, nka Perezida Salva Kiir agiye kuza i Kinshasa anajye i Kigali n’i Bujumura n’abandi. Hari kandi ubushake bwa America. Rero ugomba kwitonda kuko igihe cyose ingamba nk’izi zitagaragara ariko zigira akamro. Aha njye icyo nshyize imbere ni amahoro. Ndayashaka amahoro.”

Tshisekedi yakomeje avuga ko yifuriza amahoro Igihugu cye n’Abanyekongo kandi ko yiteguye kugendera muri izi nzira z’amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Perezida Kagame na Salva Kiir wa S.Sudan unayoboye EAC baganiriye ku bibazo by’akarere

Next Post

BNR yagaragaje ahaturuka icyizere gishobora gutuma igabanya inyungu ku nguzanyo yari yazamuwe

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BNR yagaragaje ahaturuka icyizere gishobora gutuma igabanya inyungu ku nguzanyo yari yazamuwe

BNR yagaragaje ahaturuka icyizere gishobora gutuma igabanya inyungu ku nguzanyo yari yazamuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.