Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe impamvu atahise ashoza intambara ku Rwanda nk’uko yabyizeje Abanyekongo

radiotv10by radiotv10
23/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe impamvu atahise ashoza intambara ku Rwanda nk’uko yabyizeje Abanyekongo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahinduye imvugo ku byo gushoza intambara ku Rwanda, avuga ko hagati y’Igihugu cye n’u Rwanda, ubu ashyize imbere inzira z’amahoro kurusha iz’intambara kuko ari izo zirimo ubushishozi.

Yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 22 Gashyantare mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru cyatambutse ku Gitangazamakuru cy’Igihugu RTNC.

Perezida Felix Tshisekedi ubwo yiyamamarizaga manda ya kabiri yanatorewe, yavuze ko namara gutorwa, azakoranya Imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko akayisaba uburenganzira bwo gutera u Rwanda.

Mu kiganiro cyabaye kuri uyu wa Kane yari kumwemo na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umugugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya, Perezida Tshisekedi yavuze ko yahinduye inzira kuri ibi yari yaratangaje.

Yavuze ko ubu ashyize imbere inzira z’ibiganiro n’amahoro, kurusha iz’intambara nk’uko yari yabitangaje kiriya gihe.

Yavuze ko rwose yibuka ko yakoresheje iriya mvugo, ati “Ariko ntitugomba kwibagirwa imitereere y’ahazava umuti w’aya makimbirane. Nanone kandi byabaho ari uko dufite imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko. Ikindi kandi habaho intambara dukurikije Itegeko Nshinga, twayitangaza ari uko twateranyije imitwe yombi itarabona manda.”

Tshisekedi yakomeje avuga ko akurikije imiterere y’uko ibintu byifashe ubu mu miyoborere y’Igihugu cye, ibyo gushoza intambara bidashoboka.

Ati “Iyo miterere ntinyemerera gushyira mu bikorwa ibyo nari navuze. Atari uko ntabishoboye cyangwa se ntabishaka ahubwo kubera ingamba n’ubushake biriho bigamije amahoro, ari na byo nzira zinyuze mu bushishozi kurusha iz’intambara.”

Perezida wa DRC yakomeje atanga ingero z’ubuhuza buri gukorwa na Perezida wa Angola, João Lourenço uherutse no guhuriza mu nama imwe Perezida Kagame na we (Tshisekedi).

Ati “Hari kandi inzira z’Abaperezida b’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, nka Perezida Salva Kiir agiye kuza i Kinshasa anajye i Kigali n’i Bujumura n’abandi. Hari kandi ubushake bwa America. Rero ugomba kwitonda kuko igihe cyose ingamba nk’izi zitagaragara ariko zigira akamro. Aha njye icyo nshyize imbere ni amahoro. Ndayashaka amahoro.”

Tshisekedi yakomeje avuga ko yifuriza amahoro Igihugu cye n’Abanyekongo kandi ko yiteguye kugendera muri izi nzira z’amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − one =

Previous Post

Perezida Kagame na Salva Kiir wa S.Sudan unayoboye EAC baganiriye ku bibazo by’akarere

Next Post

BNR yagaragaje ahaturuka icyizere gishobora gutuma igabanya inyungu ku nguzanyo yari yazamuwe

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BNR yagaragaje ahaturuka icyizere gishobora gutuma igabanya inyungu ku nguzanyo yari yazamuwe

BNR yagaragaje ahaturuka icyizere gishobora gutuma igabanya inyungu ku nguzanyo yari yazamuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.