Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo cy’ukuri guhagije cya Perezida Ruto kuri Tshisekedi wagaye Ingabo za EAC

radiotv10by radiotv10
26/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo cy’ukuri guhagije cya Perezida Ruto kuri Tshisekedi wagaye Ingabo za EAC
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, William Ruto, yasubije mugenzi we Felix Tshisekedi wakunze kugaya umusaruro w’ingabo za EAC ziri mu butumwa muri DRC, avuga ko kuva zagerayo, mu mezi 6, zakoze ibyananiranye mu myaka 30, kandi ko zagiye mu nyungu z’Abanyekongo bose.

Perezida William Ruto yabitangaje mu kiganiro yagiranye na France 24, aho Umunyamakuru, yamubajije icyo avuga ku ngabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zoherejwe mu butumwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko Perezida w’iki Gihugu, Felix Tshisekedi akaba yarakunze kuzinenga ko ntacyo zakoze kuri M23.

Perezida William Ruto avuga ko nubwo Tshisekedi yanenze umusaruro w’izi ngabo za EAC, ariko ibikorwa n’akarere, byose bikorwa mu nyungu z’Abanyekongo bose.

Ati “Ntidushobora gutererana Abanyekongo. Ikibazo cya DRC, ni cyo cyacu. Abaturage ba DRC bakwiye ibyiza birenze ibyo bafite, bakwiye kubaho mu mahoro.”

Ruto avuga ko ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bimaze imyaka ikabakaba 30, kandi ko akarere kadashobora gukomeza kubitera umugongo.

Ati “Ni yo mpamvu akarere kafashe icyemezo kandi tunatanga ubushobozi bwacu nk’Ibihugu […] ni akarere kacu kandi nagira ngo nkumenyeshe ko turi aba mbere, Kenya yabaye iya mbere muri ibi bikorwa mu kwezi k’Ugushyingo umwaka ushize.”

Yavuze ko ubwo Ingabo za Kenya zagera muri DRC, mu kwezi k’Ugushyingo 2022, umutwe wa M23 wari uri mu bilometero birindwi hafi y’umujyi wa Goma.

Ati “Ariko ndakumenyesha ko habayeho guhagarika imirwano mu mezi atatu yakurikiyeho. M23 ntikiri hafi ya Goma. M23 yasubiye inyuma kandi yanagiye itera intambwe mu myanzuro yagiye ifatwa.”

Yahise anagaruka ku ishyirwa mu bikorwa ry’indi myanzuro iherutse gufatwa, aho Ibihugu birimo Kenya, Uganda, DRC, u Rwanda n’u Burundi biherutse kujya gusura aho M23 izajyanwa.

Ati “Hari intambwe ikomeye yatewe mu gushakira amahoro uburasirazuba bwa DRC. Yego hari ibitaratungana kuko iki ntabwo ari ikibazo cy’umwaka umwe, iki ni ikibazo cy’imyaka 30.”

Yakomeje avuga ko mu cyiciro cya mbere cy’ubutumwa bw’ingabo za EAC, mu mezi atandatu, hakozwe ibyananiranye mu myaka 30, kandi hari ingabo z’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) zatanzweho amafaranga atagira ingano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Umunyarwanda yakoze ibyashobora bacye mu irushanwa rya Muzika rikomeye muri Afurika

Next Post

Hapfunduwe agaseke k’amakuru y’ikipe ya mbere mu Rwanda izwiho gukora ibyayo bucece

Related Posts

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali
AMAHANGA

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hapfunduwe agaseke k’amakuru y’ikipe ya mbere mu Rwanda izwiho gukora ibyayo bucece

Hapfunduwe agaseke k’amakuru y’ikipe ya mbere mu Rwanda izwiho gukora ibyayo bucece

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.