• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo cy’ukuri guhagije cya Perezida Ruto kuri Tshisekedi wagaye Ingabo za EAC

radiotv10by radiotv10
26/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo cy’ukuri guhagije cya Perezida Ruto kuri Tshisekedi wagaye Ingabo za EAC
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, William Ruto, yasubije mugenzi we Felix Tshisekedi wakunze kugaya umusaruro w’ingabo za EAC ziri mu butumwa muri DRC, avuga ko kuva zagerayo, mu mezi 6, zakoze ibyananiranye mu myaka 30, kandi ko zagiye mu nyungu z’Abanyekongo bose.

Perezida William Ruto yabitangaje mu kiganiro yagiranye na France 24, aho Umunyamakuru, yamubajije icyo avuga ku ngabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zoherejwe mu butumwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko Perezida w’iki Gihugu, Felix Tshisekedi akaba yarakunze kuzinenga ko ntacyo zakoze kuri M23.

Perezida William Ruto avuga ko nubwo Tshisekedi yanenze umusaruro w’izi ngabo za EAC, ariko ibikorwa n’akarere, byose bikorwa mu nyungu z’Abanyekongo bose.

Ati “Ntidushobora gutererana Abanyekongo. Ikibazo cya DRC, ni cyo cyacu. Abaturage ba DRC bakwiye ibyiza birenze ibyo bafite, bakwiye kubaho mu mahoro.”

Ruto avuga ko ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bimaze imyaka ikabakaba 30, kandi ko akarere kadashobora gukomeza kubitera umugongo.

Ati “Ni yo mpamvu akarere kafashe icyemezo kandi tunatanga ubushobozi bwacu nk’Ibihugu […] ni akarere kacu kandi nagira ngo nkumenyeshe ko turi aba mbere, Kenya yabaye iya mbere muri ibi bikorwa mu kwezi k’Ugushyingo umwaka ushize.”

Yavuze ko ubwo Ingabo za Kenya zagera muri DRC, mu kwezi k’Ugushyingo 2022, umutwe wa M23 wari uri mu bilometero birindwi hafi y’umujyi wa Goma.

Ati “Ariko ndakumenyesha ko habayeho guhagarika imirwano mu mezi atatu yakurikiyeho. M23 ntikiri hafi ya Goma. M23 yasubiye inyuma kandi yanagiye itera intambwe mu myanzuro yagiye ifatwa.”

Yahise anagaruka ku ishyirwa mu bikorwa ry’indi myanzuro iherutse gufatwa, aho Ibihugu birimo Kenya, Uganda, DRC, u Rwanda n’u Burundi biherutse kujya gusura aho M23 izajyanwa.

Ati “Hari intambwe ikomeye yatewe mu gushakira amahoro uburasirazuba bwa DRC. Yego hari ibitaratungana kuko iki ntabwo ari ikibazo cy’umwaka umwe, iki ni ikibazo cy’imyaka 30.”

Yakomeje avuga ko mu cyiciro cya mbere cy’ubutumwa bw’ingabo za EAC, mu mezi atandatu, hakozwe ibyananiranye mu myaka 30, kandi hari ingabo z’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) zatanzweho amafaranga atagira ingano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Umunyarwanda yakoze ibyashobora bacye mu irushanwa rya Muzika rikomeye muri Afurika

Next Post

Hapfunduwe agaseke k’amakuru y’ikipe ya mbere mu Rwanda izwiho gukora ibyayo bucece

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Hapfunduwe agaseke k’amakuru y’ikipe ya mbere mu Rwanda izwiho gukora ibyayo bucece

Hapfunduwe agaseke k’amakuru y’ikipe ya mbere mu Rwanda izwiho gukora ibyayo bucece

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.