Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo gitunguranye cy’ibyo mu buriri bahabwa n’abagabo babo iyo babasabye kuboneza urubyaro

radiotv10by radiotv10
01/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisubizo gitunguranye cy’ibyo mu buriri bahabwa n’abagabo babo iyo babasabye kuboneza urubyaro
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko iyo basabye abagabo babo kuboneza urubyaro, babasaba kubivuga bavuye aho ngo kuko baba bashaka gutuma baca ukubiri n’umunezero wo mu buriri.

Aba bagore babwiye RADIOTV10 ko bamaze kumva neza ihame ryo kuboneza urubyaro kandi ko babyitabira ku bwinshi kuko bamaze kumva akamaro kabyo.

Gahunda yo kuboneza urubyaro, ireba abashakanye bombi, ndetse ubu hakaba hariho n’uburyo bwakoreshwa n’abagabo, ariko ko bamwe bo muri aka gace batarabyumva.

Umwe mu bagore yagize ati “Aravuga ngo ubwo ayo mategeko dutanga yo kuvuga ngo umugabo aboneze ngo tuba dushaka ko bo nibamara kubangiriza ngo tubace inyuma, ngo iyo umugabo aboneza birangira atagishoboye gukora akazi ashinzwe.”

Aba bagore kandi bavuga ko bakimara kumenya ko n’abagabo baboneza urubyaro, bumvise ari amata abyaye amavuta kuko bumvaga abagabo babo bazajya babakira, ariko ko ibyo bibwiraga atari ko byagenze.

Undi ati “Ntiyagukundira, imyumvire yabo iracyari hasi, kuko umugabo uramubwira uti ‘nyakira’ ati ‘reka reka reka’ arakubwira ati ‘wowe genda uboneze’ ariko we ku giti cye ntiyagukundira.”

Abagabo bo muri aka gace bumva ibyo kuboneza urubaryo buri wese agasimbuka, akavuga ko adashobora kujya kubikora kuko bumvise ko iyo bo baboneje urubyaro biba birangiye.

Umwe ati “Nk’ubu mfite abana babiri, ubwo kandi ndateganya kubona undi, ubwo rero mboneje ari njye kandi wumva ku mugabo iyo aboneje urubyaro ruba rugiye…”

Umuyobozi w’Ibitaro by’ikitegererezo bya Kibungo, Dr Gahima John avuga ko nta muntu ushobora guhatira umuntu kuboneza urubyaro kuko ari uburenganzira bw’umuntu kandi ko agomba guhitamo uburyo yifuza kubikoramo yaba ubw’igihe gito, ubw’igihe kirekire ndetse n’ubwa burundu.

Ati “Iyo turi kuganiriza abantu ngo baboneze urubyaro ntabwo tubaganiriza nk’umugore n’umugabo, tuganiriza umugabo ku gite cye, tukaganiriza umugabo ku giti cye.”

Uyu muyobozi w’Ibitaro bya Kibungo avuga ko kuboneza urubyaro atari amahitamo y’umuryango cyangwa y’abashakanye, bityo ko ubagannye wese bamwakira.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Uwicuruza yafashe icyemezo gikomeye nyuma yuko umusore wamwishyuriye kwinezezanya arengeje urugero

Next Post

Yasigiye umugore we ibaruwa itangaje y’icyatumye afata icyemezo cyo kumusiga

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yasigiye umugore we ibaruwa itangaje y’icyatumye afata icyemezo cyo kumusiga

Yasigiye umugore we ibaruwa itangaje y’icyatumye afata icyemezo cyo kumusiga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.