Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo gitunguranye cy’ibyo mu buriri bahabwa n’abagabo babo iyo babasabye kuboneza urubyaro

radiotv10by radiotv10
01/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisubizo gitunguranye cy’ibyo mu buriri bahabwa n’abagabo babo iyo babasabye kuboneza urubyaro
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko iyo basabye abagabo babo kuboneza urubyaro, babasaba kubivuga bavuye aho ngo kuko baba bashaka gutuma baca ukubiri n’umunezero wo mu buriri.

Aba bagore babwiye RADIOTV10 ko bamaze kumva neza ihame ryo kuboneza urubyaro kandi ko babyitabira ku bwinshi kuko bamaze kumva akamaro kabyo.

Gahunda yo kuboneza urubyaro, ireba abashakanye bombi, ndetse ubu hakaba hariho n’uburyo bwakoreshwa n’abagabo, ariko ko bamwe bo muri aka gace batarabyumva.

Umwe mu bagore yagize ati “Aravuga ngo ubwo ayo mategeko dutanga yo kuvuga ngo umugabo aboneze ngo tuba dushaka ko bo nibamara kubangiriza ngo tubace inyuma, ngo iyo umugabo aboneza birangira atagishoboye gukora akazi ashinzwe.”

Aba bagore kandi bavuga ko bakimara kumenya ko n’abagabo baboneza urubyaro, bumvise ari amata abyaye amavuta kuko bumvaga abagabo babo bazajya babakira, ariko ko ibyo bibwiraga atari ko byagenze.

Undi ati “Ntiyagukundira, imyumvire yabo iracyari hasi, kuko umugabo uramubwira uti ‘nyakira’ ati ‘reka reka reka’ arakubwira ati ‘wowe genda uboneze’ ariko we ku giti cye ntiyagukundira.”

Abagabo bo muri aka gace bumva ibyo kuboneza urubaryo buri wese agasimbuka, akavuga ko adashobora kujya kubikora kuko bumvise ko iyo bo baboneje urubyaro biba birangiye.

Umwe ati “Nk’ubu mfite abana babiri, ubwo kandi ndateganya kubona undi, ubwo rero mboneje ari njye kandi wumva ku mugabo iyo aboneje urubyaro ruba rugiye…”

Umuyobozi w’Ibitaro by’ikitegererezo bya Kibungo, Dr Gahima John avuga ko nta muntu ushobora guhatira umuntu kuboneza urubyaro kuko ari uburenganzira bw’umuntu kandi ko agomba guhitamo uburyo yifuza kubikoramo yaba ubw’igihe gito, ubw’igihe kirekire ndetse n’ubwa burundu.

Ati “Iyo turi kuganiriza abantu ngo baboneze urubyaro ntabwo tubaganiriza nk’umugore n’umugabo, tuganiriza umugabo ku gite cye, tukaganiriza umugabo ku giti cye.”

Uyu muyobozi w’Ibitaro bya Kibungo avuga ko kuboneza urubyaro atari amahitamo y’umuryango cyangwa y’abashakanye, bityo ko ubagannye wese bamwakira.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 19 =

Previous Post

Uwicuruza yafashe icyemezo gikomeye nyuma yuko umusore wamwishyuriye kwinezezanya arengeje urugero

Next Post

Yasigiye umugore we ibaruwa itangaje y’icyatumye afata icyemezo cyo kumusiga

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Yasigiye umugore we ibaruwa itangaje y’icyatumye afata icyemezo cyo kumusiga

Yasigiye umugore we ibaruwa itangaje y’icyatumye afata icyemezo cyo kumusiga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.