Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo gitunguranye cy’ibyo mu buriri bahabwa n’abagabo babo iyo babasabye kuboneza urubyaro

radiotv10by radiotv10
01/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisubizo gitunguranye cy’ibyo mu buriri bahabwa n’abagabo babo iyo babasabye kuboneza urubyaro
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko iyo basabye abagabo babo kuboneza urubyaro, babasaba kubivuga bavuye aho ngo kuko baba bashaka gutuma baca ukubiri n’umunezero wo mu buriri.

Aba bagore babwiye RADIOTV10 ko bamaze kumva neza ihame ryo kuboneza urubyaro kandi ko babyitabira ku bwinshi kuko bamaze kumva akamaro kabyo.

Gahunda yo kuboneza urubyaro, ireba abashakanye bombi, ndetse ubu hakaba hariho n’uburyo bwakoreshwa n’abagabo, ariko ko bamwe bo muri aka gace batarabyumva.

Umwe mu bagore yagize ati “Aravuga ngo ubwo ayo mategeko dutanga yo kuvuga ngo umugabo aboneze ngo tuba dushaka ko bo nibamara kubangiriza ngo tubace inyuma, ngo iyo umugabo aboneza birangira atagishoboye gukora akazi ashinzwe.”

Aba bagore kandi bavuga ko bakimara kumenya ko n’abagabo baboneza urubyaro, bumvise ari amata abyaye amavuta kuko bumvaga abagabo babo bazajya babakira, ariko ko ibyo bibwiraga atari ko byagenze.

Undi ati “Ntiyagukundira, imyumvire yabo iracyari hasi, kuko umugabo uramubwira uti ‘nyakira’ ati ‘reka reka reka’ arakubwira ati ‘wowe genda uboneze’ ariko we ku giti cye ntiyagukundira.”

Abagabo bo muri aka gace bumva ibyo kuboneza urubaryo buri wese agasimbuka, akavuga ko adashobora kujya kubikora kuko bumvise ko iyo bo baboneje urubyaro biba birangiye.

Umwe ati “Nk’ubu mfite abana babiri, ubwo kandi ndateganya kubona undi, ubwo rero mboneje ari njye kandi wumva ku mugabo iyo aboneje urubyaro ruba rugiye…”

Umuyobozi w’Ibitaro by’ikitegererezo bya Kibungo, Dr Gahima John avuga ko nta muntu ushobora guhatira umuntu kuboneza urubyaro kuko ari uburenganzira bw’umuntu kandi ko agomba guhitamo uburyo yifuza kubikoramo yaba ubw’igihe gito, ubw’igihe kirekire ndetse n’ubwa burundu.

Ati “Iyo turi kuganiriza abantu ngo baboneze urubyaro ntabwo tubaganiriza nk’umugore n’umugabo, tuganiriza umugabo ku gite cye, tukaganiriza umugabo ku giti cye.”

Uyu muyobozi w’Ibitaro bya Kibungo avuga ko kuboneza urubyaro atari amahitamo y’umuryango cyangwa y’abashakanye, bityo ko ubagannye wese bamwakira.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Uwicuruza yafashe icyemezo gikomeye nyuma yuko umusore wamwishyuriye kwinezezanya arengeje urugero

Next Post

Yasigiye umugore we ibaruwa itangaje y’icyatumye afata icyemezo cyo kumusiga

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Yasigiye umugore we ibaruwa itangaje y’icyatumye afata icyemezo cyo kumusiga

Yasigiye umugore we ibaruwa itangaje y’icyatumye afata icyemezo cyo kumusiga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.