Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo kitavugwaho rumwe cy’inzego ku giteye impungenge cyagaragaye mu bizamini bya Leta

radiotv10by radiotv10
14/09/2023
in MU RWANDA
9
Igisubizo kitavugwaho rumwe cy’inzego ku giteye impungenge cyagaragaye mu bizamini bya Leta
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahanga mu burezi baravuga ko kuba nta kigo cy’ishuri cyo mu burezi bw’ibanze [Twelve Years Basic Education] cyaje ku rutonde rw’ibigo byatsindishije neza ku rwego rw’Igihugu, ari ikibazo gikwiye gutuma inzego z’uburezi zikebuka, mu gihe zo zivuga ko ibyo zitajya zibyitaho.

Muri iki cyumweru, Minisiteri y’Uburezi, yashyize hanze ibyavuye mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza ndetse n’icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, basoje mu mwaka w’amashuri wa 2022-2023.

Uyu muhango wanagaragarijwemo urutonde rw’ibigo byigagamo abana babaye indashyikirwa, byo mu bice byose by’Igihugu, ariko bitagaragayemo ishuri na rimwe ryo mu burezi bw’ibanze buzwi nka ‘Twelve Years Basic Education’.

Bamwe mu bahanga mu by’uburezi bavuga ko ibi ari ikibazo gikomeye, kuba mu bana batsinze neza batagaragaramo abiga muri aya mashuri yigamo abana benshi b’u Rwanda, yanashyiriweho gufasha Abana b’Igihugu bose kugerwaho n’uburezi.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’Amashuri n’Ibizamini (NESA), Dr Bernard Bahati avuga ko iyo bahemba ibi bigo byatsindishije kurusha ibindi, batajya bareba ubwoko bwabyo.

Ati “Twebwe iyo dutanga ibihembo, tureba amanota abana bagize, tukareba n’ishuri baturutseho. Ntabwo dukurikriana ngo tujye kureba status niba ari Nine Years cyangwa atari yo, niba ari private [ayigenda], twe tureba abana batsinze.”

Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Prof Joyce Mukarugwiza, avuga ko byaba biteye impungenge, mu gihe inzego z’uburezi zitajya zikora isesengura ngo zirebe ayo mashuri, ngo zirebe ko amashuri yose yaba ari gutanga uburezi bufite ireme.

Ati “Ni ikibazo kuba batabizi, ariko barabizi ni uko babiciye ku ruhande badashaka kubitangaza. Gusa bibaye batanabizi nk’uko babivuga, byaba ari ikibazo gikomeye kuko ntabwo dutegereje ko Minisitiri azaba ari uwize aba ku ishuri.”

Uyu muhanga mu by’uburezi, avuga ko mu gihe Guverinoma y’u Rwanda yashyize uburezi kuri bose, hakwiye no gutekerezwa ko abana babwigamo ari bo Rwanda rw’ejo, bityo ko bakwiye gukurikiranwa imitsindire yabo.

Ati “Ni bo bategerejwemo abayobozi b’ejo, ni yo mpamvu bakwiye kwitabwaho hakarebwa impamvu badatsinda nk’abandi.”

Bamwe mu babyeyi bavuga ko kohereza abana babo muri aya mashuri yo muri ‘Twelve Years Basic Education’ ari amaburakindi, kuko n’uwiswe ko atsinze agarukira ku mwamba.

Bavuga kandi ko iyo bagereranyije ubumenyi bayakuramo n’ubw’abiga mu bindi bigo bigamo bacumbikiwa, harimo icyunyuranyo kinini, bagatekereza ko biterwa n’uko abigamo ari ababa bagize amanota adafatika kandi n’imyigishirize yaho ikaba iri hasi.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Comments 9

  1. Pacifique says:
    2 years ago

    Sinemeranya n’uvuga ko imyigishirize yo muri nine na tuelve years basic education iri hasi. Bariya bana conditions bigamo ziragoye kuri bamwe na bamwe, hari abatabona umwanya uhagije wo gusubira mu masomo bitewe n’urugendo bakora ndetse n’imirimo bakora bageze mu ngo z’iwabo. Mu gihe abiga bacumbikirwa babona umwanya uhagije wo gusubira mu masomo.

    Reply
  2. IZABAYO Dominique says:
    2 years ago

    Nibyo koko muri 9 & 12 years basic education bakwiye kwitabwaho cyane kuko biragaragara ko bakomeje kudindira bityo bakanazadindiza igihugu mu iterambere.
    Murakoze.

    Reply
  3. TUYISHIME Fidèle says:
    2 years ago

    Nabaye Umwarimu muri 12YBE imyaka 5, Sinemeranya n’uvuga ko imyigishirize yo muri 9&12YBE iri hasi, bariya bana bariga neza nk’ Abandi ariko iyo batashye bahura na byinshi bibatwara nka 50% y’ ibyo baba bigishijwe, Bariya bana conditions bigamo ziragoye kuri bamwe na bamwe, hari abatabona umwanya uhagije wo gusubira mu masomo bitewe n’urugendo bakora ndetse n’imirimo bakora bageze mu ngo z’iwabo, inzara, Ababatereta, betting no kunyura mu isoko buri Munsi. Mu gihe abiga bacumbikirwa babona umwanya uhagije wo gusubira mu masomo.

    Bariya bana ahubwo ni Abahanga. SETU

    Reply
  4. Angélique says:
    2 years ago

    Abanyeshuri biga mu burezi bw’ibanze bw’imyaka 9 &12 nta kibazo cy’imyigire n’imyigishirize bafite , kuko bafite abarimu b’intyoza n’imfashanyigisho zirahari. Ahubwo igitera imitsindire micye ugereranije nabiga bacumbikirwa ni uko baba bajonjowe . Abahanga bose boherezwa mu bigo bigamo bacumbikirwa abasigaye nibo biga muri ayo mashuri . Ikindi gikomeye gituba badatsinda ku manota yo hejuru nka bagenzi babo ni ibibazo bitandukanye bahura nabyo iyo batashye bavuye ku ishuri navuga: urugendo rurerure , kubura umwanya wo gusubiramo amasomo, imirimo yo mu rugo, kutagira amatara mu ngo zabo,ibishuko,…

    Reply
  5. Munyemana Jean Nepomuscene says:
    2 years ago

    Tugendeye kumyigire ya 9&12 basic education ,abana bigamo ntibabona umwanya rwose kuko umwana ntitataha ngwabure gukora umurimo y’iwabo
    Naho baramabuye kuba baba babashije nogusubiza biriya baba bize bazi nubwenge ugereranyije nabandi ukuntu biga👩‍🎓

    Reply
  6. Theos says:
    2 years ago

    Hhhhhhh erega simfe na 9&12 YBE, nonese hari uwo bwo mwari mwumva wavuye muri primary public akaza muri top 10? Yemwe no muri top100 sinzi.
    Wasangaga n’igihe bagaragazaga ibigo, wasangaga hafi 100% ari ibya public biri inyuma. Wanasanga ariyo mpamvu babikuyeho.
    Ababishinzwe bagakwiye kubivugutira umuti rwose.

    Reply
  7. UWITONZE Emmanuel says:
    2 years ago

    Nge ni umwarimu muri 12 yrs Ntago nemeranya nuwo muhanga uvuga ko Aya MASHURI yacu adatanga uburezi bufite ireme Kuko abarimu bigisha boarding school twariganye ahubwo ikibazo gihari aba bana bacu bahura nibibazo bikomeye bituma ibyo bize Batabifata rero no kuba bagerageza gutsinda ni abahanga.
    Ubuse umwana azataha ajye muri beeting Abandi bakajya mu mirimo yo murugo abandi bakarara kuri za téléphone …. rero hari impamvu nyinshi zituma badatsinda ahubwo abahanga cg leta ikore ubushakashatsi barebe ikibitera gusa twebwe iwacu turatsinda nikimenyinenyi uwacu wagize ayambere yarujuje 54/54 Kandi hatsinzwe 2gusa.

    Reply
  8. NKEZABERA Innocent says:
    2 years ago

    1. Nigute aya mashuri yaza imbere ahabwa abana bagize amanota ya nyuma?
    2. Aba bana nta mwanya wo gusubiramo bagira kubera urugendo rurerure, kunyagirwa bataha, Gukora imirimo myinshi batashye……..
    3. Aya mashuri yaratereranywe kuko nta mwana w’umuyobozi guhera kuri SE w’akagari uyigamo
    4. Wowe uvuga imyigishirize yo muri 12Y iri hasi ibyo uvuga ntabyo uzi iturize

    Reply
  9. Nsengimana Charles says:
    2 years ago

    Ahubwo se Aho bariya Bana atarabahanga nihehe? Ariko uzafate nomunzego za l’ETA muri rusange,kukise bamenyako bagitifu bagomba guhabwa déplacement ? Sukugirango buzuze neza inshingano bahawe? Nonese Ubu umwana azakora urugendo agere kw, ishuri ananiwe mugutaha agere murugo ananiwe ubwose yakwigana stress ( umunaniro) agafata? Noneho ongeraho ibibazo byo mungo baba bavukamo ( imibanire y, ababyeyi bikigihe?) Mugihe uwiga abayo we ibyo byose ntibimugeraho kuko icye n,ukubyuka agakaraba agasamura agasubira mumasomo ye,ndetse niyo murugo habaye ibyago barabimuhisha kugirango bitamubuza kwiga akazabimenya mukiruhuko atashye gusa! N,ibindi n, ibindi! Ubwo se umuntu yaziga gute Koko? ahubwo bariya Bana bar,amabuye.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Inkuru y’agahinda kadasanzwe y’impanuka y’ubwato bwarimo batanu barimo uruhinja rwavutse

Next Post

Ibyavuye mu biganiro byahuje Rayon, Al Hilal na CAF byamenyekanye

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyavuye mu biganiro byahuje Rayon, Al Hilal na CAF byamenyekanye

Ibyavuye mu biganiro byahuje Rayon, Al Hilal na CAF byamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.