Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo M23 yahaye u Burayi cyumvikanamo icyo bwirengagije bujya kwamagana ifatwa rya Masisi

radiotv10by radiotv10
09/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 buravuga ko bibabaje kubona Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ushinja Abanyekongo kuvogera ubusugire bw’Igihugu cyabo, ndetse ko Masisi bafashe ituwe na benshi mu bo mu miryango y’abari muri uyu mutwe.

Ni nyuma yuko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ushyize hanze itangazo, wamagana kuba umutwe wa M23 warigaruriye agace ka Masisi, unawusaba gusubira inyuma byihuse.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Perezida wa M23, Betrand Bisimwa, yavuze ko “Birababaje kubona abantu bashinja Abanyekongo kuvogera ubusugire bw’Igihugu cyabo.”

Bisimwa yakomeje avuga ko ubu buryarya bw’umuryango mpuzamahanga bwakomeje kugaragazwa n’imiryango nk’uyu w’Ubumwe bw’u Burayi, bwagiye bwambura agaciro uburenganzira bw’Abanyekongo bwo kubaho, kandi ibyo bakora byose baba baharanira iyubahirizwa ry’ingingo ya 64 y’Itegeko Nshinga ry’Igihugu cyabo.

Perezida wa M23 avuga ko ibikorwa n’iyi Miryango Mpuzamahanga, ari agasuzuguro gakabije ikorera Abanyekongo baharanira uburenganzira bwabo banarwanya akarengane bakunze gukorerwa.

Agaruka ku gace ka Masisi gaherutse gufatwa n’uyu mutwe wa M23 bigahagurutsa iyi Miryango Mpuzamahanga, Bertrand Bisimwa yibukije ko iyi Teritwari isanzwe ari ubutaka butuyeho benshi mu bo mu miryango y’abagize uyu mutwe wa M23.

Ati “Rero birababaje kudutera amabuye kubera guharanira kubaho, no kugarurira amahoro n’umutekano abaturage ibihumbi n’ibihumbi mu Gihugu cyabo.”

Yakomeje agaragaza ibintu byirengagijwe kandi bibaje ubwo Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wajyaga gusohora ririya tangazo, birimo kuba “ukomeje guceceka nyamara hari abacancuro b’Abanyaburayi bari gukoreshwa mu bikorwa bihuriweho n’igisirikare cya Congo bigamije gutsemba bamwe mu Banyekongo.”

Yavuze kandi ko ahubwo Ubutegetsi bwa Congo ari bwo bwari bukwiye kwamaganwa kubera gukoresha imitwe y’abajenosideri nka FDLR ufite amateka mabi yo kuba abawugize barakoze Jenoside mu Rwanda, bakanakomereza ibi bikorwa mu kwica Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Akavuga ko ibyo M23 igenda ikora byose n’uduce igenda ifata, atari yo iba yatangije ibyo bitero, ahubwo ko ari uruhande bahanganye rubibagabaho cyangwa rukabigaba ku baturage b’abasivile, kandi ko badashobora kubirebera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − thirteen =

Previous Post

Umusore uregwa kwica umugabo amutemesheje umuhoro yisobanura ko ari amadayimoni yamwoheje

Next Post

Havuzwe icyateye impanuka yatumye habaho umuvundo ukabije w’ibinyabiziga mu muhanda Kigali-Muhanga

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Havuzwe icyateye impanuka yatumye habaho umuvundo ukabije w’ibinyabiziga mu muhanda Kigali-Muhanga

Havuzwe icyateye impanuka yatumye habaho umuvundo ukabije w’ibinyabiziga mu muhanda Kigali-Muhanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.