Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo M23 yahaye u Burayi cyumvikanamo icyo bwirengagije bujya kwamagana ifatwa rya Masisi

radiotv10by radiotv10
09/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 buravuga ko bibabaje kubona Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ushinja Abanyekongo kuvogera ubusugire bw’Igihugu cyabo, ndetse ko Masisi bafashe ituwe na benshi mu bo mu miryango y’abari muri uyu mutwe.

Ni nyuma yuko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ushyize hanze itangazo, wamagana kuba umutwe wa M23 warigaruriye agace ka Masisi, unawusaba gusubira inyuma byihuse.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Perezida wa M23, Betrand Bisimwa, yavuze ko “Birababaje kubona abantu bashinja Abanyekongo kuvogera ubusugire bw’Igihugu cyabo.”

Bisimwa yakomeje avuga ko ubu buryarya bw’umuryango mpuzamahanga bwakomeje kugaragazwa n’imiryango nk’uyu w’Ubumwe bw’u Burayi, bwagiye bwambura agaciro uburenganzira bw’Abanyekongo bwo kubaho, kandi ibyo bakora byose baba baharanira iyubahirizwa ry’ingingo ya 64 y’Itegeko Nshinga ry’Igihugu cyabo.

Perezida wa M23 avuga ko ibikorwa n’iyi Miryango Mpuzamahanga, ari agasuzuguro gakabije ikorera Abanyekongo baharanira uburenganzira bwabo banarwanya akarengane bakunze gukorerwa.

Agaruka ku gace ka Masisi gaherutse gufatwa n’uyu mutwe wa M23 bigahagurutsa iyi Miryango Mpuzamahanga, Bertrand Bisimwa yibukije ko iyi Teritwari isanzwe ari ubutaka butuyeho benshi mu bo mu miryango y’abagize uyu mutwe wa M23.

Ati “Rero birababaje kudutera amabuye kubera guharanira kubaho, no kugarurira amahoro n’umutekano abaturage ibihumbi n’ibihumbi mu Gihugu cyabo.”

Yakomeje agaragaza ibintu byirengagijwe kandi bibaje ubwo Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wajyaga gusohora ririya tangazo, birimo kuba “ukomeje guceceka nyamara hari abacancuro b’Abanyaburayi bari gukoreshwa mu bikorwa bihuriweho n’igisirikare cya Congo bigamije gutsemba bamwe mu Banyekongo.”

Yavuze kandi ko ahubwo Ubutegetsi bwa Congo ari bwo bwari bukwiye kwamaganwa kubera gukoresha imitwe y’abajenosideri nka FDLR ufite amateka mabi yo kuba abawugize barakoze Jenoside mu Rwanda, bakanakomereza ibi bikorwa mu kwica Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Akavuga ko ibyo M23 igenda ikora byose n’uduce igenda ifata, atari yo iba yatangije ibyo bitero, ahubwo ko ari uruhande bahanganye rubibagabaho cyangwa rukabigaba ku baturage b’abasivile, kandi ko badashobora kubirebera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + three =

Previous Post

Umusore uregwa kwica umugabo amutemesheje umuhoro yisobanura ko ari amadayimoni yamwoheje

Next Post

Havuzwe icyateye impanuka yatumye habaho umuvundo ukabije w’ibinyabiziga mu muhanda Kigali-Muhanga

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano
IMIBEREHO

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Havuzwe icyateye impanuka yatumye habaho umuvundo ukabije w’ibinyabiziga mu muhanda Kigali-Muhanga

Havuzwe icyateye impanuka yatumye habaho umuvundo ukabije w’ibinyabiziga mu muhanda Kigali-Muhanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.