Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo RIB yahaye uwayibajije icyo iteganyiriza Abaturarwanda mu mpera z’umwaka

radiotv10by radiotv10
02/12/2024
in MU RWANDA
0
Igisubizo RIB yahaye uwayibajije icyo iteganyiriza Abaturarwanda mu mpera z’umwaka
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwasabye Abaturarwanda, gusoza umwaka birinda ibyaha, kandi bakishima banibuka gahunda ya Tunyweless, ubwo rwasubizaga uwarubajije icyo ruteganyiriza abantu muri izi mpera z’umwaka n’uburyo bazishimira iminsi mikuru kandi hariho gahunda isaba abantu kunywa inzoga nke.

Utwitwa Hope Nirere yanyujije ubutumwa ku rubuga nkoranyambaga rwa X [Twitter] asaba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kugira inama Abaturarwanda uko bakwiye kwitwara muri izi mpera z’umwaka.

Yagize ati “Rwego dukunda RIB ko mbona dutangiye impera z’umwaka tukaba dushima inzego zacu zirimo RIB ko zikomeje kuturinda tunabashima cyane, Jeannot Ruhunga (Umunyamabanga Mukuru wa RIB), Murangira B. Thierry (Umuvugizi wa RIB). Ubu muraduteganyiriza iki muri izi mpera z’umwaka? Ubwo bizashoboka ko twishima tunywaless?”

Mu gusubiza uyu muturage, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwavuze ko bishoboka ko abantu bazishima kandi banaywa ibisindisha biringaniye.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwagize ruti “birashoboka cyane kwishima abantu banywaLess ni na byo tubifuriza kuko ari byo bikurinda kugwa mu byaha bitandukanye.”

RIB kandi yavuze ko mu mpera z’umwaka, abantu bakwiye kuwusoza birinda gukora ibyaha, kugira ngo bazinjire mu mwaka mushya mu mahoro.

Ati “Muri izi mpera z’umwaka, icyo tubizeza ni ugukomeza kurwanya icyaha, kandi dufatanyije namwe birashoboka. Tukwifurije gutangira ukwezi k’Ukuboza neza, kuzakubere ukwezi kuzira icyaha.”

Uyu muturage abajije RIB iki kibazo, mu gihe mu mpera z’umwaka no mu ntangiro z’undi, hakunze kugaragara ibyaha binyuranye bikorwa na bamwe mu baba bishimira iminsi mikuru itetaganyijwemo, barimo abanywa inzoga bakarenza igipimo, bigatera bamwe gukora urugomo ndetse n’abakora amakosa mu muhanda batwaye ibinyabiziga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 18 =

Previous Post

IFOTO: Mayor w’Akarere kamwe yahuye n’umuturage w’imyaka 3 barasabaana anamugezaho icyifuzo

Next Post

Uwitabiriye Miss Rwanda yahishuye aho urukundo rwe n’umusore yihebeye rugeze

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwitabiriye Miss Rwanda yahishuye aho urukundo rwe n’umusore yihebeye rugeze

Uwitabiriye Miss Rwanda yahishuye aho urukundo rwe n’umusore yihebeye rugeze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.