Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ihere ijisho amafoto ya Perezida Kagame mu kiganiro na Radio10

radiotv10by radiotv10
02/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ihere ijisho amafoto ya Perezida Kagame mu kiganiro na Radio10

Perezida Kagame mu kiganiro na Radio 10

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagiranye ikiganiro n’Abanyarwanda cyatambutse kuri Radio 10, cyagarutse ku rugendo rwo kubaka u Rwanda mu myaka 30 ishize, ndetse n’amateka ya mbere yaho no muri iki gihe.

Iki kiganiro cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 01 Mata 2024, cyanatambutse ku bindi bitangazamakuru byo mu Rwanda, birimo Royal FM ndetse n’andi maradiyo yo mu Rwanda.

Abanyamakuru Oswald Mutuyeyezu wa RADIOTV10, ndetse na Aissa Cyiza wa Royal FM, ni bo baganiriye na Perezida Paul Kagame wanashimiye uruhare itangazamakuru rikomeje kugira mu rugendo rw’Igihugu.

Muri iki kiganiro, Perezida Paul Kagame yongeye kwibutsa Abanyarwanda gukomeza gukomera ku bumwe bwabo, kuko ari wo musingi wo kongera kubaka u Rwanda nyuma yo guhagarika Jenoside.

Yavuze ko nyuma yo guhagarika Jenoside, byasabaga kongera kubaka Igihugu, ariko ko bitari gushoboka bitagizwemo uruhare na buri wese, yaba abari bamaze kubura ababo n’ibyabo, ndetse n’abari babahekuye, bityo ko icyagombaga kwihutirwa kwari ugushaka uburyo bashyira hamwe.

Nanone kandi umukuru w’u Rwanda yagarutse ku rugendo rwo kwibohora, agaruka ku mateka ye yo mu buto bwe, ubwo yari mu buhunzi, abona ubuzima bugoye, yatangiye gutekereza icyakorwa kugira ngo akarengane kakorerwa ubwoko bumwe bw’Abanyarwanda bari mu Rwanda gacike, ari bwo we na bagenzi be baje gutekereza urugamba rwo kwibohora.

Mu mateka y’urugamba, Perezida Kagame yavuze ko nyuma y’itabaruka rya Fred Gisa Rwigema, byabaye bibi, ku buryo hari n’abacitse intege bakaruvaho, ku buryo byasabye ingufu zidasanzwe kugira ingabo zari RPA zongere kwisuganya, ubwo yari aje kuruyobora.

Yanagarutse kandi ku bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byagiye byikorezwa u Rwanda kandi ntaho ruhuriye nabyo, avuga ko “Kukwikoreza umuzigo wa Congo ni nko kukwikoreza umurambo w’impyisi.” Kuko ibi bibazo bifite umuzi mu mateka yo hambere, akwiye kubanza guhabwa umurongo.

Ku bakunze kugira ibyo bavuga ku miyoborere y’u Rwanda, bamuvugaho we ubwe, ko yakomeje kuguma ku butegetsi, avuga ko byose ari amahitamo y’Abanyarwanda kandi ko n’amateka y’iki Gihugu ubwayo, yagiye atuma na we yumva ko agomba gukomeza gutanga umusanzu.

Ni ikiganiro cyagarutse ku ngingo zinyuranye, zirimo n’ibiteye amatsiko nk’uko umunsi we w’akazi uba umeze, uko yita ku muryango we by’umwihariko abuzukuru be, yagiye agaragara bari kumwe.

Perezida Kagame mu kiganiro na Radio 10
Yagarutse ku mateka arimo n’ayo mu buto bwe
Abanyamakuru Oswald Mutuyeyezu na Aissa Cyiza banyuzwe n’ikiganiro bagiranye n’Umukuru w’Igihugu
Oswald Mutuyeyezu
Na Aissa Cyiza

Itsinda ry’abakozi ba Radio 10 barimo n’abashinzwe tekiniki

Photos © Urugwiro Village

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 3 =

Previous Post

Amateka ateye amatsiko yo mu buto bwa Perezida Kagame yashibutsemo urugamba rwo Kwibohora

Next Post

Perezida Kagame yasobanuye uko ku rugamba byari byifashe nyuma y’urupfu rwa Rwigema

Related Posts

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

IZIHERUKA

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe
FOOTBALL

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

19/12/2025
Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

18/12/2025
Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yasobanuye uko ku rugamba byari byifashe nyuma y’urupfu rwa Rwigema

Perezida Kagame yasobanuye uko ku rugamba byari byifashe nyuma y’urupfu rwa Rwigema

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.