Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ihere ijisho amafoto ya Perezida Kagame mu kiganiro na Radio10

radiotv10by radiotv10
02/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ihere ijisho amafoto ya Perezida Kagame mu kiganiro na Radio10

Perezida Kagame mu kiganiro na Radio 10

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagiranye ikiganiro n’Abanyarwanda cyatambutse kuri Radio 10, cyagarutse ku rugendo rwo kubaka u Rwanda mu myaka 30 ishize, ndetse n’amateka ya mbere yaho no muri iki gihe.

Iki kiganiro cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 01 Mata 2024, cyanatambutse ku bindi bitangazamakuru byo mu Rwanda, birimo Royal FM ndetse n’andi maradiyo yo mu Rwanda.

Abanyamakuru Oswald Mutuyeyezu wa RADIOTV10, ndetse na Aissa Cyiza wa Royal FM, ni bo baganiriye na Perezida Paul Kagame wanashimiye uruhare itangazamakuru rikomeje kugira mu rugendo rw’Igihugu.

Muri iki kiganiro, Perezida Paul Kagame yongeye kwibutsa Abanyarwanda gukomeza gukomera ku bumwe bwabo, kuko ari wo musingi wo kongera kubaka u Rwanda nyuma yo guhagarika Jenoside.

Yavuze ko nyuma yo guhagarika Jenoside, byasabaga kongera kubaka Igihugu, ariko ko bitari gushoboka bitagizwemo uruhare na buri wese, yaba abari bamaze kubura ababo n’ibyabo, ndetse n’abari babahekuye, bityo ko icyagombaga kwihutirwa kwari ugushaka uburyo bashyira hamwe.

Nanone kandi umukuru w’u Rwanda yagarutse ku rugendo rwo kwibohora, agaruka ku mateka ye yo mu buto bwe, ubwo yari mu buhunzi, abona ubuzima bugoye, yatangiye gutekereza icyakorwa kugira ngo akarengane kakorerwa ubwoko bumwe bw’Abanyarwanda bari mu Rwanda gacike, ari bwo we na bagenzi be baje gutekereza urugamba rwo kwibohora.

Mu mateka y’urugamba, Perezida Kagame yavuze ko nyuma y’itabaruka rya Fred Gisa Rwigema, byabaye bibi, ku buryo hari n’abacitse intege bakaruvaho, ku buryo byasabye ingufu zidasanzwe kugira ingabo zari RPA zongere kwisuganya, ubwo yari aje kuruyobora.

Yanagarutse kandi ku bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byagiye byikorezwa u Rwanda kandi ntaho ruhuriye nabyo, avuga ko “Kukwikoreza umuzigo wa Congo ni nko kukwikoreza umurambo w’impyisi.” Kuko ibi bibazo bifite umuzi mu mateka yo hambere, akwiye kubanza guhabwa umurongo.

Ku bakunze kugira ibyo bavuga ku miyoborere y’u Rwanda, bamuvugaho we ubwe, ko yakomeje kuguma ku butegetsi, avuga ko byose ari amahitamo y’Abanyarwanda kandi ko n’amateka y’iki Gihugu ubwayo, yagiye atuma na we yumva ko agomba gukomeza gutanga umusanzu.

Ni ikiganiro cyagarutse ku ngingo zinyuranye, zirimo n’ibiteye amatsiko nk’uko umunsi we w’akazi uba umeze, uko yita ku muryango we by’umwihariko abuzukuru be, yagiye agaragara bari kumwe.

Perezida Kagame mu kiganiro na Radio 10
Yagarutse ku mateka arimo n’ayo mu buto bwe
Abanyamakuru Oswald Mutuyeyezu na Aissa Cyiza banyuzwe n’ikiganiro bagiranye n’Umukuru w’Igihugu
Oswald Mutuyeyezu
Na Aissa Cyiza

Itsinda ry’abakozi ba Radio 10 barimo n’abashinzwe tekiniki

Photos © Urugwiro Village

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Amateka ateye amatsiko yo mu buto bwa Perezida Kagame yashibutsemo urugamba rwo Kwibohora

Next Post

Perezida Kagame yasobanuye uko ku rugamba byari byifashe nyuma y’urupfu rwa Rwigema

Related Posts

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

IZIHERUKA

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo
AMAHANGA

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

by radiotv10
09/12/2025
0

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

09/12/2025
Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

09/12/2025
Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yasobanuye uko ku rugamba byari byifashe nyuma y’urupfu rwa Rwigema

Perezida Kagame yasobanuye uko ku rugamba byari byifashe nyuma y’urupfu rwa Rwigema

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.