Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ihere ijisho amafoto ya Perezida Kagame mu kiganiro na Radio10

radiotv10by radiotv10
02/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ihere ijisho amafoto ya Perezida Kagame mu kiganiro na Radio10

Perezida Kagame mu kiganiro na Radio 10

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagiranye ikiganiro n’Abanyarwanda cyatambutse kuri Radio 10, cyagarutse ku rugendo rwo kubaka u Rwanda mu myaka 30 ishize, ndetse n’amateka ya mbere yaho no muri iki gihe.

Iki kiganiro cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 01 Mata 2024, cyanatambutse ku bindi bitangazamakuru byo mu Rwanda, birimo Royal FM ndetse n’andi maradiyo yo mu Rwanda.

Abanyamakuru Oswald Mutuyeyezu wa RADIOTV10, ndetse na Aissa Cyiza wa Royal FM, ni bo baganiriye na Perezida Paul Kagame wanashimiye uruhare itangazamakuru rikomeje kugira mu rugendo rw’Igihugu.

Muri iki kiganiro, Perezida Paul Kagame yongeye kwibutsa Abanyarwanda gukomeza gukomera ku bumwe bwabo, kuko ari wo musingi wo kongera kubaka u Rwanda nyuma yo guhagarika Jenoside.

Yavuze ko nyuma yo guhagarika Jenoside, byasabaga kongera kubaka Igihugu, ariko ko bitari gushoboka bitagizwemo uruhare na buri wese, yaba abari bamaze kubura ababo n’ibyabo, ndetse n’abari babahekuye, bityo ko icyagombaga kwihutirwa kwari ugushaka uburyo bashyira hamwe.

Nanone kandi umukuru w’u Rwanda yagarutse ku rugendo rwo kwibohora, agaruka ku mateka ye yo mu buto bwe, ubwo yari mu buhunzi, abona ubuzima bugoye, yatangiye gutekereza icyakorwa kugira ngo akarengane kakorerwa ubwoko bumwe bw’Abanyarwanda bari mu Rwanda gacike, ari bwo we na bagenzi be baje gutekereza urugamba rwo kwibohora.

Mu mateka y’urugamba, Perezida Kagame yavuze ko nyuma y’itabaruka rya Fred Gisa Rwigema, byabaye bibi, ku buryo hari n’abacitse intege bakaruvaho, ku buryo byasabye ingufu zidasanzwe kugira ingabo zari RPA zongere kwisuganya, ubwo yari aje kuruyobora.

Yanagarutse kandi ku bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byagiye byikorezwa u Rwanda kandi ntaho ruhuriye nabyo, avuga ko “Kukwikoreza umuzigo wa Congo ni nko kukwikoreza umurambo w’impyisi.” Kuko ibi bibazo bifite umuzi mu mateka yo hambere, akwiye kubanza guhabwa umurongo.

Ku bakunze kugira ibyo bavuga ku miyoborere y’u Rwanda, bamuvugaho we ubwe, ko yakomeje kuguma ku butegetsi, avuga ko byose ari amahitamo y’Abanyarwanda kandi ko n’amateka y’iki Gihugu ubwayo, yagiye atuma na we yumva ko agomba gukomeza gutanga umusanzu.

Ni ikiganiro cyagarutse ku ngingo zinyuranye, zirimo n’ibiteye amatsiko nk’uko umunsi we w’akazi uba umeze, uko yita ku muryango we by’umwihariko abuzukuru be, yagiye agaragara bari kumwe.

Perezida Kagame mu kiganiro na Radio 10
Yagarutse ku mateka arimo n’ayo mu buto bwe
Abanyamakuru Oswald Mutuyeyezu na Aissa Cyiza banyuzwe n’ikiganiro bagiranye n’Umukuru w’Igihugu
Oswald Mutuyeyezu
Na Aissa Cyiza

Itsinda ry’abakozi ba Radio 10 barimo n’abashinzwe tekiniki

Photos © Urugwiro Village

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + four =

Previous Post

Amateka ateye amatsiko yo mu buto bwa Perezida Kagame yashibutsemo urugamba rwo Kwibohora

Next Post

Perezida Kagame yasobanuye uko ku rugamba byari byifashe nyuma y’urupfu rwa Rwigema

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yasobanuye uko ku rugamba byari byifashe nyuma y’urupfu rwa Rwigema

Perezida Kagame yasobanuye uko ku rugamba byari byifashe nyuma y’urupfu rwa Rwigema

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.