Tuesday, October 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ijambo Perezida wa Sena y’u Rwanda yavugiye i Burundi bikavugwa ko bwafunguye imipaka nyuma y’icyumweru

radiotv10by radiotv10
01/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Rwanda&Burundi: Abayobora Sena bashimye intambwe yatewe mu gutuma Ibihugu byongera kubana kivandimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’icyumweru kimwe Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Iyamuremye Augustin agiriye uruzinduko mu Burundi akanagirana ibiganiro na mugenzi we, hari amakuru yatangajwe ko iki Gihugu cyafunguye imipaka igihuza n’u Rwanda nyuma y’imyaka irindwi ifunze.

Aya makuru yasakaye kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Nzeri 2022, aho bamwe mu bategetsi bo mu Gihugu cy’u Burundi bemeje aya makuru.

Umwe mu bategetsi bakuru muri Guverinoma y’u Burundi, yabwiye BBC ko abambuka imipaka hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda, bazajya babikora bisanzuye.

Yagize ati “Impushya ntabwo zigisabwa. Abantu bazajya bambuka bisanzuye.” 

Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Gatanu ya bamwe mu bambutse iyi mipaka, bagaragaje akanyamuneza ko kongera kwambuka bisanzuye nkuko byahoze mbere.

Guverinoma y’u Burundi, ifunguye imipaka nyuma y’iminsi micye iki Gihugu kigenderewe na Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Iyamuremye Augustin wari mu Burundi aho yari yitabiriye inama y’Umuryango wa za Sena z’Ibihugu byo muri Afurika n’izo mu by’Abarabu uzwi nka ASSECAA.

Hon Iyamuremye wanabonanye na mugenzi we Perezida wa Sena y’u Burundi, Hon. Emmanuel Sinzohagera, tariki 19 Nzeri 2022 bagiranye ibiganiro by’ubutwererane.

Dr Iyamuremye Augustin na mugenzi we Hon. Emmanuel Sinzohagera, bashimye uko Guverinoma z’Ibihugu byombi zagaragaje ubushake bwa politiki n’umuhate mu kubyutsa umubano wabyo mu gutuma urujya n’uruza hagati yabyo rwongera kubaho mu nyungu z’ababituye basanzwe babanye nk’abavandimwe.

Perezida wa Sena y’u Rwanda kandi yanabonyanye na bamwe mu baturage b’i Burundi abagezaho ijambo.

Muri iri jambo, Dr Iyamuremye yavuze ko atari ubwa mbere agiriye uruzinduko i Burundi ahubwo ko “na cyera najyaga ngenderera Igihugu cy’ikivandimwe kuko dufite abavandimwe hano i Bujumbura mu Gihugu hose namwe mukaba mubafite mu Rwanda.”

Muri iri jambo ryo gusezera ku Barundi muri uru ruzinduko yari yagiriye muri iki Gihugu, Dr Iyamuremye, yakomeje agira ati “Icyo twifuza ni uko twakomeza ndetse tukarushaho kugenderana.”

Yavuze ko Abanyarwanda n’Abarundi ari abavandimwe kuko basangiye byinshi birimo n’ururimi nubwo bamwe bavuga Ikinyarwanda abandi bakavuga Ikirundi ariko iyo baganira buri umwe yumva ibyo undi avuze.

Ibibazo hagati y’u Rwanda n’u Burundi, byavutse muri 2015 ubwo uwari Perezida w’u Burundi, nyakwigendera Pierre Nkurunziza yari agiye guhirikwa ku butegetsi, hakavuka imvururu, zatumye bamwe mu Barundi bahungira mu Rwanda.

Icyo gihe Guverinoma y’u Burundi yavugaga ko abari bagiye guhirika Nkurunziza bahungiye mu Rwanda ndetse ko u Rwanda rwariho rubafasha ngo bazasubireyo, ariko u Rwanda rubihakana kenshi.

Hari hashize iminsi Guverinoma z’Ibihugu byombi ziri mu biganiro byo kubura umubano, aho bamwe mu bayobozi bo mu nzego nkuru bagiye bagirira uruzinduko mu Gihugu kimwe ndetse bamwe bakaba barabaga bajyanye ubutumwa bw’Abakuru b’Ibihugu babaga bohererezanyije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Bamporiki wasomewe adahari yakatiwe gufungwa imyaka ine

Next Post

Habonetse ishuri ryigamo abakobwa batwite n’ababyaye gusa

Related Posts

Uwabaye umuyobozi ukomeye muri Minisiteri akurikiranyweho gusambanya abakobwa

Ibyamenyekanye ku rubanza ruregwamo uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda wahamijwe gusambanya umwana

by radiotv10
21/10/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire ruregwamo Antoine Ruvebana wabaye Umunyamabanga Uhoraho mu yahoze ari Minisiteri Ishinzwe Ibiza n'Impunzi wahamijwe icyaha cyo gusambanya...

Icyibanzweho mu biganiro byahuje Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Bufaransa ubwo hakirwaga Umujenerali wazo

Icyibanzweho mu biganiro byahuje Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Bufaransa ubwo hakirwaga Umujenerali wazo

by radiotv10
21/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo w’u Bufaransa Zirwanira ku Butaka, General Pierre Schill; yakiriwe n’Umugaba Mukuru w’iz’u Rwanda, General Mubarakh Muganga, ndetse...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

by radiotv10
21/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abasore batatu b’abanyamahanga biga mu Rwanda, bagaragaye basagarira abamotari, aho babakubise bakabakomeretsa....

Is remote work changing how Kigali residents live?

Is remote work changing how Kigali residents live?

by radiotv10
21/10/2025
0

Before the COVID-19 pandemic, most people in Kigali woke up early, dressed formally, and rushed to offices in places like...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
21/10/2025
0

Nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umuntu ujya mu muhanda rwagati mu Mujyi wa Kigali akaryamamo mu bikomeje gukoreshwa...

IZIHERUKA

Uwabaye umuyobozi ukomeye muri Minisiteri akurikiranyweho gusambanya abakobwa
MU RWANDA

Ibyamenyekanye ku rubanza ruregwamo uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda wahamijwe gusambanya umwana

by radiotv10
21/10/2025
0

Icyibanzweho mu biganiro byahuje Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Bufaransa ubwo hakirwaga Umujenerali wazo

Icyibanzweho mu biganiro byahuje Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Bufaransa ubwo hakirwaga Umujenerali wazo

21/10/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

21/10/2025
Is remote work changing how Kigali residents live?

Is remote work changing how Kigali residents live?

21/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

21/10/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

21/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habonetse ishuri ryigamo abakobwa batwite n’ababyaye gusa

Habonetse ishuri ryigamo abakobwa batwite n’ababyaye gusa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyamenyekanye ku rubanza ruregwamo uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda wahamijwe gusambanya umwana

Icyibanzweho mu biganiro byahuje Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Bufaransa ubwo hakirwaga Umujenerali wazo

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.