Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
04/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko ko bisaba ko na Congo ibigenza uko byumwihariko ku ngingo yo kurandura umutwe wa FDLR, igihe itabikoze, u Rwanda na rwo rwiteguye gukomeza gukora ibikwiye bigamije kurinda Abanyarwanda.

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Nyakanga 2025 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, aho yabajijwe ku Masezerano y’Amahoro Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zasinyiye muri Leta Zunze Ubumwe za America ku wa Gatanu w’icyumweru gishize.

Umukuru w’u Rwanda yashimiye ubutegetsi bwa Donald Trump, kuba bwo bwaragagaje ubushake bwo gushaka umuti w’ibibazo bubihereye mu mizi.

Yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za America zitashyize imbere ingingo imwe irebana n’Ubukungu, ahubwo ko hitawe ku ngingo eshatu zishinze imizi kuri ibi bibazo, zirimo izijyanye na Politiki, izijyanye n’Umutekano ndetse n’Ingingo y’Ubukungu.

Perezida Kagame yavuze ko abantu benshi bakunze guhanga amaso ku ngingo irebana n’umutungo kamere w’amabuye y’agaciro ari muri kiriya Gihugu, bakirengegiza umuzi wabyo, urimo n’ikibazo cy’umutwe wa FDLR cyanatumye havuka M23 yagizwe ikibazo ubu.

Yavuze ko kurenga ku muzi w’ibi bibazo hagafatwa ibyemezo bidafite aho bihuriye n’ibyazana igisubizo, nko guhora bashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, cyangwa kurufatira ibihano, bidashobora kuzana umuti.

Mu masezerano yashyiriweho umukono i Washington DC mu cyumweru gishize, harimo ingingo irebana no kurandura umutwe wa FDLR umaze igihe ukorana n’ubutegetsi bwa Congo unagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Harimo kandi n’ingingo irebana no gusaba u Rwanda gukuraho ingamba z’ubwirinzi rwakajije mu kurinda ubusugire bw’Igihugu umutekano wacyo n’uw’abagituye.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko uko byagenda kose ikibazo cy’uyu mutwe wa FDLR kigomba kujya ku ruhande, kandi kidakemutse, u Rwanda ntakizarubuza gukomeza gukaza izo ngamba rwashyizeho.

Ati “Igihe ikibazo cya FDLR kidakemutse kandi twaragaragaje mu masezerano uburyo kigomba gukemuka, bizaba bivuze ko FDLR izakomeza kuba hariya, n’u Rwanda na rwo ruzakomeza ibyo rukwiye gukora igihe cyose FDLR iteje impungenge umutekano w’umupaka wacu.”

Perezida Kagame avuga ko impande zashyize umukono kuri aya masezerano zikwiye gukora ibyo zemeye, kandi ko u Rwanda ruzabikora uko byakabaye, ariko ko igihe urundi ruhande rutabikora, na rwo [u Rwanda] ruzakora ibishoboka kugira ngo rurinde umutekano warwo.

Ati “Twe dufite izo nshingano, kandi tuzazikomeza, twagaragaje impungenge zacu, kandi hari byinshi twemeranyijweho tugomba gukorana n’abandi, rero tuzabikora, ntuzigera ubona u Rwanda ruhangana no kudashyira mu bikorwa ibyo rwiyemeje gukora, ariko uruhande tugomba gukorana, nirujya mu by’amacenga rugakomerezaho ku kibazo, rwose tuzakomeza guhangana n’ikibazo nk’uko n’ubundi twabigenje.”

 

U Rwanda rwiteguye ku mpu zombi

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo si rimwe cyangwa kabiri, yagiye irenga ku byabaga biri mu masezerano yishyiriyeho umukono ubwayo.

Perezida Kagame avuga ko kuri aya masezerano y’i Washington, u Rwanda ruzakora ibishoboka byose kugira ngo rushyire mu bikorwa ibyo rwemeye.

Ati “Ariko bimwe bihera ku by’abandi bakora na bo twemeranyije. Iyo badakora ibyo twemeranyije, ubwo birumvikana ko bifite ingaruka ku byo natwe tugomba gukora kuko tugomba kubikora ari uko n’abandi bujuje uruhande rwabo.”

Avuga ko mu gihe izi nzira na zo zitakora, hazakomeza gushakwa izindi nzira zatuma ibibazo bihari bibonerwa umuti, ariko ko no mu gihe bigihari, hazashyirwaho ingamba zo gutuma bitagira ingaruka ku Banyarwanda.

Ati “Igihe inzira yo gukemura ibibazo uko bikwiye kuba bikemuka itaraboneka, u Rwanda na rwo ruzakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo rurinde Abanyarwanda, rurinde Igihugu, aho kubura umutekano bitewe n’uko abandi twumvikanye batuzuza ibyangombwa.”

Umukuru w’Igihugu avuga ko u Rwanda rutahwemye gukomeza gushaka uburyo ibibazo byakemuka binyuze mu nzira z’amahoro kandi habanje kurebwa umuzi w’ibibazo, bityo ko ruzanakomeza gushakisha uburyo byagerwaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Next Post

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.