Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ikibazo cyaramutse cyabereye imbogamizi Abanyakigali mu kwishyurana hagaragajwe uko gihagaze

radiotv10by radiotv10
15/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ikibazo cyaramutse cyabereye imbogamizi Abanyakigali mu kwishyurana hagaragajwe uko gihagaze
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete ya Mobile Money Rwanda Ltd ishamikiye kuri MTN Rwanda, itanga serivisi zo kohererezanya amafaranga no kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Telefone, yatangaje ko ikibazo cyari cyabaye muri iri koranabuhanga cyakemutse.

Ni ikibazo cyaramutse muri iri koranabuhanga, aho rimaze kwinjira mu buzima bwa buri munsi bw’Abaturarwanda byumwihariko abo mu Mujyi wa Kigali, barikoresha mu kwishyura serivisi hafi ya zose bakenera.

Ibi byatumye bamwe mu bagenzi bagenda n’imodoka zikora mu buryo bwa rusange, babura uko bashyira amafaranga ku makarita yabo, ndetse n’abatega moto, bari babuze uko bishyura abamotari.

Ni ikibazo cyatakwaga cyane n’abatwara abagenzi kuri moto (Abamotari) bavugaga ko cyabateranyaga n’abagenzi babagezaga aho babaga berecyeje ariko bagerayo bakabura uko babishyura kuko iri koranabuhanga ryari ryanze.

Umwe mu bamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali, yagize ati “Hari abakiliya benshi najyaga gutwara, nababaza nti ‘ese bimeze bite?’ ati ‘none se ko njye nyafite kuri telefone?’ nkamubwira nti ‘konegisiyo zanze’, ubwo gahunda agahita azihindura nkabona ari kugenda n’amaguru.”

Aba bamotari bavuga kandi ko na bo basanzwe babyuka bajya kunywesha lisansi mu binyabiziga byabo, kandi ko bakoresha ikoranabuhanga rya Mobile Money mu kwishyura, ku buryo hari n’abamaze igihe babuze uko bakora.

Mu bikorwa bimwe byakira abakiliya nka resitora, na zo zahuye n’iki kibazo, aho bamwe bajyaga kuzifatiramo amafunguro ya mu gitondo, basabwaga kubanza kwishyura kashi mbere, kuko iri koranabuhanga ryari ryanze.

Nyuma y’amasaha iki kibazo gitakwa na bamwe mu baturage, ubuyobozi bwa Mobile Money Rwanda Ltd, bwatangaje ko cyakemutse.

Ubutumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga z’iyi sosiyete, bugira buti “Mukiliya wacu, tubiseguyeho ku mbogamizi mwahuye na zo muri gukoresha serivise za Mobile Money. Turabamenyesha ko ubu serivise zose za MoMo ziri gukora neza nk’uko bisanzwe.”

Ibibazo nk’ibi bisanzwe bibaho mu gihe hari gukorwa ibikorwa byo kuvugurura ikoranabuhanga, bikanamenyeshwa abafatabuguzi b’izi kompanyi z’itumanaho, ndetse bigakorwa mu masaha y’igicuku, aho abantu baba badakeneye cyane izi serivisi, mu gihe iki kibazo cyabaye mu masaha ya mu gitondo ziba zikenewemo cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 9 =

Previous Post

Congo: Umusore wakoze igikorwa cy’amarorerwa na we ibye byarangiye nabi

Next Post

Ibivugwa nyuma yuko umugabo ateye ‘grenade’ mugenzi we amukekaho kumutwara umugore

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Abaturage barasaba kwegerezwa ibikorwaremezo

Ibivugwa nyuma yuko umugabo ateye 'grenade' mugenzi we amukekaho kumutwara umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.