Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ikibazo cyaramutse cyabereye imbogamizi Abanyakigali mu kwishyurana hagaragajwe uko gihagaze

radiotv10by radiotv10
15/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ikibazo cyaramutse cyabereye imbogamizi Abanyakigali mu kwishyurana hagaragajwe uko gihagaze
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete ya Mobile Money Rwanda Ltd ishamikiye kuri MTN Rwanda, itanga serivisi zo kohererezanya amafaranga no kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Telefone, yatangaje ko ikibazo cyari cyabaye muri iri koranabuhanga cyakemutse.

Ni ikibazo cyaramutse muri iri koranabuhanga, aho rimaze kwinjira mu buzima bwa buri munsi bw’Abaturarwanda byumwihariko abo mu Mujyi wa Kigali, barikoresha mu kwishyura serivisi hafi ya zose bakenera.

Ibi byatumye bamwe mu bagenzi bagenda n’imodoka zikora mu buryo bwa rusange, babura uko bashyira amafaranga ku makarita yabo, ndetse n’abatega moto, bari babuze uko bishyura abamotari.

Ni ikibazo cyatakwaga cyane n’abatwara abagenzi kuri moto (Abamotari) bavugaga ko cyabateranyaga n’abagenzi babagezaga aho babaga berecyeje ariko bagerayo bakabura uko babishyura kuko iri koranabuhanga ryari ryanze.

Umwe mu bamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali, yagize ati “Hari abakiliya benshi najyaga gutwara, nababaza nti ‘ese bimeze bite?’ ati ‘none se ko njye nyafite kuri telefone?’ nkamubwira nti ‘konegisiyo zanze’, ubwo gahunda agahita azihindura nkabona ari kugenda n’amaguru.”

Aba bamotari bavuga kandi ko na bo basanzwe babyuka bajya kunywesha lisansi mu binyabiziga byabo, kandi ko bakoresha ikoranabuhanga rya Mobile Money mu kwishyura, ku buryo hari n’abamaze igihe babuze uko bakora.

Mu bikorwa bimwe byakira abakiliya nka resitora, na zo zahuye n’iki kibazo, aho bamwe bajyaga kuzifatiramo amafunguro ya mu gitondo, basabwaga kubanza kwishyura kashi mbere, kuko iri koranabuhanga ryari ryanze.

Nyuma y’amasaha iki kibazo gitakwa na bamwe mu baturage, ubuyobozi bwa Mobile Money Rwanda Ltd, bwatangaje ko cyakemutse.

Ubutumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga z’iyi sosiyete, bugira buti “Mukiliya wacu, tubiseguyeho ku mbogamizi mwahuye na zo muri gukoresha serivise za Mobile Money. Turabamenyesha ko ubu serivise zose za MoMo ziri gukora neza nk’uko bisanzwe.”

Ibibazo nk’ibi bisanzwe bibaho mu gihe hari gukorwa ibikorwa byo kuvugurura ikoranabuhanga, bikanamenyeshwa abafatabuguzi b’izi kompanyi z’itumanaho, ndetse bigakorwa mu masaha y’igicuku, aho abantu baba badakeneye cyane izi serivisi, mu gihe iki kibazo cyabaye mu masaha ya mu gitondo ziba zikenewemo cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Congo: Umusore wakoze igikorwa cy’amarorerwa na we ibye byarangiye nabi

Next Post

Ibivugwa nyuma yuko umugabo ateye ‘grenade’ mugenzi we amukekaho kumutwara umugore

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Abaturage barasaba kwegerezwa ibikorwaremezo

Ibivugwa nyuma yuko umugabo ateye 'grenade' mugenzi we amukekaho kumutwara umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.