Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ikibazo cyaramutse cyabereye imbogamizi Abanyakigali mu kwishyurana hagaragajwe uko gihagaze

radiotv10by radiotv10
15/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ikibazo cyaramutse cyabereye imbogamizi Abanyakigali mu kwishyurana hagaragajwe uko gihagaze
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete ya Mobile Money Rwanda Ltd ishamikiye kuri MTN Rwanda, itanga serivisi zo kohererezanya amafaranga no kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Telefone, yatangaje ko ikibazo cyari cyabaye muri iri koranabuhanga cyakemutse.

Ni ikibazo cyaramutse muri iri koranabuhanga, aho rimaze kwinjira mu buzima bwa buri munsi bw’Abaturarwanda byumwihariko abo mu Mujyi wa Kigali, barikoresha mu kwishyura serivisi hafi ya zose bakenera.

Ibi byatumye bamwe mu bagenzi bagenda n’imodoka zikora mu buryo bwa rusange, babura uko bashyira amafaranga ku makarita yabo, ndetse n’abatega moto, bari babuze uko bishyura abamotari.

Ni ikibazo cyatakwaga cyane n’abatwara abagenzi kuri moto (Abamotari) bavugaga ko cyabateranyaga n’abagenzi babagezaga aho babaga berecyeje ariko bagerayo bakabura uko babishyura kuko iri koranabuhanga ryari ryanze.

Umwe mu bamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali, yagize ati “Hari abakiliya benshi najyaga gutwara, nababaza nti ‘ese bimeze bite?’ ati ‘none se ko njye nyafite kuri telefone?’ nkamubwira nti ‘konegisiyo zanze’, ubwo gahunda agahita azihindura nkabona ari kugenda n’amaguru.”

Aba bamotari bavuga kandi ko na bo basanzwe babyuka bajya kunywesha lisansi mu binyabiziga byabo, kandi ko bakoresha ikoranabuhanga rya Mobile Money mu kwishyura, ku buryo hari n’abamaze igihe babuze uko bakora.

Mu bikorwa bimwe byakira abakiliya nka resitora, na zo zahuye n’iki kibazo, aho bamwe bajyaga kuzifatiramo amafunguro ya mu gitondo, basabwaga kubanza kwishyura kashi mbere, kuko iri koranabuhanga ryari ryanze.

Nyuma y’amasaha iki kibazo gitakwa na bamwe mu baturage, ubuyobozi bwa Mobile Money Rwanda Ltd, bwatangaje ko cyakemutse.

Ubutumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga z’iyi sosiyete, bugira buti “Mukiliya wacu, tubiseguyeho ku mbogamizi mwahuye na zo muri gukoresha serivise za Mobile Money. Turabamenyesha ko ubu serivise zose za MoMo ziri gukora neza nk’uko bisanzwe.”

Ibibazo nk’ibi bisanzwe bibaho mu gihe hari gukorwa ibikorwa byo kuvugurura ikoranabuhanga, bikanamenyeshwa abafatabuguzi b’izi kompanyi z’itumanaho, ndetse bigakorwa mu masaha y’igicuku, aho abantu baba badakeneye cyane izi serivisi, mu gihe iki kibazo cyabaye mu masaha ya mu gitondo ziba zikenewemo cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + six =

Previous Post

Congo: Umusore wakoze igikorwa cy’amarorerwa na we ibye byarangiye nabi

Next Post

Ibivugwa nyuma yuko umugabo ateye ‘grenade’ mugenzi we amukekaho kumutwara umugore

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Abaturage barasaba kwegerezwa ibikorwaremezo

Ibivugwa nyuma yuko umugabo ateye 'grenade' mugenzi we amukekaho kumutwara umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.