Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ikiganiro kiryoshye cy’umuhanzi ugezweho mu Rwanda n’umubyeyi we anamubazamo ikibazo cy’amatsiko

radiotv10by radiotv10
11/05/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ikiganiro kiryoshye cy’umuhanzi ugezweho mu Rwanda n’umubyeyi we anamubazamo ikibazo cy’amatsiko
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Christian Nsengimana uzwi nka Chriss Eazy, uri mu bagezweho mu Rwanda, n’umubyeyi we [Mama] bagaragaye mu kiganiro babazanyamo ibibazo, aho yageze hagati akamubaza niba ataratakaza ubumanzi.

Ni ikiganiro kiri YouTube Channel y’uyu muhanzi ‘Chris Eazy’ aho uyu muhanzi ari we watangiye abaza umubyeyi we “Indirimbo yanjye ukunda kurusha izindi unayiririmbeho agace gato.”

Umubyeyi wa Chris Eazy yamubwiye ko indirimbo akunda kurusha izindi mu zo yahanze, ari iyitwa ‘Inana’ iri mu zanatumye amenyekana, ubundi ayiririmbaho agace gato, bafatanyije.

Umubyeyi wa Chris Eazy na we yatangiye amubaza impamvu atagikunda kurya amandazi, kandi mu bwana bwe yari ifunguro ry’ibanze yakundaga, ndetse ko iyo atabonekaga ritaremaga.

Uyu muhanzi yasubije umubyeyi we ko impamvu atakirya amandazi, ari uko atakibona afite icyanga nk’icy’ayo baryaga akiri umwana dore ko ari bo babaga bayikoreye.

Banyuzagamo bakanaririmba

Muri iki kiganiro cy’iminota 40’, Chris Eazy yabajije umubyeyi we ikintu yifuza ko bazakora mu buzima bwabo kikamushimisha, amubwira ko ari ugusohokana, undi amwizeza ko bazafata igihe bagasohokera ahantu kure nko ku mazi, bakamarayo nk’iminsi ibiri.

Umubyeyi wa Chris Eazy uba wisanzuye bigaragara ko aganirana n’umuhungu we bisanzuye, amwibutsa ko ubwo yari ari gusoza amashuri abanza, yamubwiye ko igihe azatakariza ubumanzi, azabimubwira, ati “ese uracyari imanzi cyangwa ubumanzi warabutaye?”

Chris Eazy yamusubije agira ati “none se ko nakubwiye ko igihe nzaba ntakiri imanzi, zakubwira, nari nabikubwira?” Umubyeyi ati “Ntabwo urambwira ariko biri kuntera ubwoba.” Undi ati “Oya wigira ubwoba, umuhungu wawe ni sawa ni muzima, ariko buracyahari.”

Ni ikiganiro kiryoshye cy’umubyeyi n’umwana, aho Chris Eazy n’umubyeyi we gabaragara bishimye, bigaraga ko basanzwe baganira cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 9 =

Previous Post

America yagaragaje uko inshuti magara yayo Israel yayitengushye ku ntwaro yayihaye

Next Post

U Rwanda rwasubije u Burundi bwongeye kurushinja kuba inyuma y’iturika ry’ibisasu i Bujumbura

Related Posts

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, biravugwa ko yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

IZIHERUKA

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi
IBYAMAMARE

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwasubije u Burundi bwongeye kurushinja kuba inyuma y’iturika ry’ibisasu i Bujumbura

U Rwanda rwasubije u Burundi bwongeye kurushinja kuba inyuma y’iturika ry’ibisasu i Bujumbura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.