Wednesday, July 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ikiganiro kiryoshye cy’umuhanzi ugezweho mu Rwanda n’umubyeyi we anamubazamo ikibazo cy’amatsiko

radiotv10by radiotv10
11/05/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ikiganiro kiryoshye cy’umuhanzi ugezweho mu Rwanda n’umubyeyi we anamubazamo ikibazo cy’amatsiko
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Christian Nsengimana uzwi nka Chriss Eazy, uri mu bagezweho mu Rwanda, n’umubyeyi we [Mama] bagaragaye mu kiganiro babazanyamo ibibazo, aho yageze hagati akamubaza niba ataratakaza ubumanzi.

Ni ikiganiro kiri YouTube Channel y’uyu muhanzi ‘Chris Eazy’ aho uyu muhanzi ari we watangiye abaza umubyeyi we “Indirimbo yanjye ukunda kurusha izindi unayiririmbeho agace gato.”

Umubyeyi wa Chris Eazy yamubwiye ko indirimbo akunda kurusha izindi mu zo yahanze, ari iyitwa ‘Inana’ iri mu zanatumye amenyekana, ubundi ayiririmbaho agace gato, bafatanyije.

Umubyeyi wa Chris Eazy na we yatangiye amubaza impamvu atagikunda kurya amandazi, kandi mu bwana bwe yari ifunguro ry’ibanze yakundaga, ndetse ko iyo atabonekaga ritaremaga.

Uyu muhanzi yasubije umubyeyi we ko impamvu atakirya amandazi, ari uko atakibona afite icyanga nk’icy’ayo baryaga akiri umwana dore ko ari bo babaga bayikoreye.

Banyuzagamo bakanaririmba

Muri iki kiganiro cy’iminota 40’, Chris Eazy yabajije umubyeyi we ikintu yifuza ko bazakora mu buzima bwabo kikamushimisha, amubwira ko ari ugusohokana, undi amwizeza ko bazafata igihe bagasohokera ahantu kure nko ku mazi, bakamarayo nk’iminsi ibiri.

Umubyeyi wa Chris Eazy uba wisanzuye bigaragara ko aganirana n’umuhungu we bisanzuye, amwibutsa ko ubwo yari ari gusoza amashuri abanza, yamubwiye ko igihe azatakariza ubumanzi, azabimubwira, ati “ese uracyari imanzi cyangwa ubumanzi warabutaye?”

Chris Eazy yamusubije agira ati “none se ko nakubwiye ko igihe nzaba ntakiri imanzi, zakubwira, nari nabikubwira?” Umubyeyi ati “Ntabwo urambwira ariko biri kuntera ubwoba.” Undi ati “Oya wigira ubwoba, umuhungu wawe ni sawa ni muzima, ariko buracyahari.”

Ni ikiganiro kiryoshye cy’umubyeyi n’umwana, aho Chris Eazy n’umubyeyi we gabaragara bishimye, bigaraga ko basanzwe baganira cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − one =

Previous Post

America yagaragaje uko inshuti magara yayo Israel yayitengushye ku ntwaro yayihaye

Next Post

U Rwanda rwasubije u Burundi bwongeye kurushinja kuba inyuma y’iturika ry’ibisasu i Bujumbura

Related Posts

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

by radiotv10
22/07/2025
0

Umusore Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB akurikiranyweho gufungirana mu nzu...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

by radiotv10
22/07/2025
0

Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, uri mu bari baherutse kugaragaza ibibazo bagiriye muri Hoteli Château le Marara...

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

by radiotv10
21/07/2025
1

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu amashusho ye agaragaza ikimero cye, aho aba yambaye imyenda yenda kugaragaza imyanya y’ibanga nk’umukondo. Ni amashusho...

From model to renowned fashion designer: Matteo’s journey through the fashion industry

From model to renowned fashion designer: Matteo’s journey through the fashion industry

by radiotv10
21/07/2025
0

In the vibrant and fast-paced world of fashion and entertainment, some figures work behind scenes to shape talent, build confidence...

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

by radiotv10
17/07/2025
0

Umunyamakurukazi Umukazana Germaine ukorera Radiyo imwe mu Rwanda, yambitswe impeta y’urukundo na mugenzi we Ruzindana Janvier bakorana, amusaba ko bazashyingiranwa....

IZIHERUKA

Harimo iya 2.000.000Frw- Amatike yo kwinjira mu mukino wa Rayon utegerejwe yaje yihagazeho
FOOTBALL

Harimo iya 2.000.000Frw- Amatike yo kwinjira mu mukino wa Rayon utegerejwe yaje yihagazeho

by radiotv10
22/07/2025
0

DRCongo: Umuyobozi wari umaze ibyumweru bibiri yarabuze yabonetse ariko ibye bikomeza kuba urujijo

DRCongo: Umuyobozi wari umaze ibyumweru bibiri yarabuze yabonetse ariko ibye bikomeza kuba urujijo

22/07/2025
Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Ibisobanuro by’umugore uregwa kwangiza imyanya ndangagitsina y’umugabo we akayikanda ikavamo amaraso

22/07/2025
Eng.-What comes next after the Rwanda&DRC Peace Agreement and the AFC/M23 Declaration of  Principles?

Eng.-What comes next after the Rwanda&DRC Peace Agreement and the AFC/M23 Declaration of  Principles?

22/07/2025
Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

22/07/2025
Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

22/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwasubije u Burundi bwongeye kurushinja kuba inyuma y’iturika ry’ibisasu i Bujumbura

U Rwanda rwasubije u Burundi bwongeye kurushinja kuba inyuma y’iturika ry’ibisasu i Bujumbura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Harimo iya 2.000.000Frw- Amatike yo kwinjira mu mukino wa Rayon utegerejwe yaje yihagazeho

DRCongo: Umuyobozi wari umaze ibyumweru bibiri yarabuze yabonetse ariko ibye bikomeza kuba urujijo

Ibisobanuro by’umugore uregwa kwangiza imyanya ndangagitsina y’umugabo we akayikanda ikavamo amaraso

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.