Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikihishe inyuma yo kuba Tshisekedi yaragiye aho yagombaga guhurira na Kagame kandi abizi ko byasubitswe

radiotv10by radiotv10
16/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ikihishe inyuma yo kuba Tshisekedi yaragiye aho yagombaga guhurira na Kagame kandi abizi ko byasubitswe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko kuba Perezida Felix Tshisekedi yarerecyehe i Luanda muri Angola, ndetse Perezidansi ye igatangaza ko yari agiye kubonana na Perezida Paul Kagame, kandi yari yamenyeshejwe ko inama yabo itakibaye, ari umukino w’amacenga wo gushaka urwiyerurutso.

Ni nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yeruye ko Perezida w’iki Gihugu, Felix Tshisekedi yari yamenyeshejwe mbere ko ibiganiro byagombaga kumuhuza na Perezida Paul Kagame bitakibaye, ariko nyuma akerecyeza i Luanda.

Ibi biganiro byagombaga kuba kuri iki Cyumweru tariki 15 Ukuboza 2024, byasubitswe bitunguranye, ndetse u Rwanda ruvuga ko icyatumye bihagarara ari uko inama ya karindwi yo ku rwego rw’Abaminisitiri yagombaga kubimburira iy’Abakuru b’Ibihugu, ntacyo yagezeho gifatika.

Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko muri iyi nama y’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, Guverinoma ya Congo yisubiyeho ku ngingo yo kuba yari yemeye ko izaganira na M23, ndetse iki Gihugu kikaba kigikomeje gutsimbarara ku migambi yacyo mibisha ku Rwanda irimo ibyifuzo byakunze gutangazwa na Tshisekedi ubwe ko yifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri iki Cyumweru tariki 15 Ukuboza 2024, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner, yari yatangaje ko Perezida Tshisekedi yari yamenyeshejwe ko ibiganiro byagombaga kumuhuza na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame; bitakibaye.

Uyu ukuriye Dipolomasi ya Congo Kinshasa, yavuze ko Tshisekedi yari yamenyeshejwe iby’isubikwa ry’iyi nama saa saba z’ijoro ry’urukerera rwo kuri iki Cyumweru tariki 15 Ukuboza.

Ni mu gihe ku gasusuruko ko kuri iki Cyumweru ahagana saa yine n’igice, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byifashishije ifoto ya Tshisekedi yururuka indege, byavuze ko yerecyeje i Luanda muri Angola aho yagombaga guhurira na Perezida Paul Kagame mu biganiro byagombaga kuyoborwa n’umuhuza ari we, Perezida wa Angola, Joâo Lourenço.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yashimye mugenzi we wa Congo Kinshasa, kuba yavugishije ukuri, ko nubwo Tshisekedi yarerecyeje ahagomba kubera iyi nama, yari abizi neza ko itakibaye.

Yagize ati “Nshimiye ubunyangamugayo bw’ubuhanga bwa mugenzi wanjye wa Congo, watanze umucyo ko urugendo rwa Perezida Tshisekedi i Luanda, nk’uko bigaragara muri ubu butumwa bwatanzwe saa 10:31 (nyuma y’amasaha 9 amenyeshejwe raporo y’inama), ntakindi rwari bigamije uretse umukino w’amacenga wateguwe na Perezidansi ya DRC.”

Hagati y’igihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC yatangarije ko Perezida Tshisekedi yari yamenyeshejwe isubikwa ry’iyi nama (saa saba z’ijoro), n’igihe Perezidansi ya Congo yatangarije ko Tshisekedi yagiye i Luanda (saa 10:31’), harimo amasaha icyenda, bikaba bigaragara ko byakozwe kugira ngo Guverinoma y’iki Gihugu yiyerurutse ko Umukuru w’iki Gihugu yitabiriye ibi biganiro, ariko mugenzi we w’u Rwanda ntahaboneke.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 6 =

Previous Post

Amajyepfo: Umukwabu wa Polisi wasize hafashwe litiro 2.000 z’injurano hanavugwa aho bikekwa ko zibiwe

Next Post

Rusizi: Abatuye ku Kirwa barashinja umukire kubakorera ibidakwiye anabashyiraho iterabwoba

Related Posts

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abatuye ku Kirwa barashinja umukire kubakorera ibidakwiye anabashyiraho iterabwoba

Rusizi: Abatuye ku Kirwa barashinja umukire kubakorera ibidakwiye anabashyiraho iterabwoba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.