Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikihishe inyuma yo kuba Tshisekedi yaragiye aho yagombaga guhurira na Kagame kandi abizi ko byasubitswe

radiotv10by radiotv10
16/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ikihishe inyuma yo kuba Tshisekedi yaragiye aho yagombaga guhurira na Kagame kandi abizi ko byasubitswe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko kuba Perezida Felix Tshisekedi yarerecyehe i Luanda muri Angola, ndetse Perezidansi ye igatangaza ko yari agiye kubonana na Perezida Paul Kagame, kandi yari yamenyeshejwe ko inama yabo itakibaye, ari umukino w’amacenga wo gushaka urwiyerurutso.

Ni nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yeruye ko Perezida w’iki Gihugu, Felix Tshisekedi yari yamenyeshejwe mbere ko ibiganiro byagombaga kumuhuza na Perezida Paul Kagame bitakibaye, ariko nyuma akerecyeza i Luanda.

Ibi biganiro byagombaga kuba kuri iki Cyumweru tariki 15 Ukuboza 2024, byasubitswe bitunguranye, ndetse u Rwanda ruvuga ko icyatumye bihagarara ari uko inama ya karindwi yo ku rwego rw’Abaminisitiri yagombaga kubimburira iy’Abakuru b’Ibihugu, ntacyo yagezeho gifatika.

Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko muri iyi nama y’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, Guverinoma ya Congo yisubiyeho ku ngingo yo kuba yari yemeye ko izaganira na M23, ndetse iki Gihugu kikaba kigikomeje gutsimbarara ku migambi yacyo mibisha ku Rwanda irimo ibyifuzo byakunze gutangazwa na Tshisekedi ubwe ko yifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri iki Cyumweru tariki 15 Ukuboza 2024, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner, yari yatangaje ko Perezida Tshisekedi yari yamenyeshejwe ko ibiganiro byagombaga kumuhuza na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame; bitakibaye.

Uyu ukuriye Dipolomasi ya Congo Kinshasa, yavuze ko Tshisekedi yari yamenyeshejwe iby’isubikwa ry’iyi nama saa saba z’ijoro ry’urukerera rwo kuri iki Cyumweru tariki 15 Ukuboza.

Ni mu gihe ku gasusuruko ko kuri iki Cyumweru ahagana saa yine n’igice, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byifashishije ifoto ya Tshisekedi yururuka indege, byavuze ko yerecyeje i Luanda muri Angola aho yagombaga guhurira na Perezida Paul Kagame mu biganiro byagombaga kuyoborwa n’umuhuza ari we, Perezida wa Angola, Joâo Lourenço.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yashimye mugenzi we wa Congo Kinshasa, kuba yavugishije ukuri, ko nubwo Tshisekedi yarerecyeje ahagomba kubera iyi nama, yari abizi neza ko itakibaye.

Yagize ati “Nshimiye ubunyangamugayo bw’ubuhanga bwa mugenzi wanjye wa Congo, watanze umucyo ko urugendo rwa Perezida Tshisekedi i Luanda, nk’uko bigaragara muri ubu butumwa bwatanzwe saa 10:31 (nyuma y’amasaha 9 amenyeshejwe raporo y’inama), ntakindi rwari bigamije uretse umukino w’amacenga wateguwe na Perezidansi ya DRC.”

Hagati y’igihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC yatangarije ko Perezida Tshisekedi yari yamenyeshejwe isubikwa ry’iyi nama (saa saba z’ijoro), n’igihe Perezidansi ya Congo yatangarije ko Tshisekedi yagiye i Luanda (saa 10:31’), harimo amasaha icyenda, bikaba bigaragara ko byakozwe kugira ngo Guverinoma y’iki Gihugu yiyerurutse ko Umukuru w’iki Gihugu yitabiriye ibi biganiro, ariko mugenzi we w’u Rwanda ntahaboneke.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + five =

Previous Post

Amajyepfo: Umukwabu wa Polisi wasize hafashwe litiro 2.000 z’injurano hanavugwa aho bikekwa ko zibiwe

Next Post

Rusizi: Abatuye ku Kirwa barashinja umukire kubakorera ibidakwiye anabashyiraho iterabwoba

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money
IMYIDAGADURO

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abatuye ku Kirwa barashinja umukire kubakorera ibidakwiye anabashyiraho iterabwoba

Rusizi: Abatuye ku Kirwa barashinja umukire kubakorera ibidakwiye anabashyiraho iterabwoba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.