Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikihishe inyuma yo kuba Tshisekedi yaragiye aho yagombaga guhurira na Kagame kandi abizi ko byasubitswe

radiotv10by radiotv10
16/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ikihishe inyuma yo kuba Tshisekedi yaragiye aho yagombaga guhurira na Kagame kandi abizi ko byasubitswe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko kuba Perezida Felix Tshisekedi yarerecyehe i Luanda muri Angola, ndetse Perezidansi ye igatangaza ko yari agiye kubonana na Perezida Paul Kagame, kandi yari yamenyeshejwe ko inama yabo itakibaye, ari umukino w’amacenga wo gushaka urwiyerurutso.

Ni nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yeruye ko Perezida w’iki Gihugu, Felix Tshisekedi yari yamenyeshejwe mbere ko ibiganiro byagombaga kumuhuza na Perezida Paul Kagame bitakibaye, ariko nyuma akerecyeza i Luanda.

Ibi biganiro byagombaga kuba kuri iki Cyumweru tariki 15 Ukuboza 2024, byasubitswe bitunguranye, ndetse u Rwanda ruvuga ko icyatumye bihagarara ari uko inama ya karindwi yo ku rwego rw’Abaminisitiri yagombaga kubimburira iy’Abakuru b’Ibihugu, ntacyo yagezeho gifatika.

Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko muri iyi nama y’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, Guverinoma ya Congo yisubiyeho ku ngingo yo kuba yari yemeye ko izaganira na M23, ndetse iki Gihugu kikaba kigikomeje gutsimbarara ku migambi yacyo mibisha ku Rwanda irimo ibyifuzo byakunze gutangazwa na Tshisekedi ubwe ko yifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri iki Cyumweru tariki 15 Ukuboza 2024, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner, yari yatangaje ko Perezida Tshisekedi yari yamenyeshejwe ko ibiganiro byagombaga kumuhuza na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame; bitakibaye.

Uyu ukuriye Dipolomasi ya Congo Kinshasa, yavuze ko Tshisekedi yari yamenyeshejwe iby’isubikwa ry’iyi nama saa saba z’ijoro ry’urukerera rwo kuri iki Cyumweru tariki 15 Ukuboza.

Ni mu gihe ku gasusuruko ko kuri iki Cyumweru ahagana saa yine n’igice, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byifashishije ifoto ya Tshisekedi yururuka indege, byavuze ko yerecyeje i Luanda muri Angola aho yagombaga guhurira na Perezida Paul Kagame mu biganiro byagombaga kuyoborwa n’umuhuza ari we, Perezida wa Angola, Joâo Lourenço.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yashimye mugenzi we wa Congo Kinshasa, kuba yavugishije ukuri, ko nubwo Tshisekedi yarerecyeje ahagomba kubera iyi nama, yari abizi neza ko itakibaye.

Yagize ati “Nshimiye ubunyangamugayo bw’ubuhanga bwa mugenzi wanjye wa Congo, watanze umucyo ko urugendo rwa Perezida Tshisekedi i Luanda, nk’uko bigaragara muri ubu butumwa bwatanzwe saa 10:31 (nyuma y’amasaha 9 amenyeshejwe raporo y’inama), ntakindi rwari bigamije uretse umukino w’amacenga wateguwe na Perezidansi ya DRC.”

Hagati y’igihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC yatangarije ko Perezida Tshisekedi yari yamenyeshejwe isubikwa ry’iyi nama (saa saba z’ijoro), n’igihe Perezidansi ya Congo yatangarije ko Tshisekedi yagiye i Luanda (saa 10:31’), harimo amasaha icyenda, bikaba bigaragara ko byakozwe kugira ngo Guverinoma y’iki Gihugu yiyerurutse ko Umukuru w’iki Gihugu yitabiriye ibi biganiro, ariko mugenzi we w’u Rwanda ntahaboneke.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 7 =

Previous Post

Amajyepfo: Umukwabu wa Polisi wasize hafashwe litiro 2.000 z’injurano hanavugwa aho bikekwa ko zibiwe

Next Post

Rusizi: Abatuye ku Kirwa barashinja umukire kubakorera ibidakwiye anabashyiraho iterabwoba

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abatuye ku Kirwa barashinja umukire kubakorera ibidakwiye anabashyiraho iterabwoba

Rusizi: Abatuye ku Kirwa barashinja umukire kubakorera ibidakwiye anabashyiraho iterabwoba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.