Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe y’Abasirikare barinda Perezida yarimo Capt. Ian Kagame yegukanye Igikombe (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
17/06/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe y’Abasirikare barinda Perezida yarimo Capt. Ian Kagame yegukanye Igikombe (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’abasirikare barinda Umukuru w’Igihugu n’abandi bayobozi bakuru (Republican Guard) yegukanye igikombe cy’Irushanwa ryo Kwibohora, nyuma yo gutsinda 3-0 ikipe y’Ishuri rya Gisirikare rya Nasho (BMTC Nasho).

Ni umukino wa nyuma wabaye kuri iki Cyumweru tariki 16 Kamena 2024, kuri Kigali Pele Stadium i Nyamirambo, wari witabiriwe n’abayobozi bakuru mu Ngabo z’u Rwanda no mu nzego z’umutekano barimo, Umugaba Mukuru wa RDF, General Mubarakh Muganga, ndetse n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP (CG) Félix Namuhoranye.

Uyu mukino kandi wanitabiriwe n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu barimo Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, ari na we wari umushyiysi mukuru.

Iyi kipe y’Abasirikare barinda Abayobozi Bukuru, yarimo n’abasirikare bakuru, barimo Umuyobozi w’iri tsinda ry’abasirikare, Maj Gen Willy Rwagasana ari na we wari Kapiteni.

Iyi kipe kandi yarimo Capt. Ian Kagame wanaje kwambara igitambaro cya Kapiteni ubwo Maj Gen Willy Rwagasana yasimbuzwaga muri uyu mukino.

Igice cya mbere cyarangiye ikipe ya RG ifite igitego kimwe ku busa bw’Ikipe ya BMTC Nasho, iza kubona ibindi bitego bibiri mu gice cya kabiri birimo icyatsinzwe ku munota wa 56’ ndetse n’icyabonetse ku munota wa 69’.

Muri Sitade nabwo morali yari yose ku basirikare bo mu itsinda ririnda abayobozi bakuru bari baje gushyigikira bagenzi babo, bagaragaje imifanire idasanzwe n’akanyamuneza kenshi.

Mu irushanwa nk’iri ry’umwaka ushize, ikipe ya RG na bwo yari yegukanye iki gikombe, ikaba icyisubije no mu ry’uyu mwaka, ubwo u Rwanda rugiye kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 rwibohoye.

Ubwo umukino wari ugiye gutangira Capt Ian Kagame yabanje kwishyushya
Abakinnyi 11 babanje mu ikipe ya RG
Ababanje mu ya BMTC Nasho
Ubwo umukino wari ugiye gutangira babanje gusuhuza abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano
Capt Ian Kagame ni umwe mu basirikare bagaragaje imbaraga nyinshi mu mikinire
Ikipe ya RG yaje kubona ibitego 3
Maj Gen Willy Rwagasanga usanzwe ayobora Umutwe w’Ingabo zirinda Abayobozi Bakuru yabanje mu kibuga, aza gusimbuzwa
Umugaba Mukuru wa RDF n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi bishimiye uyu mukino wari unogeye ijisho
Abafana ba RG na bo bari bafiye morali yo hejuru

Ibyishimo byo gutwara igikombe byari byose
Capt Ian Kagame waje no kwambara igitambaro cya Kapiteni yashyikirijwe igikombe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 10 =

Previous Post

Rubavu: Bavuze igisubizo kitabanyura bahabwa iyo batse ibyangombwa by’ubutaka bwabo

Next Post

Icyo rumwe mu Nzego Nkuru z’Igihugu ruvuga ku bitazibagirana byagaragaye ku mukino wafunguye Sitade Amahoro

Related Posts

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo rumwe mu Nzego Nkuru z’Igihugu ruvuga ku bitazibagirana byagaragaye ku mukino wafunguye Sitade Amahoro

Icyo rumwe mu Nzego Nkuru z’Igihugu ruvuga ku bitazibagirana byagaragaye ku mukino wafunguye Sitade Amahoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.