Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe y’Abasirikare barinda Perezida yarimo Capt. Ian Kagame yegukanye Igikombe (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
17/06/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe y’Abasirikare barinda Perezida yarimo Capt. Ian Kagame yegukanye Igikombe (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’abasirikare barinda Umukuru w’Igihugu n’abandi bayobozi bakuru (Republican Guard) yegukanye igikombe cy’Irushanwa ryo Kwibohora, nyuma yo gutsinda 3-0 ikipe y’Ishuri rya Gisirikare rya Nasho (BMTC Nasho).

Ni umukino wa nyuma wabaye kuri iki Cyumweru tariki 16 Kamena 2024, kuri Kigali Pele Stadium i Nyamirambo, wari witabiriwe n’abayobozi bakuru mu Ngabo z’u Rwanda no mu nzego z’umutekano barimo, Umugaba Mukuru wa RDF, General Mubarakh Muganga, ndetse n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP (CG) Félix Namuhoranye.

Uyu mukino kandi wanitabiriwe n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu barimo Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, ari na we wari umushyiysi mukuru.

Iyi kipe y’Abasirikare barinda Abayobozi Bukuru, yarimo n’abasirikare bakuru, barimo Umuyobozi w’iri tsinda ry’abasirikare, Maj Gen Willy Rwagasana ari na we wari Kapiteni.

Iyi kipe kandi yarimo Capt. Ian Kagame wanaje kwambara igitambaro cya Kapiteni ubwo Maj Gen Willy Rwagasana yasimbuzwaga muri uyu mukino.

Igice cya mbere cyarangiye ikipe ya RG ifite igitego kimwe ku busa bw’Ikipe ya BMTC Nasho, iza kubona ibindi bitego bibiri mu gice cya kabiri birimo icyatsinzwe ku munota wa 56’ ndetse n’icyabonetse ku munota wa 69’.

Muri Sitade nabwo morali yari yose ku basirikare bo mu itsinda ririnda abayobozi bakuru bari baje gushyigikira bagenzi babo, bagaragaje imifanire idasanzwe n’akanyamuneza kenshi.

Mu irushanwa nk’iri ry’umwaka ushize, ikipe ya RG na bwo yari yegukanye iki gikombe, ikaba icyisubije no mu ry’uyu mwaka, ubwo u Rwanda rugiye kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 rwibohoye.

Ubwo umukino wari ugiye gutangira Capt Ian Kagame yabanje kwishyushya
Abakinnyi 11 babanje mu ikipe ya RG
Ababanje mu ya BMTC Nasho
Ubwo umukino wari ugiye gutangira babanje gusuhuza abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano
Capt Ian Kagame ni umwe mu basirikare bagaragaje imbaraga nyinshi mu mikinire
Ikipe ya RG yaje kubona ibitego 3
Maj Gen Willy Rwagasanga usanzwe ayobora Umutwe w’Ingabo zirinda Abayobozi Bakuru yabanje mu kibuga, aza gusimbuzwa
Umugaba Mukuru wa RDF n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi bishimiye uyu mukino wari unogeye ijisho
Abafana ba RG na bo bari bafiye morali yo hejuru

Ibyishimo byo gutwara igikombe byari byose
Capt Ian Kagame waje no kwambara igitambaro cya Kapiteni yashyikirijwe igikombe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 8 =

Previous Post

Rubavu: Bavuze igisubizo kitabanyura bahabwa iyo batse ibyangombwa by’ubutaka bwabo

Next Post

Icyo rumwe mu Nzego Nkuru z’Igihugu ruvuga ku bitazibagirana byagaragaye ku mukino wafunguye Sitade Amahoro

Related Posts

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda...

IZIHERUKA

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe
AMAHANGA

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo rumwe mu Nzego Nkuru z’Igihugu ruvuga ku bitazibagirana byagaragaye ku mukino wafunguye Sitade Amahoro

Icyo rumwe mu Nzego Nkuru z’Igihugu ruvuga ku bitazibagirana byagaragaye ku mukino wafunguye Sitade Amahoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.