Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe yatengushye abakunzi bayo mu buryo batakekaga yashyizeho kapiteni utunguranye

radiotv10by radiotv10
10/08/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe yatengushye abakunzi bayo mu buryo batakekaga yashyizeho kapiteni utunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Chealsea FC iri mu makipe y’ibigwi mu Bwongereza ariko ikaba itarahiriwe n’umwaka w’imikino ushize, dore ko yarangije Shampiyona iri ku mwanya wa 12, yabonye kapiteni mushya, bamwe batahaga amahirwe ko ari we uhabwa kuyobora bagenzi be.

Ni umwongereza Reece Lewis James, w’imyaka 23, wasimbuye Cesar Azipilicueta wasohotse muri Chelsea muri iyi mpeshyi y’uyu mwaka.

Reece James kuva mu bwana bwe yabaye mu ikipe ya Chelsea y’abato kugeza mu mwaka wa 2018 ubwo yatangiraga gukina mu ikipe nkuru.

Ni umwe mu bakinnyi beza bakina inyuma ku ruhande rw’iburyo ndetse yari ari kumwe n’ikipe ya Chelsea iheruka kwegukana igikombe cya UEFA Champions league mu myaka 2 ishize.

Nubwo adakunda kuboneka cyane mu kibuga bitewe n’ibibazo by’imvune, abakunzi ba Chelsea FC bategereje kumubona yambaye igitambaro.

Si ubwa mbere ku buyobozi bwa bagenzi be, kuko n’ubundi yajyaga yambara igitambaro cya kapiteni rimwe na rimwe.

Gusa bamwe mu bakunzi ba ruhago, ntibakekaga ko ari we uhabwa kuyobora bagenzi be, kuko amahirwe menshi bayahaga myugariro Thiago Silva.

Kuva Premier League yahabwa iri zina mu 1992, James abaye kapiteni wa 6 ugiye kuyobora iyi kipe nyuma ya Dennis Wise, Marcel Desailly, John Terry, Gary Cahill na Cesar Azipilicueta asimbuye.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 10 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku irushanwa rigiye kongera gususurutsa abakunzi ba Muzika mu Rwanda

Next Post

Umushakashatsi Maurice yagizwe umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru asimbura Dancille

Related Posts

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushakashatsi Maurice yagizwe umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru asimbura Dancille

Umushakashatsi Maurice yagizwe umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru asimbura Dancille

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.