• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe yatengushye abakunzi bayo mu buryo batakekaga yashyizeho kapiteni utunguranye

radiotv10by radiotv10
10/08/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe yatengushye abakunzi bayo mu buryo batakekaga yashyizeho kapiteni utunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Chealsea FC iri mu makipe y’ibigwi mu Bwongereza ariko ikaba itarahiriwe n’umwaka w’imikino ushize, dore ko yarangije Shampiyona iri ku mwanya wa 12, yabonye kapiteni mushya, bamwe batahaga amahirwe ko ari we uhabwa kuyobora bagenzi be.

Ni umwongereza Reece Lewis James, w’imyaka 23, wasimbuye Cesar Azipilicueta wasohotse muri Chelsea muri iyi mpeshyi y’uyu mwaka.

Reece James kuva mu bwana bwe yabaye mu ikipe ya Chelsea y’abato kugeza mu mwaka wa 2018 ubwo yatangiraga gukina mu ikipe nkuru.

Ni umwe mu bakinnyi beza bakina inyuma ku ruhande rw’iburyo ndetse yari ari kumwe n’ikipe ya Chelsea iheruka kwegukana igikombe cya UEFA Champions league mu myaka 2 ishize.

Nubwo adakunda kuboneka cyane mu kibuga bitewe n’ibibazo by’imvune, abakunzi ba Chelsea FC bategereje kumubona yambaye igitambaro.

Si ubwa mbere ku buyobozi bwa bagenzi be, kuko n’ubundi yajyaga yambara igitambaro cya kapiteni rimwe na rimwe.

Gusa bamwe mu bakunzi ba ruhago, ntibakekaga ko ari we uhabwa kuyobora bagenzi be, kuko amahirwe menshi bayahaga myugariro Thiago Silva.

Kuva Premier League yahabwa iri zina mu 1992, James abaye kapiteni wa 6 ugiye kuyobora iyi kipe nyuma ya Dennis Wise, Marcel Desailly, John Terry, Gary Cahill na Cesar Azipilicueta asimbuye.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + fifteen =

Previous Post

Amakuru agezweho ku irushanwa rigiye kongera gususurutsa abakunzi ba Muzika mu Rwanda

Next Post

Umushakashatsi Maurice yagizwe umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru asimbura Dancille

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Umushakashatsi Maurice yagizwe umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru asimbura Dancille

Umushakashatsi Maurice yagizwe umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru asimbura Dancille

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.