Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ikiribwa kitwaga icy’abakene ubu n’abifite bakigeraho bisumbukuruje

radiotv10by radiotv10
28/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ikiribwa kitwaga icy’abakene ubu n’abifite bakigeraho bisumbukuruje
Share on FacebookShare on Twitter

Ibijumba byigeze kujya bihimbwa amazina nka ‘Rugabire’ na ‘Lokodifensi’ kubera kubisuzugura ngo ni iby’abakene, ubu mu Karere ka Nyamasheke byatangiye gusumbya agaciro inyama bakunze kwita ‘Imbonekarimwe’ ku buryo ubasha kubirya ngo ari umukozi wa Leta ufite uko yifite ku ikofi.

Ibi biribwa bisanzwe ari ibinyamafufu, ni bimwe mu bitarakunze guhabwa agaciro n’abiyita ko basirimutse ndetse mu minsi yashize, hari abumvaga ko bidashobora kugera mu ngo zabo ngo kuko ari iby’abakene.

Gusa uko imyumvire yagiye izamuka, bamwe bagiye bakunda ibi biribwa kubera akamaro bigirira umubiri, ndetse bakaba basigaye babigura muri za butiki.

Ariko nanone hari benshi bakomeje gufata ibijumba nk’ibiribwa by’abaciriritse, mu gihe hari aho bimaze kuba idorali kuko bibona umugabo bigasiba undi.

Mu Karere ka Nyamasheke na ho bavuga ko abarya ibijumba ari abafite amikora yisumbuye kuko bihenze nkuko bivugwa na bamwe mu baturage baganirije RADIOTV10.

Umunyamakuru wacu wageze ku isoko rya Bumazi ryo mu Murenge wa Bushenge ricururizwamo ibiribwa byiganjemo ibijumba, yasanze abaturage biyasira ko bitakiribwa na buri wese.

Mukantagara Josephine yagize ati “Ikijumba wagira ngo cyabaye inyama. Birarya umugabo bigasiba undi.”

Avuga ko ibasi yabyo igura ibihumbi birindwi (7 000 Frw) ku buryo atari buri wese wapfa kubyigondera. Ati “Ubu nguze utw’igihumbi kandi natwo nturya rimwe.”

Harerimana Emmanuel avuga ko iyi basi y’ibijumba isigaye igura ibihumbi birindwi, yahoze igura igihumbi (1 000Frw). Ati “Ibijumba byabaye idolari ku buryo bukomeye.”

Uyu muturage avuga ko aho kugura ibijumba bagura inyama kuko ari zo zihendutse kurusha ibi biribwa byahoze ari iby’abaciriritse.

Ati “Ibijumba ni abakozi ba Leta babyirira, ubwo se ukennye wabirisha iki? Byabaye inyama neza neza.”

Aba baturage bavuga ko amafaranga yaguraga ibasi y’ibijumba ubu agura umufungo umwe na wo kandi muto.

Nyirabimana Elevanie ati “Ubu se umwandiko [umufungo] ko bawandikira igihumbi cyangwa maganinani, ubwo wabibona? Ibijumba byabaye inyama ku bantu.”

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, yo ivuga ko umusaruro w’ibijumba wiyongereye ahubwo ko ikibazo cyareberwa mu kuba ababirya na bo bariyongereye.

MINAGRI ivuga kandi ko ibijumba bisigaye bibyazwamo umusaruro w’ibindi biribwa n’ibisuguti, imigati, amandazi ndetse n’imitobe.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje icyo abanyamadini babeshyera Imana abasaba kudakomeza kuyihimbira

Next Post

Perezida Kagame agiye guhabwa igihembo gikomeye mu bya Football

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame agiye guhabwa igihembo gikomeye mu bya Football

Perezida Kagame agiye guhabwa igihembo gikomeye mu bya Football

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.