Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ikiribwa kitwaga icy’abakene ubu n’abifite bakigeraho bisumbukuruje

radiotv10by radiotv10
28/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ikiribwa kitwaga icy’abakene ubu n’abifite bakigeraho bisumbukuruje
Share on FacebookShare on Twitter

Ibijumba byigeze kujya bihimbwa amazina nka ‘Rugabire’ na ‘Lokodifensi’ kubera kubisuzugura ngo ni iby’abakene, ubu mu Karere ka Nyamasheke byatangiye gusumbya agaciro inyama bakunze kwita ‘Imbonekarimwe’ ku buryo ubasha kubirya ngo ari umukozi wa Leta ufite uko yifite ku ikofi.

Ibi biribwa bisanzwe ari ibinyamafufu, ni bimwe mu bitarakunze guhabwa agaciro n’abiyita ko basirimutse ndetse mu minsi yashize, hari abumvaga ko bidashobora kugera mu ngo zabo ngo kuko ari iby’abakene.

Gusa uko imyumvire yagiye izamuka, bamwe bagiye bakunda ibi biribwa kubera akamaro bigirira umubiri, ndetse bakaba basigaye babigura muri za butiki.

Ariko nanone hari benshi bakomeje gufata ibijumba nk’ibiribwa by’abaciriritse, mu gihe hari aho bimaze kuba idorali kuko bibona umugabo bigasiba undi.

Mu Karere ka Nyamasheke na ho bavuga ko abarya ibijumba ari abafite amikora yisumbuye kuko bihenze nkuko bivugwa na bamwe mu baturage baganirije RADIOTV10.

Umunyamakuru wacu wageze ku isoko rya Bumazi ryo mu Murenge wa Bushenge ricururizwamo ibiribwa byiganjemo ibijumba, yasanze abaturage biyasira ko bitakiribwa na buri wese.

Mukantagara Josephine yagize ati “Ikijumba wagira ngo cyabaye inyama. Birarya umugabo bigasiba undi.”

Avuga ko ibasi yabyo igura ibihumbi birindwi (7 000 Frw) ku buryo atari buri wese wapfa kubyigondera. Ati “Ubu nguze utw’igihumbi kandi natwo nturya rimwe.”

Harerimana Emmanuel avuga ko iyi basi y’ibijumba isigaye igura ibihumbi birindwi, yahoze igura igihumbi (1 000Frw). Ati “Ibijumba byabaye idolari ku buryo bukomeye.”

Uyu muturage avuga ko aho kugura ibijumba bagura inyama kuko ari zo zihendutse kurusha ibi biribwa byahoze ari iby’abaciriritse.

Ati “Ibijumba ni abakozi ba Leta babyirira, ubwo se ukennye wabirisha iki? Byabaye inyama neza neza.”

Aba baturage bavuga ko amafaranga yaguraga ibasi y’ibijumba ubu agura umufungo umwe na wo kandi muto.

Nyirabimana Elevanie ati “Ubu se umwandiko [umufungo] ko bawandikira igihumbi cyangwa maganinani, ubwo wabibona? Ibijumba byabaye inyama ku bantu.”

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, yo ivuga ko umusaruro w’ibijumba wiyongereye ahubwo ko ikibazo cyareberwa mu kuba ababirya na bo bariyongereye.

MINAGRI ivuga kandi ko ibijumba bisigaye bibyazwamo umusaruro w’ibindi biribwa n’ibisuguti, imigati, amandazi ndetse n’imitobe.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + eight =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje icyo abanyamadini babeshyera Imana abasaba kudakomeza kuyihimbira

Next Post

Perezida Kagame agiye guhabwa igihembo gikomeye mu bya Football

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame agiye guhabwa igihembo gikomeye mu bya Football

Perezida Kagame agiye guhabwa igihembo gikomeye mu bya Football

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.