Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ikiribwa kitwaga icy’abakene ubu n’abifite bakigeraho bisumbukuruje

radiotv10by radiotv10
28/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ikiribwa kitwaga icy’abakene ubu n’abifite bakigeraho bisumbukuruje
Share on FacebookShare on Twitter

Ibijumba byigeze kujya bihimbwa amazina nka ‘Rugabire’ na ‘Lokodifensi’ kubera kubisuzugura ngo ni iby’abakene, ubu mu Karere ka Nyamasheke byatangiye gusumbya agaciro inyama bakunze kwita ‘Imbonekarimwe’ ku buryo ubasha kubirya ngo ari umukozi wa Leta ufite uko yifite ku ikofi.

Ibi biribwa bisanzwe ari ibinyamafufu, ni bimwe mu bitarakunze guhabwa agaciro n’abiyita ko basirimutse ndetse mu minsi yashize, hari abumvaga ko bidashobora kugera mu ngo zabo ngo kuko ari iby’abakene.

Gusa uko imyumvire yagiye izamuka, bamwe bagiye bakunda ibi biribwa kubera akamaro bigirira umubiri, ndetse bakaba basigaye babigura muri za butiki.

Ariko nanone hari benshi bakomeje gufata ibijumba nk’ibiribwa by’abaciriritse, mu gihe hari aho bimaze kuba idorali kuko bibona umugabo bigasiba undi.

Mu Karere ka Nyamasheke na ho bavuga ko abarya ibijumba ari abafite amikora yisumbuye kuko bihenze nkuko bivugwa na bamwe mu baturage baganirije RADIOTV10.

Umunyamakuru wacu wageze ku isoko rya Bumazi ryo mu Murenge wa Bushenge ricururizwamo ibiribwa byiganjemo ibijumba, yasanze abaturage biyasira ko bitakiribwa na buri wese.

Mukantagara Josephine yagize ati “Ikijumba wagira ngo cyabaye inyama. Birarya umugabo bigasiba undi.”

Avuga ko ibasi yabyo igura ibihumbi birindwi (7 000 Frw) ku buryo atari buri wese wapfa kubyigondera. Ati “Ubu nguze utw’igihumbi kandi natwo nturya rimwe.”

Harerimana Emmanuel avuga ko iyi basi y’ibijumba isigaye igura ibihumbi birindwi, yahoze igura igihumbi (1 000Frw). Ati “Ibijumba byabaye idolari ku buryo bukomeye.”

Uyu muturage avuga ko aho kugura ibijumba bagura inyama kuko ari zo zihendutse kurusha ibi biribwa byahoze ari iby’abaciriritse.

Ati “Ibijumba ni abakozi ba Leta babyirira, ubwo se ukennye wabirisha iki? Byabaye inyama neza neza.”

Aba baturage bavuga ko amafaranga yaguraga ibasi y’ibijumba ubu agura umufungo umwe na wo kandi muto.

Nyirabimana Elevanie ati “Ubu se umwandiko [umufungo] ko bawandikira igihumbi cyangwa maganinani, ubwo wabibona? Ibijumba byabaye inyama ku bantu.”

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, yo ivuga ko umusaruro w’ibijumba wiyongereye ahubwo ko ikibazo cyareberwa mu kuba ababirya na bo bariyongereye.

MINAGRI ivuga kandi ko ibijumba bisigaye bibyazwamo umusaruro w’ibindi biribwa n’ibisuguti, imigati, amandazi ndetse n’imitobe.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 18 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje icyo abanyamadini babeshyera Imana abasaba kudakomeza kuyihimbira

Next Post

Perezida Kagame agiye guhabwa igihembo gikomeye mu bya Football

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame agiye guhabwa igihembo gikomeye mu bya Football

Perezida Kagame agiye guhabwa igihembo gikomeye mu bya Football

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.