Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikitaratwishe ngo kiturangize cyaradukomeje- Perezida Kagame yashimangiye ko ntacyo Abanyarwanda batabasha guhangana nacyo

radiotv10by radiotv10
07/04/2025
in MU RWANDA
0
Ikitaratwishe ngo kiturangize cyaradukomeje- Perezida Kagame yashimangiye ko ntacyo Abanyarwanda batabasha guhangana nacyo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyabaye ku Banyarwanda mu myaka 31 ishize, byabasigiye amasomo yo kuba bahora bambariye guhangana n’abashaka kubasubiza mu mateka mabi. Ati “ikitaratwishe ngo kiturangize mu myaka 31 ishize, cyaradukomeje.”

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 07 Mata 2025 ubwo yatangizaga Icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umukuru w’u Rwanda yatangiye ubutumwa bwe, agaragaza ko Isi yanze guha intebe ukuri kandi guca mu ziko ntigushye, bityo ko ibibazo abantu banyuramo bakwiye kwambarira urugamba rwo guhangana na byo kuko batategereza guhanganirwa n’ukuri.

Yatanze urugero rw’inshuti ye yigeze kumubaza ati “ariko wowe nk’umuntu ubaho ute ugahuza ahahise h’umwijima n’ibihe bigoye byo muri iki gihe. Ariko uko nabyumvaga ntabwo ari njye yabaza gusa, ahubwo yabazaga u Rwanda. Icyo namusubije ni uko kuva mu ntangiriro, ibyo byombi bibaho, kandi tugomba guhangana na byo.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “Twe dufite amahitamo, wakwemerera kurangira, ubuzima bwawe bugahagarara burundu cyangwa ugahaguka ugahangana.”

Perezida yavuze ko uwashaka gusubiza u Rwanda mu bihe by’inzitane rwanyuzemo, dore ko banahari, atabishobora, kuko Abanyarwanda biteguye guhatana.

Ati “Ntabwo bizongera kubaho, nabwo bizongera atari uko ababikoze batabishaka, ahubwo kuko tudashobora kubemerera. Ntabwo bizongera kubaho kuko hari abiteguye guhaguruka bagahangana.”

Yavuze ko nta muntu ushobora kwemera ko habaho kongera kugerageza umugambi mubisha nk’uwari ufitwe n’abashakaga kumaraho Abatutsi mu Rwanda.

Ati “Ni gute abantu bashobora kubyemera, kubera iki abantu batahaguruka ngo barwane urugamba. Yego hari ingaruka zo kuba wahasiga ubuzima, ariko nanone utabikoze nabwo ntabwo uzaba wizeye ko utapfa.”

Yavuze ko aho kuba abantu bapfa batarwanya, ahubwo bapfa bahanganye n’abashaka n’ubundi kubica. Ati “Kubera iki ntapfa ndi kurwana? None kuki mwebwe u Rwanda mutapfa murwana, aho gupfa nk’isazi? Ariko ubutumwa bwanjye burareba n’abandi Banyafurika, bahora binginga kugira ngo babeho, ntabwo nshobora kwingingira kubaho, nzarwana, nintsinda nzastindwa, ariko haba hari amahirwe iyo wahagurutse ukarwana, kandi ubaho.”

 

Iby’abasabira u Rwanda ibihano

Perezida Paul Kagame kandi yagarutse ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byazanywemo u Rwanda, hakaba bamwe birirwa mu Miryango Mpuzamahanga nk’uw’Abibumbye no mu Bihugu by’i Burayi barusabira ibihano, avuga ko biteye isoni.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko abirirwa muri ibi, bakwiye kuzirikana ko u Rwanda n’Abanyarwanda bagomba kubaho ubuzima bwabo bagahangana n’ibibazo bafite nk’uko na bo birirwa bateranya u Rwanda na bo bafite ibibazo bagakwiye guhangana na byo.

Ati “Ikintu kimbabaza ni ikintu kimwe gusa, cyabayeho mu kinyejana, ni Abanyarwanda, ni Abanyafurika, bicara ntibabone ko bibabaje gukomeza kugaraguzwa agati, ntibabyange.”

Nanone kandi ibyo Bihugu bikaba biri inyuma y’ibibazo biri muri Afurika, aho biba biri inyuma y’ubujura bw’imitungo ya bimwe mu Bihugu byo muri Afurika.

Perezida yagarutse ku bwicanyi bukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, bicwa ku manywa y’ihangu ariko ibyo Bihugu bikabirebera.

Aho kugira ngo ibyo Bihugu bishake umuti w’ibyo bibazo, ahubwo bikazana ubuhendabana bwo kuba biza bigafata bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda, bikagenda bifatamo bamwe kandi bacye cyane.

Bakavuga ngo abandi bagume mu Rwanda, ngo ni ikibazo cy’u Rwanda, hakabaho no kurengera bikoresha imvugo idakwiye ngo “n’ubundi ni Abatutsi nka Kagame.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ku bw’indangagaciro ze n’iz’u Rwanda, habaho kugerageza guca bugufi, ku buryo “Niba wifuza kuba inshuti, niba wifuza kuba umufatanyabikorwa, ndakwizeza ko uzagira umufatanyabikorwa mwiza bihagije.”

Perezida Kagame avuga ko Abanyarwanda bafite ubushobozi bwo guhangana n’icyababaho cyose

 

Ikitaratwishe ngo kitumare mu myaka 31 cyaradukomeje

Perezida Kagame kandi yagarutse ku bitwa inzobere zoherezwa ngo zijyiye kwiga ibibazo byo muri Afurika byumwihariko mu burasirazuba bwa DRC, nk’aho zibirusha ba nyiri ubwite.

Yavuze ko ikibabaje ari ukuba bamwe mu baba bayoboye izo nzobere, ari bamwe mu bagize uruhare mu bibazo bikiriho n’ubu.

Izo nzobere zikagenza zivuga ko umuzi w’ibibazo byo muri Congo, ari amabuye y’agaciro, aho kuzirikana ko bifite umuzi nk’uw’ibyabaye mu Rwanda.

Ati “Ni ayahe mabuye y’agaciro barwaniraga hano mu 1994? [] iyo ibyo bafushinja biba ari ukuri, u Rwanda rwagakwiye kuba rukize nk’uko abo babidushinja bameze.”

Umukuru w’u Rwanda yageneye ubutumwa aya mahanga yifuriza ikibi u Rwanda, abamenyesha ko ibyabaye ku Banyarwanda mu myaka 31 ishize, byabasigiye imbaraga zo kwiyubakamo ingufu n’ubushobozi byo kuba babasha guhangana n’ibindi byose byaza uko byaba bimeze kose.

Ati “Ikitaratwishe ngo kitumare mu myaka 31 ishize, cyaduhaye imbaraga, cyaraduteguye ku bindi bishobora kuba mu gihe icyo ari cyo cyose. Ndashaka kubizeza ko tutazapfa tutari kurwana. Ndabasezeranya ko ntabwo tuzapfa tutari kurwana. Kandi kurwana ntabwo ari ugutera ikindi Gihugu, ntabwo ari ukujya kwivanga mu by’abandi, urugamba mvuga, ni urwo kurwanya uwasahaka kudusubiza mu byabayeho kandi uzabigerageza ntabwo azigera abigeraho.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko abiteguye kwinjira muri urwo rugamba, bahari kandi bahagije ku buryo igihe cyose urwo rugamba rwabaho biteguye kurutsinda.

Yavuze ko ibibi bikomeye ku rwego rwo hejuru byabaye ku Banyarwanda, nta kibi gishobora kubabaho kurusha ibyababyeho, ku buryo ntacyabakanga. Ati “Mutekereza ko ibyabaye bishobora kongera kubaho ukundi? Ntabwo rwose ntekereza ko byashoboka.”

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kutazigera bemera ko hari uwabagira ingaruzwamuheto, cyangwa ngo abategeke uko bagomba kubaho, kuko igihe bakwemera kuyobywa gutyo n’ababizeza ubuzima, ahubwo ari bwo bazabubura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 9 =

Previous Post

Rubavu: Hari uvuga ko yishinganisha kubera ibyakurikiye amakuru yatanze

Next Post

Perezida Kagame yitabiriye Urugendo rwo Kwibuka n’Umugoroba w’Ikiriyo

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yitabiriye Urugendo rwo Kwibuka n’Umugoroba w’Ikiriyo

Perezida Kagame yitabiriye Urugendo rwo Kwibuka n’Umugoroba w’Ikiriyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.