Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikitaratwishe ngo kiturangize cyaradukomeje- Perezida Kagame yashimangiye ko ntacyo Abanyarwanda batabasha guhangana nacyo

radiotv10by radiotv10
07/04/2025
in MU RWANDA
0
Ikitaratwishe ngo kiturangize cyaradukomeje- Perezida Kagame yashimangiye ko ntacyo Abanyarwanda batabasha guhangana nacyo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyabaye ku Banyarwanda mu myaka 31 ishize, byabasigiye amasomo yo kuba bahora bambariye guhangana n’abashaka kubasubiza mu mateka mabi. Ati “ikitaratwishe ngo kiturangize mu myaka 31 ishize, cyaradukomeje.”

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 07 Mata 2025 ubwo yatangizaga Icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umukuru w’u Rwanda yatangiye ubutumwa bwe, agaragaza ko Isi yanze guha intebe ukuri kandi guca mu ziko ntigushye, bityo ko ibibazo abantu banyuramo bakwiye kwambarira urugamba rwo guhangana na byo kuko batategereza guhanganirwa n’ukuri.

Yatanze urugero rw’inshuti ye yigeze kumubaza ati “ariko wowe nk’umuntu ubaho ute ugahuza ahahise h’umwijima n’ibihe bigoye byo muri iki gihe. Ariko uko nabyumvaga ntabwo ari njye yabaza gusa, ahubwo yabazaga u Rwanda. Icyo namusubije ni uko kuva mu ntangiriro, ibyo byombi bibaho, kandi tugomba guhangana na byo.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “Twe dufite amahitamo, wakwemerera kurangira, ubuzima bwawe bugahagarara burundu cyangwa ugahaguka ugahangana.”

Perezida yavuze ko uwashaka gusubiza u Rwanda mu bihe by’inzitane rwanyuzemo, dore ko banahari, atabishobora, kuko Abanyarwanda biteguye guhatana.

Ati “Ntabwo bizongera kubaho, nabwo bizongera atari uko ababikoze batabishaka, ahubwo kuko tudashobora kubemerera. Ntabwo bizongera kubaho kuko hari abiteguye guhaguruka bagahangana.”

Yavuze ko nta muntu ushobora kwemera ko habaho kongera kugerageza umugambi mubisha nk’uwari ufitwe n’abashakaga kumaraho Abatutsi mu Rwanda.

Ati “Ni gute abantu bashobora kubyemera, kubera iki abantu batahaguruka ngo barwane urugamba. Yego hari ingaruka zo kuba wahasiga ubuzima, ariko nanone utabikoze nabwo ntabwo uzaba wizeye ko utapfa.”

Yavuze ko aho kuba abantu bapfa batarwanya, ahubwo bapfa bahanganye n’abashaka n’ubundi kubica. Ati “Kubera iki ntapfa ndi kurwana? None kuki mwebwe u Rwanda mutapfa murwana, aho gupfa nk’isazi? Ariko ubutumwa bwanjye burareba n’abandi Banyafurika, bahora binginga kugira ngo babeho, ntabwo nshobora kwingingira kubaho, nzarwana, nintsinda nzastindwa, ariko haba hari amahirwe iyo wahagurutse ukarwana, kandi ubaho.”

 

Iby’abasabira u Rwanda ibihano

Perezida Paul Kagame kandi yagarutse ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byazanywemo u Rwanda, hakaba bamwe birirwa mu Miryango Mpuzamahanga nk’uw’Abibumbye no mu Bihugu by’i Burayi barusabira ibihano, avuga ko biteye isoni.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko abirirwa muri ibi, bakwiye kuzirikana ko u Rwanda n’Abanyarwanda bagomba kubaho ubuzima bwabo bagahangana n’ibibazo bafite nk’uko na bo birirwa bateranya u Rwanda na bo bafite ibibazo bagakwiye guhangana na byo.

Ati “Ikintu kimbabaza ni ikintu kimwe gusa, cyabayeho mu kinyejana, ni Abanyarwanda, ni Abanyafurika, bicara ntibabone ko bibabaje gukomeza kugaraguzwa agati, ntibabyange.”

Nanone kandi ibyo Bihugu bikaba biri inyuma y’ibibazo biri muri Afurika, aho biba biri inyuma y’ubujura bw’imitungo ya bimwe mu Bihugu byo muri Afurika.

Perezida yagarutse ku bwicanyi bukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, bicwa ku manywa y’ihangu ariko ibyo Bihugu bikabirebera.

Aho kugira ngo ibyo Bihugu bishake umuti w’ibyo bibazo, ahubwo bikazana ubuhendabana bwo kuba biza bigafata bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda, bikagenda bifatamo bamwe kandi bacye cyane.

Bakavuga ngo abandi bagume mu Rwanda, ngo ni ikibazo cy’u Rwanda, hakabaho no kurengera bikoresha imvugo idakwiye ngo “n’ubundi ni Abatutsi nka Kagame.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ku bw’indangagaciro ze n’iz’u Rwanda, habaho kugerageza guca bugufi, ku buryo “Niba wifuza kuba inshuti, niba wifuza kuba umufatanyabikorwa, ndakwizeza ko uzagira umufatanyabikorwa mwiza bihagije.”

Perezida Kagame avuga ko Abanyarwanda bafite ubushobozi bwo guhangana n’icyababaho cyose

 

Ikitaratwishe ngo kitumare mu myaka 31 cyaradukomeje

Perezida Kagame kandi yagarutse ku bitwa inzobere zoherezwa ngo zijyiye kwiga ibibazo byo muri Afurika byumwihariko mu burasirazuba bwa DRC, nk’aho zibirusha ba nyiri ubwite.

Yavuze ko ikibabaje ari ukuba bamwe mu baba bayoboye izo nzobere, ari bamwe mu bagize uruhare mu bibazo bikiriho n’ubu.

Izo nzobere zikagenza zivuga ko umuzi w’ibibazo byo muri Congo, ari amabuye y’agaciro, aho kuzirikana ko bifite umuzi nk’uw’ibyabaye mu Rwanda.

Ati “Ni ayahe mabuye y’agaciro barwaniraga hano mu 1994? [] iyo ibyo bafushinja biba ari ukuri, u Rwanda rwagakwiye kuba rukize nk’uko abo babidushinja bameze.”

Umukuru w’u Rwanda yageneye ubutumwa aya mahanga yifuriza ikibi u Rwanda, abamenyesha ko ibyabaye ku Banyarwanda mu myaka 31 ishize, byabasigiye imbaraga zo kwiyubakamo ingufu n’ubushobozi byo kuba babasha guhangana n’ibindi byose byaza uko byaba bimeze kose.

Ati “Ikitaratwishe ngo kitumare mu myaka 31 ishize, cyaduhaye imbaraga, cyaraduteguye ku bindi bishobora kuba mu gihe icyo ari cyo cyose. Ndashaka kubizeza ko tutazapfa tutari kurwana. Ndabasezeranya ko ntabwo tuzapfa tutari kurwana. Kandi kurwana ntabwo ari ugutera ikindi Gihugu, ntabwo ari ukujya kwivanga mu by’abandi, urugamba mvuga, ni urwo kurwanya uwasahaka kudusubiza mu byabayeho kandi uzabigerageza ntabwo azigera abigeraho.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko abiteguye kwinjira muri urwo rugamba, bahari kandi bahagije ku buryo igihe cyose urwo rugamba rwabaho biteguye kurutsinda.

Yavuze ko ibibi bikomeye ku rwego rwo hejuru byabaye ku Banyarwanda, nta kibi gishobora kubabaho kurusha ibyababyeho, ku buryo ntacyabakanga. Ati “Mutekereza ko ibyabaye bishobora kongera kubaho ukundi? Ntabwo rwose ntekereza ko byashoboka.”

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kutazigera bemera ko hari uwabagira ingaruzwamuheto, cyangwa ngo abategeke uko bagomba kubaho, kuko igihe bakwemera kuyobywa gutyo n’ababizeza ubuzima, ahubwo ari bwo bazabubura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 12 =

Previous Post

Rubavu: Hari uvuga ko yishinganisha kubera ibyakurikiye amakuru yatanze

Next Post

Perezida Kagame yitabiriye Urugendo rwo Kwibuka n’Umugoroba w’Ikiriyo

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yitabiriye Urugendo rwo Kwibuka n’Umugoroba w’Ikiriyo

Perezida Kagame yitabiriye Urugendo rwo Kwibuka n’Umugoroba w’Ikiriyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.